Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hafashwe abakoreshaga amayeri adasanzwe bakura urumogi mu Ntara imwe bakarwambutsa mu yindi

radiotv10by radiotv10
10/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko hafashwe abakoreshaga amayeri adasanzwe bakura urumogi mu Ntara imwe bakarwambutsa mu yindi
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo babiri bafatiwe mu mujyi wa Kigali bafite igikapu kirimo urumogi bakekwaho gukura mu Karere ka Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru, bari bashyizemo ubundi bakarenzaho ‘Perfume’ kugira ngo rutanukira abantu.

Aba bantu bafashwe, bairmo uw’imyaka 22 na mugenzi we w’imyaka 29, nyuma yuko y’aho Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ryari rifite amakuru kuri aba bantu ko bakura iki kiyobyabwenge mu Karere ka Gakenke bakajya kurukwirakwiza mu Mujyi wa Kigali.

Muri ibi bikorwa byo gutunda urumogi, bakoreshaga amayeri akomeye, aho bafataga urwo rumofi bakarushyira mu gikapu, ubundi bakarenzaho amavuta ahumura (Perfume) kugira ngo rutanukira abantu dore ko banategaga imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ku mugoroba wo ku ya 08 Gashyantare 2025, ni bwo bafatiwe muri Gare ya Nyabugogo, bagiye gutega muto ngo berecyeze mu Murenge wa Jali mu Karere ka Nyarugenge gukwirakwiza iki kiyobyabwenge.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, avuga ko ifatwa ry’aba bantu ryaturutse ku makuru yari afite n’uru rwego dore ko bari baragize umuco ibi bikorwa byabo.

Yagize ati “Ntabwo ari ubwa mbere babikora, kuko twigeze guhabwa amakuru yabo, ariko tugiye kubafata baracika. Bafashwe n’Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU).”

CIP Wellars Gahonzire kandi yaboneyeho kuburira abijanditse muri ibi bikorwa ko bitazabahira kuko Polisi y’u Rwanda yabihagurukiye, kandi ko n’abatarafatwa, umusibo ari ejo ejobundi bagafatwa.

Ati “Turashishikariza abaturage kureka kwishora mu biyobyabwenge, bagashaka ibindi bakora, kuko ibiyobyabwenge bitihanganirwa muri iki Gihugu cyacu.”

Yanasabye abaturage kandi gukomeza gufatanya n’inzego mu kurwanya ibyaha nk’ibi bigira ingaruka ku buzima n’ubukungu bw’Abaturarwanda, bakajya batanga amakuru aho babonye ibikorwa nk’ibi.

Urumogi bafatanywe bari bagiye kurukwirakwiza mu Mujyi wa Kigali
Barushyiraga mu gikapu bakarenzaho perfume

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 4 =

Previous Post

Bavuze icyabazanye ku Karere n’igisubizo bahawe cyatumye banzura ko bahava ari uko gikemutse 

Next Post

Igishobora kuzaba igihe Tshisekedi yakomeza gutsimbarara akanga kuganira na M23

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igishobora kuzaba igihe Tshisekedi yakomeza gutsimbarara akanga kuganira na M23

Igishobora kuzaba igihe Tshisekedi yakomeza gutsimbarara akanga kuganira na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.