Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hafashwe abakoreshaga amayeri adasanzwe bakura urumogi mu Ntara imwe bakarwambutsa mu yindi

radiotv10by radiotv10
10/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko hafashwe abakoreshaga amayeri adasanzwe bakura urumogi mu Ntara imwe bakarwambutsa mu yindi
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo babiri bafatiwe mu mujyi wa Kigali bafite igikapu kirimo urumogi bakekwaho gukura mu Karere ka Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru, bari bashyizemo ubundi bakarenzaho ‘Perfume’ kugira ngo rutanukira abantu.

Aba bantu bafashwe, bairmo uw’imyaka 22 na mugenzi we w’imyaka 29, nyuma yuko y’aho Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ryari rifite amakuru kuri aba bantu ko bakura iki kiyobyabwenge mu Karere ka Gakenke bakajya kurukwirakwiza mu Mujyi wa Kigali.

Muri ibi bikorwa byo gutunda urumogi, bakoreshaga amayeri akomeye, aho bafataga urwo rumofi bakarushyira mu gikapu, ubundi bakarenzaho amavuta ahumura (Perfume) kugira ngo rutanukira abantu dore ko banategaga imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ku mugoroba wo ku ya 08 Gashyantare 2025, ni bwo bafatiwe muri Gare ya Nyabugogo, bagiye gutega muto ngo berecyeze mu Murenge wa Jali mu Karere ka Nyarugenge gukwirakwiza iki kiyobyabwenge.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, avuga ko ifatwa ry’aba bantu ryaturutse ku makuru yari afite n’uru rwego dore ko bari baragize umuco ibi bikorwa byabo.

Yagize ati “Ntabwo ari ubwa mbere babikora, kuko twigeze guhabwa amakuru yabo, ariko tugiye kubafata baracika. Bafashwe n’Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU).”

CIP Wellars Gahonzire kandi yaboneyeho kuburira abijanditse muri ibi bikorwa ko bitazabahira kuko Polisi y’u Rwanda yabihagurukiye, kandi ko n’abatarafatwa, umusibo ari ejo ejobundi bagafatwa.

Ati “Turashishikariza abaturage kureka kwishora mu biyobyabwenge, bagashaka ibindi bakora, kuko ibiyobyabwenge bitihanganirwa muri iki Gihugu cyacu.”

Yanasabye abaturage kandi gukomeza gufatanya n’inzego mu kurwanya ibyaha nk’ibi bigira ingaruka ku buzima n’ubukungu bw’Abaturarwanda, bakajya batanga amakuru aho babonye ibikorwa nk’ibi.

Urumogi bafatanywe bari bagiye kurukwirakwiza mu Mujyi wa Kigali
Barushyiraga mu gikapu bakarenzaho perfume

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Bavuze icyabazanye ku Karere n’igisubizo bahawe cyatumye banzura ko bahava ari uko gikemutse 

Next Post

Igishobora kuzaba igihe Tshisekedi yakomeza gutsimbarara akanga kuganira na M23

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igishobora kuzaba igihe Tshisekedi yakomeza gutsimbarara akanga kuganira na M23

Igishobora kuzaba igihe Tshisekedi yakomeza gutsimbarara akanga kuganira na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.