Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo usanzwe mu nzego nkuru z’ubuyobozi muri Guinée Equatoriale, yatahuweho amashusho 400 y’urukozasoni yafataga ubwo yabaga ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore barimo ab’abayobozi bakuru. Hatangajwe uko aya mashusho yatahuwe.

Uyu mugabo witwa Baltasar Ebang Engonga, asanzwe ari Umuyobozi Mukuru mu Kigo gishinzwe Iperereza mu by’Imari ANIF (Anti-graft National Agency for Financial Investigation), aho ashinzwe kurwanya ruswa.

Amashusho yatahuweho, ubu ni yo nkuru ingezweho muri iki Gihugu ndetse no ku mbuga nkoranyambaga, aho yatahuweho amashusho 400 yafatwaga ubwo yabaga ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore barimo ab’abayobozi bakuru, ndetse n’abandi bafitanye amasano n’abayobozi bo muri Guverinoma n’abo mu madini n’amatorero.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru Real Equatorial Guinea, avuga ko mu mashusho yatahuwe, harimo ayafashwe ari gukorana imibonano mpuzabitsina na mushiki wa Perezida wa kiriya Gihugu, ay’umugore w’Umuyobozi Mukuru wa Polisi ndetse n’abagore 20 b’Abaminisitiri.

Aya mashusho yatahuwe ubwo uyu Baltasar Ebang Engonga yakorwagaho iperereza ku myitwarire mibi yakunze kwihanangirizwaho, ko idakwiye abayobozi bo ku rwego rwo hejuru.

Amwe mu mashusho yatahuwe kuri uyu mugabo, amugaragaza ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore mu biro bye, ndetse n’ayafatiwe muri za hoteli no mu bwiherero.

Visi Perezida w’Igihugu, Teodoro Nquema agira icyo avuga kuri ibi; yavuze ko ibikorwa by’imibonano mpuzabitsina bikorewe mu biro, ari sakirirego idashobora kwihanganirwa.

Yagize ati “Nkurikije ibidakwiye byakomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga muri Equatorial Guinea, ndagira ngo nibutse ko Abaminisitiri bagomba gukoresha ibiro byabo imirimo izana iterambere ry’Igihugu, imibonano mpuzabitsina mu biro, irabujijwe.”

Yakomeje avuga ko uzagaragarwaho iyi myitwarire, azabihanirwa by’intangarugero, akanirukanwa mu nshingano.

Uyu mugabo Engonga w’imyaka 54 usanzwe yubatse afite umugore n’abana batandatu, ni umuhungu wa Baltasar Engonga Edjoo, Perezida w’Umuryango ushinzwe Ifaranga n’Imari muri Afurika yo hagati CEMAC (Economic and Monetary Community of Central Africa).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 13 =

Previous Post

Uko byifashe nyuma yuko Congo ifunze umupaka bitunguranye n’impamvu ikekwa

Next Post

U Burayi bwashimgangiye ibyatangajwe n’u Rwanda ku birego byegetswe kuri RDF muri Mozambique

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

IZIHERUKA

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga
MU RWANDA

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

by radiotv10
27/01/2026
0

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara

U Burayi bwashimgangiye ibyatangajwe n’u Rwanda ku birego byegetswe kuri RDF muri Mozambique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.