Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo usanzwe mu nzego nkuru z’ubuyobozi muri Guinée Equatoriale, yatahuweho amashusho 400 y’urukozasoni yafataga ubwo yabaga ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore barimo ab’abayobozi bakuru. Hatangajwe uko aya mashusho yatahuwe.

Uyu mugabo witwa Baltasar Ebang Engonga, asanzwe ari Umuyobozi Mukuru mu Kigo gishinzwe Iperereza mu by’Imari ANIF (Anti-graft National Agency for Financial Investigation), aho ashinzwe kurwanya ruswa.

Amashusho yatahuweho, ubu ni yo nkuru ingezweho muri iki Gihugu ndetse no ku mbuga nkoranyambaga, aho yatahuweho amashusho 400 yafatwaga ubwo yabaga ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore barimo ab’abayobozi bakuru, ndetse n’abandi bafitanye amasano n’abayobozi bo muri Guverinoma n’abo mu madini n’amatorero.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru Real Equatorial Guinea, avuga ko mu mashusho yatahuwe, harimo ayafashwe ari gukorana imibonano mpuzabitsina na mushiki wa Perezida wa kiriya Gihugu, ay’umugore w’Umuyobozi Mukuru wa Polisi ndetse n’abagore 20 b’Abaminisitiri.

Aya mashusho yatahuwe ubwo uyu Baltasar Ebang Engonga yakorwagaho iperereza ku myitwarire mibi yakunze kwihanangirizwaho, ko idakwiye abayobozi bo ku rwego rwo hejuru.

Amwe mu mashusho yatahuwe kuri uyu mugabo, amugaragaza ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore mu biro bye, ndetse n’ayafatiwe muri za hoteli no mu bwiherero.

Visi Perezida w’Igihugu, Teodoro Nquema agira icyo avuga kuri ibi; yavuze ko ibikorwa by’imibonano mpuzabitsina bikorewe mu biro, ari sakirirego idashobora kwihanganirwa.

Yagize ati “Nkurikije ibidakwiye byakomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga muri Equatorial Guinea, ndagira ngo nibutse ko Abaminisitiri bagomba gukoresha ibiro byabo imirimo izana iterambere ry’Igihugu, imibonano mpuzabitsina mu biro, irabujijwe.”

Yakomeje avuga ko uzagaragarwaho iyi myitwarire, azabihanirwa by’intangarugero, akanirukanwa mu nshingano.

Uyu mugabo Engonga w’imyaka 54 usanzwe yubatse afite umugore n’abana batandatu, ni umuhungu wa Baltasar Engonga Edjoo, Perezida w’Umuryango ushinzwe Ifaranga n’Imari muri Afurika yo hagati CEMAC (Economic and Monetary Community of Central Africa).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Uko byifashe nyuma yuko Congo ifunze umupaka bitunguranye n’impamvu ikekwa

Next Post

U Burayi bwashimgangiye ibyatangajwe n’u Rwanda ku birego byegetswe kuri RDF muri Mozambique

Related Posts

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

The leadership of North Kivu Province that was appointed by AFC/M23 “informs all residents of the city of Goma that...

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwamenyesheje abatuye Umujyi wa Goma ko bemerewe kwambuka umupaka munini uzwi...

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

by radiotv10
17/09/2025
0

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, yemeje ko abayobozi ba Israel bakoze Jenoside ku Banya-Palestine bo mu Ntara ya Gaza. Raporo...

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe...

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Ifoto yafashwe mu 1863 yerekana umucakara yuzuye inkovu umugongo wose, igaragaza amateka y’ubucakara bwakorewe abirabura muri Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara

U Burayi bwashimgangiye ibyatangajwe n’u Rwanda ku birego byegetswe kuri RDF muri Mozambique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.