Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko mu Rwanda hagaragaye ubwoko bw’umutungo kamere ugezweho ku isoko

radiotv10by radiotv10
11/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Uko mu Rwanda hagaragaye ubwoko bw’umutungo kamere ugezweho ku isoko
Share on FacebookShare on Twitter

I Ntunga mu Karere ka Rwamagana ahasanzwe hacukurwa amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Gasegereti, hagaragaye iryo mu bwoko bwa Lithium, bugezweho ku isoko ry’uyu mutungo kamere. Hasobanuwe uko iri buye ryabonetse aha i Ntunga.

Ubu bwoko bw’amabuye y’agaciro busanzwe bukoreshwa mu gukora batiri z’imodoka zikoresha amashanyarazi zigezweho ku isoko ry’ibinyabiziga muri iki gihe kuko zidasohora ibyuka bihumanya ikirere.

Kugerwaho kw’aya mabuye y’agaciro, gushimangirwa no kuba 80% y’ibigize izi batiri z’izi modoka, biba bigizwe n’aya mabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Lithium.

Nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda (RMB), ubwoko bw’aya mabuye y’agaciro bwabonetse mu bushakashatsi buri gukorwa ahacukurwa amabuye y’agaciro ahitwa Ntunga mu Karere ka Rwamagana.

Gusa ubu bwoko bwatangiye kuboneka muri 2020, ndetse kuva yaboneka, agaciro kayo kakaba gakomeje kuzamuka uko imyaka ishira indi igataha, aho ubu Toni yayo igeze ku bihumbi 61$ [arenga Miliyoni 65 Frw] mu gihe umwaka ushize yari iri ku bihumbi 44 $.

Evode Imena, Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete ya Piran Rwanda icunga ibikorwa by’ubucukuzi y’amabuye y’agaciro muri Ntunga yabonetsemo ubu bwoko bw’amabuye y’agaciro, yabwiye Ikinyamakuru Igihe ko batari batangira kuyacukura, ahubwo ko ubu bakomeje gucukura ayo mu bwoko bwa Gasegereti.

Avuga ko iri buye ryabonetse hasi cyane. Ati “Hejuru iyo ducukuye tubona gasegereti, tukabona na Coltan. Rero mu gukora ubushakashatsi Lithium twaribonye muri metero nka 300 uvuye hejuru.”

Evode Imena wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, ubu ni Umuyobozi Mukuru wa Piran Rwanda

Evode Imena usanzwe unazobereye mu by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, avuga ko bazakomeza gukora ubushakashatsi, ku buryo mu mpera z’uyu mwaka bazongera bakareba niba bakomeza kubona ubwoko bw’aya mabuye.

Ati “Mu Ugushyingo turashaka kongera gukora ubushakashatsi tugeze nko muri metero 600 turebe ko rikiriyo, turebe ubwinshi n’ubwiza rifite.”

Avuga ko ibizava muri ubu bushakashatsi, ari byo bizagaragaza niba hatangira gukorwa ibikorwa byo gucukura ubwoko bw’aya mabuye y’agaciro. Ati “Ariko Dufite icyizere ko hariyo amabuye menshi kandi meza.”

Ubwo yagiranaga ikiganiro n’Abasenateri bagize Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari muri Sena, Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli, Amb. Yamina Karitanyi yavuze ko ubushakashatsi bwagaragaje mu butaka bw’u Rwanda harimo amabuye y’agaciro y’ubwoko butandukanye, yose afite agaciro ka miliyari zirenga 150 z’amadorali, ni ukuvuga arenga Miliyari 150.000 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − two =

Previous Post

Haravugwa icyatumye undi muntu araswa mu Rwanda n’uko byagenze

Next Post

Uwakiniye amakipe y’ubukombe mu Rwanda yatangaje icyemezo gitunguranye yafashe

Related Posts

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwakiniye amakipe y’ubukombe mu Rwanda yatangaje icyemezo gitunguranye yafashe

Uwakiniye amakipe y’ubukombe mu Rwanda yatangaje icyemezo gitunguranye yafashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.