Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko mu Rwanda hagaragaye ubwoko bw’umutungo kamere ugezweho ku isoko

radiotv10by radiotv10
11/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Uko mu Rwanda hagaragaye ubwoko bw’umutungo kamere ugezweho ku isoko
Share on FacebookShare on Twitter

I Ntunga mu Karere ka Rwamagana ahasanzwe hacukurwa amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Gasegereti, hagaragaye iryo mu bwoko bwa Lithium, bugezweho ku isoko ry’uyu mutungo kamere. Hasobanuwe uko iri buye ryabonetse aha i Ntunga.

Ubu bwoko bw’amabuye y’agaciro busanzwe bukoreshwa mu gukora batiri z’imodoka zikoresha amashanyarazi zigezweho ku isoko ry’ibinyabiziga muri iki gihe kuko zidasohora ibyuka bihumanya ikirere.

Kugerwaho kw’aya mabuye y’agaciro, gushimangirwa no kuba 80% y’ibigize izi batiri z’izi modoka, biba bigizwe n’aya mabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Lithium.

Nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda (RMB), ubwoko bw’aya mabuye y’agaciro bwabonetse mu bushakashatsi buri gukorwa ahacukurwa amabuye y’agaciro ahitwa Ntunga mu Karere ka Rwamagana.

Gusa ubu bwoko bwatangiye kuboneka muri 2020, ndetse kuva yaboneka, agaciro kayo kakaba gakomeje kuzamuka uko imyaka ishira indi igataha, aho ubu Toni yayo igeze ku bihumbi 61$ [arenga Miliyoni 65 Frw] mu gihe umwaka ushize yari iri ku bihumbi 44 $.

Evode Imena, Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete ya Piran Rwanda icunga ibikorwa by’ubucukuzi y’amabuye y’agaciro muri Ntunga yabonetsemo ubu bwoko bw’amabuye y’agaciro, yabwiye Ikinyamakuru Igihe ko batari batangira kuyacukura, ahubwo ko ubu bakomeje gucukura ayo mu bwoko bwa Gasegereti.

Avuga ko iri buye ryabonetse hasi cyane. Ati “Hejuru iyo ducukuye tubona gasegereti, tukabona na Coltan. Rero mu gukora ubushakashatsi Lithium twaribonye muri metero nka 300 uvuye hejuru.”

Evode Imena wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, ubu ni Umuyobozi Mukuru wa Piran Rwanda

Evode Imena usanzwe unazobereye mu by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, avuga ko bazakomeza gukora ubushakashatsi, ku buryo mu mpera z’uyu mwaka bazongera bakareba niba bakomeza kubona ubwoko bw’aya mabuye.

Ati “Mu Ugushyingo turashaka kongera gukora ubushakashatsi tugeze nko muri metero 600 turebe ko rikiriyo, turebe ubwinshi n’ubwiza rifite.”

Avuga ko ibizava muri ubu bushakashatsi, ari byo bizagaragaza niba hatangira gukorwa ibikorwa byo gucukura ubwoko bw’aya mabuye y’agaciro. Ati “Ariko Dufite icyizere ko hariyo amabuye menshi kandi meza.”

Ubwo yagiranaga ikiganiro n’Abasenateri bagize Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari muri Sena, Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli, Amb. Yamina Karitanyi yavuze ko ubushakashatsi bwagaragaje mu butaka bw’u Rwanda harimo amabuye y’agaciro y’ubwoko butandukanye, yose afite agaciro ka miliyari zirenga 150 z’amadorali, ni ukuvuga arenga Miliyari 150.000 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Haravugwa icyatumye undi muntu araswa mu Rwanda n’uko byagenze

Next Post

Uwakiniye amakipe y’ubukombe mu Rwanda yatangaje icyemezo gitunguranye yafashe

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwakiniye amakipe y’ubukombe mu Rwanda yatangaje icyemezo gitunguranye yafashe

Uwakiniye amakipe y’ubukombe mu Rwanda yatangaje icyemezo gitunguranye yafashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.