Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko mu Rwanda hagaragaye ubwoko bw’umutungo kamere ugezweho ku isoko

radiotv10by radiotv10
11/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Uko mu Rwanda hagaragaye ubwoko bw’umutungo kamere ugezweho ku isoko
Share on FacebookShare on Twitter

I Ntunga mu Karere ka Rwamagana ahasanzwe hacukurwa amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Gasegereti, hagaragaye iryo mu bwoko bwa Lithium, bugezweho ku isoko ry’uyu mutungo kamere. Hasobanuwe uko iri buye ryabonetse aha i Ntunga.

Ubu bwoko bw’amabuye y’agaciro busanzwe bukoreshwa mu gukora batiri z’imodoka zikoresha amashanyarazi zigezweho ku isoko ry’ibinyabiziga muri iki gihe kuko zidasohora ibyuka bihumanya ikirere.

Kugerwaho kw’aya mabuye y’agaciro, gushimangirwa no kuba 80% y’ibigize izi batiri z’izi modoka, biba bigizwe n’aya mabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Lithium.

Nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda (RMB), ubwoko bw’aya mabuye y’agaciro bwabonetse mu bushakashatsi buri gukorwa ahacukurwa amabuye y’agaciro ahitwa Ntunga mu Karere ka Rwamagana.

Gusa ubu bwoko bwatangiye kuboneka muri 2020, ndetse kuva yaboneka, agaciro kayo kakaba gakomeje kuzamuka uko imyaka ishira indi igataha, aho ubu Toni yayo igeze ku bihumbi 61$ [arenga Miliyoni 65 Frw] mu gihe umwaka ushize yari iri ku bihumbi 44 $.

Evode Imena, Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete ya Piran Rwanda icunga ibikorwa by’ubucukuzi y’amabuye y’agaciro muri Ntunga yabonetsemo ubu bwoko bw’amabuye y’agaciro, yabwiye Ikinyamakuru Igihe ko batari batangira kuyacukura, ahubwo ko ubu bakomeje gucukura ayo mu bwoko bwa Gasegereti.

Avuga ko iri buye ryabonetse hasi cyane. Ati “Hejuru iyo ducukuye tubona gasegereti, tukabona na Coltan. Rero mu gukora ubushakashatsi Lithium twaribonye muri metero nka 300 uvuye hejuru.”

Evode Imena wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, ubu ni Umuyobozi Mukuru wa Piran Rwanda

Evode Imena usanzwe unazobereye mu by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, avuga ko bazakomeza gukora ubushakashatsi, ku buryo mu mpera z’uyu mwaka bazongera bakareba niba bakomeza kubona ubwoko bw’aya mabuye.

Ati “Mu Ugushyingo turashaka kongera gukora ubushakashatsi tugeze nko muri metero 600 turebe ko rikiriyo, turebe ubwinshi n’ubwiza rifite.”

Avuga ko ibizava muri ubu bushakashatsi, ari byo bizagaragaza niba hatangira gukorwa ibikorwa byo gucukura ubwoko bw’aya mabuye y’agaciro. Ati “Ariko Dufite icyizere ko hariyo amabuye menshi kandi meza.”

Ubwo yagiranaga ikiganiro n’Abasenateri bagize Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari muri Sena, Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli, Amb. Yamina Karitanyi yavuze ko ubushakashatsi bwagaragaje mu butaka bw’u Rwanda harimo amabuye y’agaciro y’ubwoko butandukanye, yose afite agaciro ka miliyari zirenga 150 z’amadorali, ni ukuvuga arenga Miliyari 150.000 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 12 =

Previous Post

Haravugwa icyatumye undi muntu araswa mu Rwanda n’uko byagenze

Next Post

Uwakiniye amakipe y’ubukombe mu Rwanda yatangaje icyemezo gitunguranye yafashe

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwakiniye amakipe y’ubukombe mu Rwanda yatangaje icyemezo gitunguranye yafashe

Uwakiniye amakipe y’ubukombe mu Rwanda yatangaje icyemezo gitunguranye yafashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.