Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko umwe mu Baperezida bitabiriye irahira rya Perezida Kagame yakiriwe mu Gihugu cye (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
14/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uko umwe mu Baperezida bitabiriye irahira rya Perezida Kagame yakiriwe mu Gihugu cye (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Guinea Conakry, General Mamadi Doumbouya wari umwe mu Bakuru b’Ibihugu bitabiriye ibirori by’irahira rya Perezida Paul Kagame, yasubiye mu Gihugu cye, yakiranwa urugwiro ruhebuje n’abaturage benshi bishimiye uko akomeje gutsura umubano n’Ibihugu by’intangarugero.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Guinea Conakry yatangajwe mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Kanama 2024, avuga ko General Mamadi Doumbouya, yakiranywe urugwiro ubwo yari akubutse i Kigali.

Ubutumwa buherekejwe n’amafoto agaragaza General Mamadi Doumbouya yakirwa n’abaturage benshi bari bakikije umuhanda, bufite umutwe ugira uti “Ubwo Perezida wa Repubulika yari avuye i Kigali.” Bugakomeza bugira buti “Abaturage bakiranye ubwuzu Umukuru w’Igihugu, nyakubahwa General Mamadi Doumbouya.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Guinea Conakry, byakomeje bivuga ko abaturage benshi bari baje kwakira Perezida wabo, bari ku muhanda witiriwe Fidel Castro.

General Mamadi Doumbouya ni umwe mu Bakuru b’Ibihugu bari bitabiriye ibirori by’irahira rya Perezida Paul Kagame byabaye ku Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, ndetse akaba yaranamwakiriye mu Biro bye muri Village Urugwiro bagirana ibiganiro bigamije guteza imbere umubano n’ubucuti bisanzwe hagati y’Ibihugu byombi.

Mamadi Doumbouya kandi asanzwe ari inshuti ya Perezida Paul Kagame, ndetse bakaba bakunze kugenderana mu bikorwa biba bigamije kubagarira ubucuti bw’Ibihugu bayoboye.

Muri Gicurasi uyu mwaka, Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko muri Guinea Conakry rwanyuze mugenzi we General Mamadi Doumbouya wagaragaje ko yishimiye kumwakira no kugirana ibiganiro.

Icyo gihe ubwo Perezida Kagame yari arangije uruzinduko muri Guinea Conakry, Mamadi Doumbouya yagize ati “nishimiye kwakira i Conakry umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye, nyakubahwa Paul Kagame, Perezida w’u Rwanda.”

Umubano w’u Rwanda na Guinea Conakry warushijeho gutera intambwe ishimije muri iyi myaka ibiri ishize, dore ko mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2023 i Kigali hazamuwe ibendera ry’iki Gihugu cy’inshuti, aho Ambasade wacyo mu Rwanda akorera ubu.

General Mamadi Doumbouya na we yishimiye uburyo abaturage bamwakiriye

Abanya-Guinea bishimiye uko Perezida wabo akomeje gutsura umubano n’Ibihugu by’intangarugero

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − ten =

Previous Post

Uganda: Inkuru y’akababaro ku munyapolitiki wari uwa hafi ya Perezida Museveni

Next Post

ITANGAZO RYO GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

by radiotv10
16/12/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that it has agreed...

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

IZIHERUKA

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura
AMAHANGA

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

16/12/2025
Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

16/12/2025
Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
ITANGAZO RYO GUHINDUZA AMAZINA

ITANGAZO RYO GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.