Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ukraine nyuma yo kurwana yerekeza mu Burusiya yatangaje umusaruro ukomeye yagezeho

radiotv10by radiotv10
13/08/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ukraine nyuma yo kurwana yerekeza mu Burusiya yatangaje umusaruro ukomeye yagezeho
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Ukraine cyatangiye kurwana cyerekeza mu Burusiya, cyatangaje ko kimaze kwigarurira uduce dufite ubuso bungana n’ibilometero kare 1 000 ku butaka bw’iki Gihugu bimaze igihe bihangana.

Ibintu byafashwe nk’igikorwa gikomeye Ukraine ikoze ku butaka bw’u Burusiya kuva intambara yatangira muri Gashyantare 2022.

Umugaba w’Ingabo yavuze ko Ukraine ikomeje “Igikorwa cyo kugaba ibitero mu Karere ka Kursk” nyuma y’iminsi irindwi ingabo za Ukraine zimuriye imirwano ku butaka bw’u Burusiya.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yavuze ko “igihe kigeze ngo intambara u Burusiya bwatangije ibugarukire”. Icyakora Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yise ibyo bitero iby’ubushotoranyi bukomeye, ndetse ategeka ingabo ze kwivuna umwanzi bakamukura ku butaka bwabo.

Kugeza ubu abaturage benshi bakomeje guhungishwa, bakurwa mu burengerazuba bw’u Burusiya aho urugamba rukomeye kugira ngo barinde umutekano, mu gihe abandi ibihumbi 59 basabwe kuva mu ngo zabo.

Kuwa Kabiri w’icyumweru gishize, ni bwo ingabo za Ukraine zatangije igitero gitunguranye ku butaka bw’u Burusiya.

Mu nama yabereye i Kyiv ku wa Mbere, Senateri wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Lindsey Graham yashimye cyane icyo gitero Ukraine yagabye kubutaka bw’u Burusiya, avuga ko ari igikorwa “cyiza cyane kandi cy’ubutwari” aboneraho gushishikariza ubutegetsi bwa Perezida Biden guha Ukrain intwaro zose ikeneye ngo itsinde uru rugamba.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

America yagaragaje ko iryamiye amajanja kugira icyo ikora igihe hakwaduka indi ntambara itutumba

Next Post

Inkomoko y’imibereho iteye agahinda y’umuturage wahoze ari umusore wibeshejeho utabarizwa n’abaturanyi

Related Posts

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

by radiotv10
29/11/2025
0

Gen. Abdel Fattah al-Burhan Abdelrahman al-Burhan ukuriye ingabo z'Igihugu cya Sudan, yatakambiye Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za...

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

by radiotv10
29/11/2025
0

Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko agiye guhagarika gahunda yo kwakira abaturage bava mu Bihugu bikennye...

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
29/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkomoko y’imibereho iteye agahinda y’umuturage wahoze ari umusore wibeshejeho utabarizwa n’abaturanyi

Inkomoko y’imibereho iteye agahinda y’umuturage wahoze ari umusore wibeshejeho utabarizwa n'abaturanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.