Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukuri ku mashusho yaciye ibintu y’ikiraro cyacitse bari kugifungura ku mugaragaro

radiotv10by radiotv10
07/09/2022
in MU RWANDA
0
Ukuri ku mashusho yaciye ibintu y’ikiraro cyacitse bari kugifungura ku mugaragaro
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gukwirakwira amashusho agaragaza ikiraro gicika bari kugitaha, bivugwa ko ari ayo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Aya mashusho atangira abayobozi bahagaze kuri icyo kiraro cy’ibiti, bishimye bamwenyura bari gukata akagozi kagaragaza ko bagifunguye ku mugaragaro.

Gusa ntibirangira neza kuko mu gihe baba bakiri gukata ako kagozi, iki kiraro gihita gicika, ibyari ibirori bigahita biba ibindibindi kuko abari bari kureba uko iki kiraro gifungurwa ku mugaragaro bihutira kujya gutabara abo bayobozi.

Muri aya mashusho, humvikanamo amajwi y’abantu bavuga ururimi rw’Ilingala ruri mu zikoreshwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ikinyamakuru iHarare gitangaza ko aya mashusho yafatiwe mu gace kamwe ko muri iki Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Batangira baca akagozi bishimye ariko ntibirangira neza

Iki kinyamakuru kivuga ko ibi byabaye mu cyumweru gishize ubwo ubuyobozi bw’ibanze muri DRCongo, bwatangizaga ku mugaragaro ikoreshwa ry’iki kiraro cyagombaga kuzafasha abaturage kuzajya babasha kugenderanira muri ibi bihe by’imvura binjiyemo bakabasha kwambuka umugezi.

Ubwo iki kiraro cyacikaga bari kugifungura, abari aho bihutiye gutabara umukobwa wari mu itsinda ry’abayobozi bari muri iki gikorwa ari na we wari ufashe umukasi ari gukata akagozi.

Aya mashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga aho bamwe bakomeje kuyasanisha n’itekinika rikorwa na bamwe mu bayobozi bo ku Mugabane wa Afurika.

Uwitwa Mian Khurram Shahzad uri mu bashyize aya mashusho kuri Twitter, yagize ati “Ibi ni ibihe bitazibagirana aho ikiraro cyacitse bari kugifungura ku mugaragaro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Umunyamakuru Hopewell Chin’ono wahawe igihembo cy’umunyamakuru mpuzamahanga, na we yavuze ko ibi byabereye mu Gihugu cy’ikinyamuryango cya SADC cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Aka kaga k’intsinzwi y’imiyorere kabereye mu karere, karashengura abakiri bato ari na yo mpamvu bahora bagerageza guhunga Umugabane wabo. Twabaye iciro ry’imigani ku Isi kubera imiyoborere inaniwe.”

This happened in a @SADC_News State, the Democratic Republic of Congo (DRC).

The tragic failure of leadership in our region is so depressing and it explains why young people are trying to leave the continent.
We have really become a global laughing stock due to failed leadership pic.twitter.com/7AnkeUcYK7

— Hopewell Chin’ono (@daddyhope) September 5, 2022

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 16 =

Previous Post

Rubavu: Umunye-Congo utaherukaga kugaragara bamusanze yapfuye

Next Post

Umunyamabanga wa Commonwealth uri mu Rwanda yashimangiye ko CHOGM y’i Kigali itazibagirana

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamabanga wa Commonwealth uri mu Rwanda yashimangiye ko CHOGM y’i Kigali itazibagirana

Umunyamabanga wa Commonwealth uri mu Rwanda yashimangiye ko CHOGM y’i Kigali itazibagirana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.