Friday, July 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukuri ku mashusho yaciye ibintu y’ikiraro cyacitse bari kugifungura ku mugaragaro

radiotv10by radiotv10
07/09/2022
in MU RWANDA
0
Ukuri ku mashusho yaciye ibintu y’ikiraro cyacitse bari kugifungura ku mugaragaro
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gukwirakwira amashusho agaragaza ikiraro gicika bari kugitaha, bivugwa ko ari ayo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Aya mashusho atangira abayobozi bahagaze kuri icyo kiraro cy’ibiti, bishimye bamwenyura bari gukata akagozi kagaragaza ko bagifunguye ku mugaragaro.

Gusa ntibirangira neza kuko mu gihe baba bakiri gukata ako kagozi, iki kiraro gihita gicika, ibyari ibirori bigahita biba ibindibindi kuko abari bari kureba uko iki kiraro gifungurwa ku mugaragaro bihutira kujya gutabara abo bayobozi.

Muri aya mashusho, humvikanamo amajwi y’abantu bavuga ururimi rw’Ilingala ruri mu zikoreshwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ikinyamakuru iHarare gitangaza ko aya mashusho yafatiwe mu gace kamwe ko muri iki Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Batangira baca akagozi bishimye ariko ntibirangira neza

Iki kinyamakuru kivuga ko ibi byabaye mu cyumweru gishize ubwo ubuyobozi bw’ibanze muri DRCongo, bwatangizaga ku mugaragaro ikoreshwa ry’iki kiraro cyagombaga kuzafasha abaturage kuzajya babasha kugenderanira muri ibi bihe by’imvura binjiyemo bakabasha kwambuka umugezi.

Ubwo iki kiraro cyacikaga bari kugifungura, abari aho bihutiye gutabara umukobwa wari mu itsinda ry’abayobozi bari muri iki gikorwa ari na we wari ufashe umukasi ari gukata akagozi.

Aya mashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga aho bamwe bakomeje kuyasanisha n’itekinika rikorwa na bamwe mu bayobozi bo ku Mugabane wa Afurika.

Uwitwa Mian Khurram Shahzad uri mu bashyize aya mashusho kuri Twitter, yagize ati “Ibi ni ibihe bitazibagirana aho ikiraro cyacitse bari kugifungura ku mugaragaro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Umunyamakuru Hopewell Chin’ono wahawe igihembo cy’umunyamakuru mpuzamahanga, na we yavuze ko ibi byabereye mu Gihugu cy’ikinyamuryango cya SADC cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Aka kaga k’intsinzwi y’imiyorere kabereye mu karere, karashengura abakiri bato ari na yo mpamvu bahora bagerageza guhunga Umugabane wabo. Twabaye iciro ry’imigani ku Isi kubera imiyoborere inaniwe.”

This happened in a @SADC_News State, the Democratic Republic of Congo (DRC).

The tragic failure of leadership in our region is so depressing and it explains why young people are trying to leave the continent.
We have really become a global laughing stock due to failed leadership pic.twitter.com/7AnkeUcYK7

— Hopewell Chin’ono (@daddyhope) September 5, 2022

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Rubavu: Umunye-Congo utaherukaga kugaragara bamusanze yapfuye

Next Post

Umunyamabanga wa Commonwealth uri mu Rwanda yashimangiye ko CHOGM y’i Kigali itazibagirana

Related Posts

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bari bamaze igihe bataka ibibazo uruhuri baterwaga n’aho bacururizaga, ubu bari...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
03/07/2025
5

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

IZIHERUKA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma
IMIBEREHO MYIZA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

03/07/2025
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

03/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

03/07/2025
Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamabanga wa Commonwealth uri mu Rwanda yashimangiye ko CHOGM y’i Kigali itazibagirana

Umunyamabanga wa Commonwealth uri mu Rwanda yashimangiye ko CHOGM y’i Kigali itazibagirana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.