Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukuri ku mashusho yaciye ibintu y’ikiraro cyacitse bari kugifungura ku mugaragaro

radiotv10by radiotv10
07/09/2022
in MU RWANDA
0
Ukuri ku mashusho yaciye ibintu y’ikiraro cyacitse bari kugifungura ku mugaragaro
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gukwirakwira amashusho agaragaza ikiraro gicika bari kugitaha, bivugwa ko ari ayo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Aya mashusho atangira abayobozi bahagaze kuri icyo kiraro cy’ibiti, bishimye bamwenyura bari gukata akagozi kagaragaza ko bagifunguye ku mugaragaro.

Gusa ntibirangira neza kuko mu gihe baba bakiri gukata ako kagozi, iki kiraro gihita gicika, ibyari ibirori bigahita biba ibindibindi kuko abari bari kureba uko iki kiraro gifungurwa ku mugaragaro bihutira kujya gutabara abo bayobozi.

Muri aya mashusho, humvikanamo amajwi y’abantu bavuga ururimi rw’Ilingala ruri mu zikoreshwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ikinyamakuru iHarare gitangaza ko aya mashusho yafatiwe mu gace kamwe ko muri iki Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Batangira baca akagozi bishimye ariko ntibirangira neza

Iki kinyamakuru kivuga ko ibi byabaye mu cyumweru gishize ubwo ubuyobozi bw’ibanze muri DRCongo, bwatangizaga ku mugaragaro ikoreshwa ry’iki kiraro cyagombaga kuzafasha abaturage kuzajya babasha kugenderanira muri ibi bihe by’imvura binjiyemo bakabasha kwambuka umugezi.

Ubwo iki kiraro cyacikaga bari kugifungura, abari aho bihutiye gutabara umukobwa wari mu itsinda ry’abayobozi bari muri iki gikorwa ari na we wari ufashe umukasi ari gukata akagozi.

Aya mashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga aho bamwe bakomeje kuyasanisha n’itekinika rikorwa na bamwe mu bayobozi bo ku Mugabane wa Afurika.

Uwitwa Mian Khurram Shahzad uri mu bashyize aya mashusho kuri Twitter, yagize ati “Ibi ni ibihe bitazibagirana aho ikiraro cyacitse bari kugifungura ku mugaragaro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Umunyamakuru Hopewell Chin’ono wahawe igihembo cy’umunyamakuru mpuzamahanga, na we yavuze ko ibi byabereye mu Gihugu cy’ikinyamuryango cya SADC cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Aka kaga k’intsinzwi y’imiyorere kabereye mu karere, karashengura abakiri bato ari na yo mpamvu bahora bagerageza guhunga Umugabane wabo. Twabaye iciro ry’imigani ku Isi kubera imiyoborere inaniwe.”

This happened in a @SADC_News State, the Democratic Republic of Congo (DRC).

The tragic failure of leadership in our region is so depressing and it explains why young people are trying to leave the continent.
We have really become a global laughing stock due to failed leadership pic.twitter.com/7AnkeUcYK7

— Hopewell Chin’ono (@daddyhope) September 5, 2022

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 7 =

Previous Post

Rubavu: Umunye-Congo utaherukaga kugaragara bamusanze yapfuye

Next Post

Umunyamabanga wa Commonwealth uri mu Rwanda yashimangiye ko CHOGM y’i Kigali itazibagirana

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamabanga wa Commonwealth uri mu Rwanda yashimangiye ko CHOGM y’i Kigali itazibagirana

Umunyamabanga wa Commonwealth uri mu Rwanda yashimangiye ko CHOGM y’i Kigali itazibagirana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.