Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukurikiranyweho kwica umubyeyi we haravugwa icyamuteye no kumukorera agashinyaguro

radiotv10by radiotv10
14/05/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke, haravugwa umuntu ukekwaho kwica umubyeyi we (Se) yarangiza akanatwika umubiri we akanawujugunya mu bwiherero, agamije gusibanganya ibimenyetso.

Uyu ukekwaho kwica Se yatahuwe kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Gicurasi 2024, ubwo amakuru yatangwaga na Nyina wari wamubonye atwika ibintu ariko batazi ibyo ari byo, mu gihe nyakwigendera yari amaze iminsi ibiri yarabuze kuko yari yavuye mu rugo ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.

Amakuru aturuka mu Mudugudu wa Museke, Akagari ka Kigoya, Umurenge wa Kanjongo, aho nyakwigendera yari atuye, avuga ko uyu musaza yari yagiye gukurikirana amatungo ye yororeraga mu biraro biri hafi y’urugo rw’umuhungu we unakekwaho kumwica.

Mukankusi Athanasie, Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke Ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, yemeje aya makuru y’ifatwa ry’ukekwaho kwica umubyeyi we.

Uyu muyobozi avuga ko Nyina w’uyu ukekwaho icyaha yatangaje ko nyakwigendera yari amaze iminsi ibiri yarabuze, baramushatse barahebye, ariko akaza gukeka umuhungu wabo.

Ati “Nyina yarabiketse ko umuhungu we ari we wabikoze kuko umusaza yari amaze iminsi ibiri abuze, baza kubona umuhungu we arimo atwika ibintu, baza gukurikirana basanga ari we yajugunyaga mu bwiherero.”

Amakuru yatanzwe n’uyu muyobozi kandi, avuga ko ukekwaho kwica umubyeyi we, yatwitse umurambo we agamije gusibanganya ibimenyetso.

Ukekwaho kwica umubyeyi we ubu ufungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kanjongo, bivugwa ko yari afitanye amakimbirane na nyakwigendera, wamubuzaga kugurisha imitungo itimukanwa irimo inzu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − one =

Previous Post

APR BBC yatashye amaramasa muri BAL yageze i Kigali bucece mu gicuku abantu basinziriye

Next Post

Ibibazo bya Interineti biri mu karere byatangiye kugira ingaruka no ku Bihugu bikomeye

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibibazo bya Interineti biri mu karere byatangiye kugira ingaruka no ku Bihugu bikomeye

Ibibazo bya Interineti biri mu karere byatangiye kugira ingaruka no ku Bihugu bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.