Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukuriye Kiliziya muri Congo yavuze ku mubano w’Igihugu cye, u Rwanda n’u Burundi

radiotv10by radiotv10
26/11/2024
in MU RWANDA
0
Ukuriye Kiliziya muri Congo yavuze ku mubano w’Igihugu cye, u Rwanda n’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Arikiyepiskopi wa Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Karidinali Fridollin Ambongo Besungu uri mu Rwanda, yavuze ko nubwo umubano utifashe neza hagati y’Igihugu cye, u Rwanda n’u Burundi, ariko abaturage b’ibi Bihugu uko ari bitatu ntakibazo bafitanye.

Kardinali Fridollin Ambongo Besungu uri mu Rwanda kuva kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024 aho yitabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abepiskopi muri Afurika na Madagascar (SECAM), aho ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege i Kanombe yakiriwe n’abarimo Arikiyepiskopi wa Kigali, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda.

Yanitabiriye igitambo cy’Ukarisitiya cyo kwakira abitabiriye iyi nama, cyayobowe na Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda muri Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Pawulo.

Mu kiganiro yagiranye n’ibitangazamakuru bishamikiye kuri Kiliziya Gatulika mu Rwanda, Pacis TV na Kinyamateka, Karidinali Fridollin Ambongo Besungu yagarutse ku bibazo biri mu karere k’ibiyaga bigari byatumye haza igitotsi mu mubano wa bimwe mu Bihugu.

Uyu mushumba ukunze kugaragaza ibitagenda mu Gihugu cye cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’amakosa akorwa n’ubutegetsi bwacyo, yavuze ko Kiliziya Gatulika izakomeza gusaba abanyapolitiki kwimakaza inzira y’amahoro n’imibanire myiza y’Ibihugu.

Yagize ati “Twebwe nk’Abashumba, ubutumwa twifuza gutanga ni uko abaturage b’ibi bihugu uko ari bitatu, bakeneye amahoro. Tukaba dusaba abayobozi kubaka amahoro arambye kugira ngo abaturage bagire amahoro kandi bikorere imirimo yabo ntakibahutaza.”

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bimaze igihe bifitanye ibibazo byatumye umubano wabyo uzamo igitotsi, kimwe n’uw’u Rwanda n’u Burundi.

Karidinali Ambongo yavuze ko nubwo haba hariho ibyo bibazo byose, ariko abatuye ibi Bihugu, bo bakomeza kuba abavandimwe.

Ati “Icyo tubona nka Kiliziya, ni uko Abaturage b’ibihugu by’u Rwanda, u Burundi na Congo ntakibazo bafitanye.”

Avuga ko Kiliziya Gatulika idafite ububasha bwo gukemura ibibazo bya Politiki, ariko ko icyo ikora ari ugutanga inama z’ibyakorwa kugira ngo amahoro aboneke, ndetse no gutanga urugero rwiza.

Ati “Kiliziya nta bubasha ifite bwo gukemura ibibazo bya politiki ibihugu bifitanye. Nyamara ifite ubutumwa bwo guhanura; Kiliziya igerageza kubwira Abategetsi b’ibihugu, ariko ikigaragara ni uko batatwumva […] Niba twebwe nka Kiliziya dushobora kubana, tugashyikirana; twibaza impamvu ku bayobozi ba Politiki bo bidakunda.”

Karidinali Ambongo yaje mu Rwanda nyuma y’umunsi umwe gusa asabye urubyiruko rw’Abanyekongo kwamagana gahunda ya Perezida w’Igihugu cyarwo, Felix Tshisekedi wo guhindura Itegeko Nshinga.

Igitambo cya misa cyayobowe na Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda
Cyarimo kandi Karidinali Ambongo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eleven =

Previous Post

Abatwara ibinyabiziga mu Rwanda bahawe umuburo muri ibi bihe

Next Post

Icyo Urukiko rwashingiyeho rutegeka ko umwarimu wari ufungiye ‘kwiba imodoka’ arekurwa

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Icyo Urukiko rwashingiyeho rutegeka ko umwarimu wari ufungiye ‘kwiba imodoka’ arekurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.