Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukuriye Kiliziya muri Congo yavuze ku mubano w’Igihugu cye, u Rwanda n’u Burundi

radiotv10by radiotv10
26/11/2024
in MU RWANDA
0
Ukuriye Kiliziya muri Congo yavuze ku mubano w’Igihugu cye, u Rwanda n’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Arikiyepiskopi wa Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Karidinali Fridollin Ambongo Besungu uri mu Rwanda, yavuze ko nubwo umubano utifashe neza hagati y’Igihugu cye, u Rwanda n’u Burundi, ariko abaturage b’ibi Bihugu uko ari bitatu ntakibazo bafitanye.

Kardinali Fridollin Ambongo Besungu uri mu Rwanda kuva kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024 aho yitabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abepiskopi muri Afurika na Madagascar (SECAM), aho ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege i Kanombe yakiriwe n’abarimo Arikiyepiskopi wa Kigali, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda.

Yanitabiriye igitambo cy’Ukarisitiya cyo kwakira abitabiriye iyi nama, cyayobowe na Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda muri Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Pawulo.

Mu kiganiro yagiranye n’ibitangazamakuru bishamikiye kuri Kiliziya Gatulika mu Rwanda, Pacis TV na Kinyamateka, Karidinali Fridollin Ambongo Besungu yagarutse ku bibazo biri mu karere k’ibiyaga bigari byatumye haza igitotsi mu mubano wa bimwe mu Bihugu.

Uyu mushumba ukunze kugaragaza ibitagenda mu Gihugu cye cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’amakosa akorwa n’ubutegetsi bwacyo, yavuze ko Kiliziya Gatulika izakomeza gusaba abanyapolitiki kwimakaza inzira y’amahoro n’imibanire myiza y’Ibihugu.

Yagize ati “Twebwe nk’Abashumba, ubutumwa twifuza gutanga ni uko abaturage b’ibi bihugu uko ari bitatu, bakeneye amahoro. Tukaba dusaba abayobozi kubaka amahoro arambye kugira ngo abaturage bagire amahoro kandi bikorere imirimo yabo ntakibahutaza.”

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bimaze igihe bifitanye ibibazo byatumye umubano wabyo uzamo igitotsi, kimwe n’uw’u Rwanda n’u Burundi.

Karidinali Ambongo yavuze ko nubwo haba hariho ibyo bibazo byose, ariko abatuye ibi Bihugu, bo bakomeza kuba abavandimwe.

Ati “Icyo tubona nka Kiliziya, ni uko Abaturage b’ibihugu by’u Rwanda, u Burundi na Congo ntakibazo bafitanye.”

Avuga ko Kiliziya Gatulika idafite ububasha bwo gukemura ibibazo bya Politiki, ariko ko icyo ikora ari ugutanga inama z’ibyakorwa kugira ngo amahoro aboneke, ndetse no gutanga urugero rwiza.

Ati “Kiliziya nta bubasha ifite bwo gukemura ibibazo bya politiki ibihugu bifitanye. Nyamara ifite ubutumwa bwo guhanura; Kiliziya igerageza kubwira Abategetsi b’ibihugu, ariko ikigaragara ni uko batatwumva […] Niba twebwe nka Kiliziya dushobora kubana, tugashyikirana; twibaza impamvu ku bayobozi ba Politiki bo bidakunda.”

Karidinali Ambongo yaje mu Rwanda nyuma y’umunsi umwe gusa asabye urubyiruko rw’Abanyekongo kwamagana gahunda ya Perezida w’Igihugu cyarwo, Felix Tshisekedi wo guhindura Itegeko Nshinga.

Igitambo cya misa cyayobowe na Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda
Cyarimo kandi Karidinali Ambongo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Abatwara ibinyabiziga mu Rwanda bahawe umuburo muri ibi bihe

Next Post

Icyo Urukiko rwashingiyeho rutegeka ko umwarimu wari ufungiye ‘kwiba imodoka’ arekurwa

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Icyo Urukiko rwashingiyeho rutegeka ko umwarimu wari ufungiye ‘kwiba imodoka’ arekurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.