Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukuriye Kiliziya muri Congo yavuze ku mubano w’Igihugu cye, u Rwanda n’u Burundi

radiotv10by radiotv10
26/11/2024
in MU RWANDA
0
Ukuriye Kiliziya muri Congo yavuze ku mubano w’Igihugu cye, u Rwanda n’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Arikiyepiskopi wa Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Karidinali Fridollin Ambongo Besungu uri mu Rwanda, yavuze ko nubwo umubano utifashe neza hagati y’Igihugu cye, u Rwanda n’u Burundi, ariko abaturage b’ibi Bihugu uko ari bitatu ntakibazo bafitanye.

Kardinali Fridollin Ambongo Besungu uri mu Rwanda kuva kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024 aho yitabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abepiskopi muri Afurika na Madagascar (SECAM), aho ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege i Kanombe yakiriwe n’abarimo Arikiyepiskopi wa Kigali, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda.

Yanitabiriye igitambo cy’Ukarisitiya cyo kwakira abitabiriye iyi nama, cyayobowe na Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda muri Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Pawulo.

Mu kiganiro yagiranye n’ibitangazamakuru bishamikiye kuri Kiliziya Gatulika mu Rwanda, Pacis TV na Kinyamateka, Karidinali Fridollin Ambongo Besungu yagarutse ku bibazo biri mu karere k’ibiyaga bigari byatumye haza igitotsi mu mubano wa bimwe mu Bihugu.

Uyu mushumba ukunze kugaragaza ibitagenda mu Gihugu cye cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’amakosa akorwa n’ubutegetsi bwacyo, yavuze ko Kiliziya Gatulika izakomeza gusaba abanyapolitiki kwimakaza inzira y’amahoro n’imibanire myiza y’Ibihugu.

Yagize ati “Twebwe nk’Abashumba, ubutumwa twifuza gutanga ni uko abaturage b’ibi bihugu uko ari bitatu, bakeneye amahoro. Tukaba dusaba abayobozi kubaka amahoro arambye kugira ngo abaturage bagire amahoro kandi bikorere imirimo yabo ntakibahutaza.”

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bimaze igihe bifitanye ibibazo byatumye umubano wabyo uzamo igitotsi, kimwe n’uw’u Rwanda n’u Burundi.

Karidinali Ambongo yavuze ko nubwo haba hariho ibyo bibazo byose, ariko abatuye ibi Bihugu, bo bakomeza kuba abavandimwe.

Ati “Icyo tubona nka Kiliziya, ni uko Abaturage b’ibihugu by’u Rwanda, u Burundi na Congo ntakibazo bafitanye.”

Avuga ko Kiliziya Gatulika idafite ububasha bwo gukemura ibibazo bya Politiki, ariko ko icyo ikora ari ugutanga inama z’ibyakorwa kugira ngo amahoro aboneke, ndetse no gutanga urugero rwiza.

Ati “Kiliziya nta bubasha ifite bwo gukemura ibibazo bya politiki ibihugu bifitanye. Nyamara ifite ubutumwa bwo guhanura; Kiliziya igerageza kubwira Abategetsi b’ibihugu, ariko ikigaragara ni uko batatwumva […] Niba twebwe nka Kiliziya dushobora kubana, tugashyikirana; twibaza impamvu ku bayobozi ba Politiki bo bidakunda.”

Karidinali Ambongo yaje mu Rwanda nyuma y’umunsi umwe gusa asabye urubyiruko rw’Abanyekongo kwamagana gahunda ya Perezida w’Igihugu cyarwo, Felix Tshisekedi wo guhindura Itegeko Nshinga.

Igitambo cya misa cyayobowe na Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda
Cyarimo kandi Karidinali Ambongo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Abatwara ibinyabiziga mu Rwanda bahawe umuburo muri ibi bihe

Next Post

Icyo Urukiko rwashingiyeho rutegeka ko umwarimu wari ufungiye ‘kwiba imodoka’ arekurwa

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Icyo Urukiko rwashingiyeho rutegeka ko umwarimu wari ufungiye ‘kwiba imodoka’ arekurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.