Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umu-Dj ukunzwe mu Rwanda arasaba inkunga y’amasengesho

radiotv10by radiotv10
28/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umu-Dj ukunzwe mu Rwanda arasaba inkunga y’amasengesho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvanamiziki uyoboye abandi b’igitsinagore bakora uyu mwuga w’ubu-Dj mu Rwanda muri iki gihe, Dj Briane arasaba inkunga y’amasengesho kuko arembye nyuma yo kwikubita hasi akagira ikibazo kitaramenyekana mu magufwa y’umugongo.

Gateka Brianne wamamaye nka Dj Briane, ni umwe mu bavangamiziki bagezweho mu Rwanda, akaba anihariye kuba akunze kugaragara mu biganiro bitambuka ku mbuga nkoranyambaga binakundwa na benshi.

Gusa muri iyi minsi ngo ubuzima bwe ntibumeze neza kuko arembye, ndetse akaba yabinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, abimenyesha abamukunda n’abamukurikira.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram kuri uyu wa Mbere tariki 27 Werurwe 2023, Dj Briane yagize ati “Munsengere ndarwaye. Birakomeye.”

Amakuru avuga ko uburwayi bwa Dj Briane bushingiye ku mvune yagize mu cyumweru gishize, tariki 24 Werurwe 2023 ubwo yikubitaga hasi ari mu rugo iwe, akagusha umugongo.

Avuga ko ubwo yagwaga yababaye ariko ntiyabyitaho kuko yanikomereje imirimo ajya no mu kazi ke ko kuvangavanga imiziki, ariko bucyeye bwaho ku wa Gatandatu arushaho kuribwa.

Avuga ko kuri uyu wa Mbere yabyutse atameze neza akajya kwa muganga “Ni bo bambwiye ko nagize ikibazo mu rutirigongo.”

DJ Brianne kandi avuga ko abaganga banamumenyesheje ko agomba kunyuzwa mu cyuma kireba ingingo z’imbere (MRI) kugira ngo harebwe neza ikibazo yagize mu magufwa yo mu mugongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Miss Muheto ahishuye ikintu kimwe mu byaba byajujwe n’umusore yaha urukundo

Next Post

Ari kwinywera igikoma atekanye- Ibyahwihwiswaga ko Karasira atakiriho byamaganiwe kure

Related Posts

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ari kwinywera igikoma atekanye- Ibyahwihwiswaga ko Karasira atakiriho byamaganiwe kure

Ari kwinywera igikoma atekanye- Ibyahwihwiswaga ko Karasira atakiriho byamaganiwe kure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.