Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umu-DJ usigaje igihe gito cyo kubaho yageze mu Rwanda kuharangiriza ubuzima avuga ubutumwa bukomeye

radiotv10by radiotv10
27/06/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
1
Umu-DJ usigaje igihe gito cyo kubaho yageze mu Rwanda kuharangiriza ubuzima avuga ubutumwa bukomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Mutambuka Derrick uzwi nka Dj Dizzo wabwiwe n’abaganga ko asigaje igihe gito cyo kubaho kubera uburwayi bwa Cancer afite, yageze mu Rwanda kuharangiriza ubuzima, ashimira abamufashije bose kugira ngo ahagere.

Inkuru ya DJ Dizzo, yavuzwe cyane mu minsi ishize ubwo abantu bakusanyaga inkunga yo kumufasha kugira ngo agaruka mu Rwanda rwamwibarutse ngo abe ari ho arangiriza ubuzima.

Uyu musore urwaye Cancer yamaze kurenga ubushobozi bwo kuvurwa, yari asanzwe aba mu Bwongereza, ubu akaba yaramaze gusesekara mu Rwanda.

Mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda, DJ Dizzo yagarutse ku burwayi bwe bwa Cancer, avuga ko yagiye kwa muganga inshuro nyinshi, bakamubwira ko ubwoko bw’iyi cancer bwamaze kugera mu bice bitandukanye birimo ibihaha, impyiko ndetse no mu magufwa y’urutirigongo.

Yavuze ko abaganga babanje kumubwira ko asigaje umwaka umwe wo kubaho, tariki 04 Mata 2022, bakamubwira ko noneho asigaje amezi atatu.

Ati “Bambwiye ko nsigaje iminsi 90 kubera ko nari narumvise bwa mbere bambwira ko nzamara amezi 12 ntabwo byanteye ubwoba cyane ahubwo byagize ingaruka ku bantu twari kumwe.”

Avuga ko ibi babimubwiriye ahantu hashyirwa abarwayi bategereje gupfa ubwo yari yasuwe n’abantu batatu barimo umuvandimwe we, ariko ko we icyamubabaje ari uburyo babyakiriye.

Ngo nubwo yabwiwe ko asigaje igihe gito cyo kubaho ariko we atajya acika intege ngo abyereke buri wese.

Ati “Ati ndapowa tu, nicara ku gitanda, ndabizi ko ari amezi atatu.”

Nyuma yo kubona ko ntakindi asigaje, yatekereje uburyo yazasubira mu Gihugu cyamwibarutse kuharangiriza ubuzima ari nabwo hatangiye gukusanywa inkunga yo kumufasha kuhagera.

Dj Dizzo yaje mu Rwanda kuharangiriza ubuzima

Ashimira abarimo Perezida Kagame

DJ Dizzo avuga ko ari we wibwiriye umubyeyi we ko yifuza kujya kurangiriza ubuzima mu Rwanda kuko bari bararuvuyemo ari Igihugu kimeze neza kandi ko n’ubu kikimeze neza.

Ati “Kubera ko gupfira mu mahanga, kuzana umurambo wawe,…birahenda cyane, ndamubwira nti ‘ndashaka gutaha mu Rwanda kuko mu Bwongereza ntacyo mpasigaje.”

Avuga ko kuba yageze mu Rwanda ari ibyishimo kuri we, agashimira ababigizemo uruhare bose barimo n’abahanzi basanzwe bafite izina rikomeye mu Rwanda nka The Ben na Meddy bombi batuye muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Dj Dizzo washimiye abantu bose bamufashije byumwihariko “ndashimira Nyakubahwa Perezida Kagame, ndashimira na Leta cyane cyane na RwandAir.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ntaguzwa Jérôme says:
    3 years ago

    Imana iguhangaze mukundwa iciza nuko worangiza neza ukitunganya,hambavu yivyo Yesu yarakijije abarwayi bamaze imyaka myishi cane niyo gwara yawe ntiyamunaniye mwizere gusa agutabare,kandi gupfa sibibi kibi nugupfira muvyaha.uwumwizeye wese azohabwa uburuhukiro budashira.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 1 =

Previous Post

Urujijo ku cyahitanye urubyiruko 22 rwari rwagiye kwishimira isozwa ry’ibizamini basanze mu kabyiniro rwapfuye

Next Post

Icyo Mayor avuga kuri Mudugudu waterereje abaturage inzuki akaba afungiye mu kigo cy’inzererezi

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

by radiotv10
16/09/2025
0

Uwase Muyango Claudine wari umaze imyaka ibiri n’igice akorera kimwe mu bitangazamakuru byo mu Rwanda, yasezeye ahita asimburwa na Khadidja...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Mayor avuga kuri Mudugudu waterereje abaturage inzuki akaba afungiye mu kigo cy’inzererezi

Icyo Mayor avuga kuri Mudugudu waterereje abaturage inzuki akaba afungiye mu kigo cy’inzererezi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.