Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umu-DJ usigaje igihe gito cyo kubaho yageze mu Rwanda kuharangiriza ubuzima avuga ubutumwa bukomeye

radiotv10by radiotv10
27/06/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
1
Umu-DJ usigaje igihe gito cyo kubaho yageze mu Rwanda kuharangiriza ubuzima avuga ubutumwa bukomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Mutambuka Derrick uzwi nka Dj Dizzo wabwiwe n’abaganga ko asigaje igihe gito cyo kubaho kubera uburwayi bwa Cancer afite, yageze mu Rwanda kuharangiriza ubuzima, ashimira abamufashije bose kugira ngo ahagere.

Inkuru ya DJ Dizzo, yavuzwe cyane mu minsi ishize ubwo abantu bakusanyaga inkunga yo kumufasha kugira ngo agaruka mu Rwanda rwamwibarutse ngo abe ari ho arangiriza ubuzima.

Uyu musore urwaye Cancer yamaze kurenga ubushobozi bwo kuvurwa, yari asanzwe aba mu Bwongereza, ubu akaba yaramaze gusesekara mu Rwanda.

Mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda, DJ Dizzo yagarutse ku burwayi bwe bwa Cancer, avuga ko yagiye kwa muganga inshuro nyinshi, bakamubwira ko ubwoko bw’iyi cancer bwamaze kugera mu bice bitandukanye birimo ibihaha, impyiko ndetse no mu magufwa y’urutirigongo.

Yavuze ko abaganga babanje kumubwira ko asigaje umwaka umwe wo kubaho, tariki 04 Mata 2022, bakamubwira ko noneho asigaje amezi atatu.

Ati “Bambwiye ko nsigaje iminsi 90 kubera ko nari narumvise bwa mbere bambwira ko nzamara amezi 12 ntabwo byanteye ubwoba cyane ahubwo byagize ingaruka ku bantu twari kumwe.”

Avuga ko ibi babimubwiriye ahantu hashyirwa abarwayi bategereje gupfa ubwo yari yasuwe n’abantu batatu barimo umuvandimwe we, ariko ko we icyamubabaje ari uburyo babyakiriye.

Ngo nubwo yabwiwe ko asigaje igihe gito cyo kubaho ariko we atajya acika intege ngo abyereke buri wese.

Ati “Ati ndapowa tu, nicara ku gitanda, ndabizi ko ari amezi atatu.”

Nyuma yo kubona ko ntakindi asigaje, yatekereje uburyo yazasubira mu Gihugu cyamwibarutse kuharangiriza ubuzima ari nabwo hatangiye gukusanywa inkunga yo kumufasha kuhagera.

Dj Dizzo yaje mu Rwanda kuharangiriza ubuzima

Ashimira abarimo Perezida Kagame

DJ Dizzo avuga ko ari we wibwiriye umubyeyi we ko yifuza kujya kurangiriza ubuzima mu Rwanda kuko bari bararuvuyemo ari Igihugu kimeze neza kandi ko n’ubu kikimeze neza.

Ati “Kubera ko gupfira mu mahanga, kuzana umurambo wawe,…birahenda cyane, ndamubwira nti ‘ndashaka gutaha mu Rwanda kuko mu Bwongereza ntacyo mpasigaje.”

Avuga ko kuba yageze mu Rwanda ari ibyishimo kuri we, agashimira ababigizemo uruhare bose barimo n’abahanzi basanzwe bafite izina rikomeye mu Rwanda nka The Ben na Meddy bombi batuye muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Dj Dizzo washimiye abantu bose bamufashije byumwihariko “ndashimira Nyakubahwa Perezida Kagame, ndashimira na Leta cyane cyane na RwandAir.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ntaguzwa Jérôme says:
    4 years ago

    Imana iguhangaze mukundwa iciza nuko worangiza neza ukitunganya,hambavu yivyo Yesu yarakijije abarwayi bamaze imyaka myishi cane niyo gwara yawe ntiyamunaniye mwizere gusa agutabare,kandi gupfa sibibi kibi nugupfira muvyaha.uwumwizeye wese azohabwa uburuhukiro budashira.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Urujijo ku cyahitanye urubyiruko 22 rwari rwagiye kwishimira isozwa ry’ibizamini basanze mu kabyiniro rwapfuye

Next Post

Icyo Mayor avuga kuri Mudugudu waterereje abaturage inzuki akaba afungiye mu kigo cy’inzererezi

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Mayor avuga kuri Mudugudu waterereje abaturage inzuki akaba afungiye mu kigo cy’inzererezi

Icyo Mayor avuga kuri Mudugudu waterereje abaturage inzuki akaba afungiye mu kigo cy’inzererezi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.