Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umu-DJ usigaje igihe gito cyo kubaho yageze mu Rwanda kuharangiriza ubuzima avuga ubutumwa bukomeye

radiotv10by radiotv10
27/06/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
1
Umu-DJ usigaje igihe gito cyo kubaho yageze mu Rwanda kuharangiriza ubuzima avuga ubutumwa bukomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Mutambuka Derrick uzwi nka Dj Dizzo wabwiwe n’abaganga ko asigaje igihe gito cyo kubaho kubera uburwayi bwa Cancer afite, yageze mu Rwanda kuharangiriza ubuzima, ashimira abamufashije bose kugira ngo ahagere.

Inkuru ya DJ Dizzo, yavuzwe cyane mu minsi ishize ubwo abantu bakusanyaga inkunga yo kumufasha kugira ngo agaruka mu Rwanda rwamwibarutse ngo abe ari ho arangiriza ubuzima.

Uyu musore urwaye Cancer yamaze kurenga ubushobozi bwo kuvurwa, yari asanzwe aba mu Bwongereza, ubu akaba yaramaze gusesekara mu Rwanda.

Mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda, DJ Dizzo yagarutse ku burwayi bwe bwa Cancer, avuga ko yagiye kwa muganga inshuro nyinshi, bakamubwira ko ubwoko bw’iyi cancer bwamaze kugera mu bice bitandukanye birimo ibihaha, impyiko ndetse no mu magufwa y’urutirigongo.

Yavuze ko abaganga babanje kumubwira ko asigaje umwaka umwe wo kubaho, tariki 04 Mata 2022, bakamubwira ko noneho asigaje amezi atatu.

Ati “Bambwiye ko nsigaje iminsi 90 kubera ko nari narumvise bwa mbere bambwira ko nzamara amezi 12 ntabwo byanteye ubwoba cyane ahubwo byagize ingaruka ku bantu twari kumwe.”

Avuga ko ibi babimubwiriye ahantu hashyirwa abarwayi bategereje gupfa ubwo yari yasuwe n’abantu batatu barimo umuvandimwe we, ariko ko we icyamubabaje ari uburyo babyakiriye.

Ngo nubwo yabwiwe ko asigaje igihe gito cyo kubaho ariko we atajya acika intege ngo abyereke buri wese.

Ati “Ati ndapowa tu, nicara ku gitanda, ndabizi ko ari amezi atatu.”

Nyuma yo kubona ko ntakindi asigaje, yatekereje uburyo yazasubira mu Gihugu cyamwibarutse kuharangiriza ubuzima ari nabwo hatangiye gukusanywa inkunga yo kumufasha kuhagera.

Dj Dizzo yaje mu Rwanda kuharangiriza ubuzima

Ashimira abarimo Perezida Kagame

DJ Dizzo avuga ko ari we wibwiriye umubyeyi we ko yifuza kujya kurangiriza ubuzima mu Rwanda kuko bari bararuvuyemo ari Igihugu kimeze neza kandi ko n’ubu kikimeze neza.

Ati “Kubera ko gupfira mu mahanga, kuzana umurambo wawe,…birahenda cyane, ndamubwira nti ‘ndashaka gutaha mu Rwanda kuko mu Bwongereza ntacyo mpasigaje.”

Avuga ko kuba yageze mu Rwanda ari ibyishimo kuri we, agashimira ababigizemo uruhare bose barimo n’abahanzi basanzwe bafite izina rikomeye mu Rwanda nka The Ben na Meddy bombi batuye muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Dj Dizzo washimiye abantu bose bamufashije byumwihariko “ndashimira Nyakubahwa Perezida Kagame, ndashimira na Leta cyane cyane na RwandAir.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ntaguzwa Jérôme says:
    4 years ago

    Imana iguhangaze mukundwa iciza nuko worangiza neza ukitunganya,hambavu yivyo Yesu yarakijije abarwayi bamaze imyaka myishi cane niyo gwara yawe ntiyamunaniye mwizere gusa agutabare,kandi gupfa sibibi kibi nugupfira muvyaha.uwumwizeye wese azohabwa uburuhukiro budashira.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 7 =

Previous Post

Urujijo ku cyahitanye urubyiruko 22 rwari rwagiye kwishimira isozwa ry’ibizamini basanze mu kabyiniro rwapfuye

Next Post

Icyo Mayor avuga kuri Mudugudu waterereje abaturage inzuki akaba afungiye mu kigo cy’inzererezi

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Mayor avuga kuri Mudugudu waterereje abaturage inzuki akaba afungiye mu kigo cy’inzererezi

Icyo Mayor avuga kuri Mudugudu waterereje abaturage inzuki akaba afungiye mu kigo cy’inzererezi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.