Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umubiri w’umunyamakuru Jean Lambert Gatare witabiye Imana mu Buhindi wagejejwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/03/2025
in MU RWANDA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda, Jean Lambert Gatare uherutse kwitaba Imana aho yari yagiye kwivuriza mu Buhindi, umubiri we wagejejwe mu Rwanda.

Inkuru y’Urupfu rwa Jean Lambert Gatare yamenyekanye mu rukerera rwo ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize tariki 22 Werurwe 2025, aho yatabarukiye mu Gihugu cy’u Buhindi aho yari yagiye kwivuriza.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru Isango Star yakoreraga, avuga ko umubiri w’uyu munyamakuru wagejejwe mu Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 24 Werurwe 2025.

Ubutumwa bwatangajwe n’Ubuyobozi bwa Isango Star buherekejwe n’amafoto agaragaza umuryango wa nyakwigendera wagiye kwakira umubiri we, bugira buti “Umubiri wa Jean Lambert Gatare wagejejwe mu Rwanda. Yitabye Imana ku wa Gatandatu Tariki 22.03.2025 aguye mu Gihugu cy’u Buhinde aho yari yaragiye kwivuriza.”

Mu bagiye kwakira umubiri wa nyakwigendera ku Kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, barimo abo mu muryango we.

Nyakwigendera Jean Lambert Gatare wamenyekanye mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda, ni umwe mu banyamakuru b’ibigwi, byumwihariko akaba azwi mu itangazamakuru rya siporo, aho benshi binjiye muri uyu mwuga bamufatiraho nk’icyitegererezo.

Jean Lambert Gatare yakorewe ibitangazamakuru binyuranye mu Rwanda, birimo iyahoze ari ORINFOR, ndetse na Isango Star yakoreraga mbere yuko aremba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23

Next Post

Hashyizweho abahuza batanu barimo amazina mashya: Iby’ingenzi byemerejwe mu nama ku bibazo bya Congo

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hashyizweho abahuza batanu barimo amazina mashya: Iby’ingenzi byemerejwe mu nama ku bibazo bya Congo

Hashyizweho abahuza batanu barimo amazina mashya: Iby’ingenzi byemerejwe mu nama ku bibazo bya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.