• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuburo ku Baturarwanda ku mvura igiye kugwa mu minsi 10

radiotv10by radiotv10
21/11/2024
in MU RWANDA
0
Umuburo ku Baturarwanda ku mvura igiye kugwa mu minsi 10
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere, kiratangaza ko mu gice cya gatatu y’ukwezi k’Ugushyingo 2024, hateganyijwemo imvura iri ku kigero kiri hejuru y’igisanzwe ndetse n’umuyaga uri hejuru, kikagira inama abantu gukaza ingamba zo kwirinda ingaruka zishobora kuba zirimo inkangu n’imyuzure.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Meteo Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Ugushyingo 2024, rigaragaza iteganyagiye kuva tariki 21 kugeza ku ya 30 Ugushyingo 2024.

Iki kigo kivuga ko “Mu gice cya gatatu cy’ukwezi k’Ugushyingo 2024 (kuva tariki ya 21 kugeza tariki ya 30), mu Rwanda hateganyijwe ingano y’imvura iri hagati ya milimetero 50 na milimetero 200. Imvura iteganyijwe iri hejuru y’ikigero cy’imvura isanzwe igwa muri iki gice. Iminsi izagwamo imvura izaba iri hagati y’iminsi itandatu n’umunani.”

Iki kigo kigaragaza ko hari ibice biteganyijwemo kuzagwamo imvura iri hejuru iri hagati ya milimetero 170 na 200, iteganyijwe mu majyaruguru y’ Akarere ka Musanze, Burera, igice kinini cy’Akarere ka Rusizi, Nyamasheke na Nyamagabe ndetse n’igice gito cy’amajyepfo y’Akarere ka Karongi.

Naho Imvura iri hagati ya milimetero 140 na 170 iteganyijwe mu Karere ka Rutsiro Rubavu, Nyabihu, henshi mu Karere ka Nyaruguru, Nyamagabe, Karongi, Ngororero, Gakenke, Rulindo, Gicumbi, mu gice gisigaye cy’Akarere ka Musanze na Burera.

Naho ibice biteganyijwemo imvura iri hasi, ni mu gice kinini cy’Intara y’Iburasirazuba, no mu burasirazuba bw’Akarere ka Gasabo ndetse n’igice gisigaye cy’Akarere ka Gicumbi, ahateganyijwe kuzagwa imvura iri hagai ya milimetero 50 na 80.

Meteo Rwanda kandi yavuze ko mu Gihugu hose hateganyijwe umuyaga uringaniye ushyira kuba mwinshi ufite umuvuduko uri hagati ya metero 4 na metero 10 ku isegonda.

Iki kigo cyakomeje gitanga ubujyanama, kigira kiti “Kubera umuyaga mwinshi uteganyijwe henshi mu Gihugu ndetse n’imvura izaba irimo

inkuba, ingaruka zikomoka ku muyaga mwinshi zirateganyijwe henshi mu Gihugu. Imvura iteganyijwe iri hejuru y’imvura isanzwe igwa ndetse n’iminsi yikurikiranya imvura igwa, ingaruka zirimo inkangu n’isuri ahantu hahanamye hatarwanyije isuri ndetse n’imyuzure mu bishanga zirateganyijwe. METEO RWANDA iragira inama abantu bose ndetse n’ibigo bireba, gukaza ingamba zo kwirinda no kurinda ibyabo ingaruka zavuzwe haruguru.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Iminsi 1.000 irashize rwambikanye muri Ukraine: Twibukiranye iby’ingenzi byaranze iyi ntambara

Next Post

Hagaragajwe ishusho y’ibyaha byo guhohotera abarokotse Jenoside mu myaka itanu no mu mezi atatu byiyongereyemo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Hagaragajwe ishusho y’ibyaha byo guhohotera abarokotse Jenoside mu myaka itanu no mu mezi atatu byiyongereyemo

Hagaragajwe ishusho y’ibyaha byo guhohotera abarokotse Jenoside mu myaka itanu no mu mezi atatu byiyongereyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.