Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
21/10/2025
in MU RWANDA
0
Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda iragira inama abantu bose bacuruza ibinyobwa byakozwe n’inganda zagaragaweho kutuzuza ubuziranenge byumwihariko urwa Salama rukora umutobe (Jus/Juice), kubimena vuba na bwangu, ndetse byaba na ngombwa ababinyoye bakajya kwa muganga kwisuzumisha kugira ngo barebe niba ntakibazo wabateye mu mubiri.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga ubwo herekanwaga ibicuruzwa bifite agaciro ka Miliyoni 106 Frw byafashwe mu mukwabu wiswe Operation Usalama wo gushakisha no gufata ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge, ibitemewe ndetse n’ibyinjiye mu Gihugu mu buryo bwa magendu.

Mu byafashwe bitujuje ubuziranenge, harimo ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, birimo umutobe wa kizungu (Jus) uzwi nka nka Salama ukorwa n’uruganda rwa Joyland Company LTD, ndetse n’ikinyobwa cyitwa Intwali cyengwa n’uruganda SKY BREWERY LTD.

Uretse ibi binyobwa byerekanywe, hanagaragajwe abantu 72 barimo ba rwiyemezamirimo bashinze izi nganda ndetse n’abazikoragamo.

ACP Boniface Rutikanga avuga ko ubusanzwe umuntu ugiye gutangiza uruganda cyangwa ubucuruzi runaka, biba bigaragara ko hari icyo aje gutanga, ariko aba bo ahubwo baje kwangiza ubuzima bw’abantu dore ko muri aba berekanywe, nta n’umwe wanabyigiye.

Ati “Izi nganda zoze bababwira nta muntu n’umwe urimo wize ibijyanye na food security (kwihaza mu biribwa), nutrition (ibijyanye n’imirire) n’ibindi byose bifite aho bihuriye no kuba yaba umuntu w’umunyamwuga watunganya biriya bintu ku buryo byaribwa n’abantu. Ni abantu batazi ibyo bakora babwirwa icyo gukora, ntibazi n’ingaruka,…”

ACP Rutikanga avuga ko ibikorwa nk’ibi bitera ibyago byinshi ku buzima bw’abantu kuko biteza uburwayi ndetse hakaba n’abagira ubusinzi kubera ibiyobyabwenge banyoye, bagateza umutekano mucye no kubangamira ituze rya rubanda.

Avuga ko nubwo hafashwe ibi muri biriya bikorwa by’umukwabu, ariko bigaragara ko mu bice binyuranye mu Gihugu hari ibindi bihakorerwa bitujuje ubuziranenge, kandi ko inzego ubu zabihagurukiye.

Yaboneyeho gutanga inama agira ati “Muntu wese ugurisha umutobe wa Salama, aho uri hose muri iki Gihugu cy’u Rwanda, aka kanya tuvugana fata umene, niba warawunyoye nibishoboka ujye kwa muganga umenye uko uhagaze.

Muntu wese ucuruza ibinyobwa byose byakozwe na Sky Breweries, aka kanya tuvugana, bisohore ubimene. Uwo tubisangana abicuruza nyuma y’iyi nama tugiranye, na we araba umufatanyacyaha.”

Yavuze ko kuba hafashwe ba nyiri izi nganda, na zo zigafungwa, bigomba guhita binaba itegeko ko abacuruza ibicuruzwa zakoraga, na byo bihita bivanwa ku isoko vuba na bwangu.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry na we yavuze ko igenzura ryagaragaje umwanda ukabije muri ruriya ruganda rutunganyirizwamo uriya mutobe wa Salama, ndetse rukaba runakoresha uburyo butujuje ubuziranenge.

Nanone kandi uru ruganda rwari rwarahawe uburenganzira bwo gukora umutobe, rwiyongereyeho no gukora udukoresho twifashishwa mu koza ibikoresho byo mu gikoni tuzwi nka Stiruwaya.

Ni uruganda rwanditse mu mazina y’uwitwa Murekatete Rebecca ariko imicungire n’imikorere y’uru ruganda buri munsi bikaba byari mu maboko y’umugabo we Karangwa Thomas, ubu bombi bakaba bari mu maboko y’inzego z’ubutabera.

ACP Rutikanga ati “Nubwo uruganda rutamwanditseho, rwanditse ku mugore we ariko ni we ukurikira management ya buri munsi, ni we uhemba abakozi, ni we ugura ni we ugurisha, ni we ushaka abakozi…”

Muri biriya bicuruzwa byerekanywe, hahise hangizwa ibifite agaciro ka miliyoni 104 Frw, mu gihe amande yaciwe ababifatiwemo, abarirwa muri miliyoni 107 Frw.

Umutobe wa Salama wahagaritswe ku isoko

ACP Rutikanga yasabye abacuruza uyu mutobe kuwumena byihuse
Dr Murangira B. Thierry yavuze ko inzego zahagurutse

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Next Post

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Ibidasanzwe ku modoka nshya y'akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.