Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umubyeyi yamutanye murumuna we w’amezi 6 aramurera none yatsinze icya Leta abura uko yiga

radiotv10by radiotv10
10/10/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
4
Umubyeyi yamutanye murumuna we w’amezi 6 aramurera none yatsinze icya Leta abura uko yiga
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana wo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, yatsinze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza, yabuze uburyo bwo kujya ku ishuri kuko asanzwe ariho mu buzima bugoye nyuma yuko umubyeyi we amutaye we murumuna we yasize ufite amezi atandatu akajya kwishakira umugabo.

Manirambona Masudi w’imyaka 14 y’amavuko asanzwe arera murumuna we nyuma yuko umubyeyi wabo [nyina] yabataye akajya mu Burundi gushaka umugabo ndetse na nyirarukuru wabasigaranye na we akaza kujya kubata.

Abaturanyi b’aba bana, bavuga ko nyirakuru w’aba bana, yari yarashatse umugabo, ariko uwo mugabo akaza kwanga kubarera, ubundi akamusaba ko babata bakigendera.

Bavuga ko aba bana nubwo bariho mu buzima bugoye ariko mu ishuri ari abahanga dore ko n’uyu mukuru yatsinze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza ku manota yo hejuru.

Arera murumuna we

Gusa icyumweru kirarangiye abandi banyeshuri bagiye ku mashuri boherejweho ariko we akiri mu rugo kuko yabuze ubushobozi.

Aganira na RADIOTV10, Manirambona Masudi yavuze ko yashyizeho umuhate mu ishuri none akaba yaragize amanota 25 kuri 30.

Ati “Naratsinze ariko nta bushobozi buhari, banyohereje kuri ES Gishoma ariko nyine nta bushobozi bwo kujyayo mfite, nta bikoresho, nta makaye, ibintu byose bisabwa kuri iryo shuri, habe n’amafaranga y’ishuri…”

Uyu mwana uvugana agahinda, avuga ko yumva yifuza kwiga kuko abona ntakindi cyazamufasha kuva mu bibazo arimo, avuga ko bimubabaje kuba atabashije gukomeza amashuri ye.

Avuga kandi ko no mu rugo babayeho nabi kuko kubona icyo gushyira mu nda ari ihurizo rikomeye.

Umwe mu baturanyi b’uyu mwana, avuga ko bibabaje kuba uyu mwana yaratsinze ku kigero cyo hejuru ariko akaba atabashije kujya kwiga mu gihe abandi bamaze kugera ku mashuri.

Ati “Umwana kuba yiga akaba yaratsinze akaba abuze amafaranga yamujyana ku ishuri, ni ingorane, urumva umuntu waturutse mu wa mbere aba uwa mbere kugera mu wa Gatandatu kandi abayeho nabi, ahubwo ni umuhanga bikomeye.”

Aba baturanyi bavuga ko na bo ubwabo nta bushobozi bafite ngo bamufashe kuko na bo imibereho itoroshye cyane muri iki gihe ubuzima bukomeje guhenda.

Undi ati “Abaturage twese biratubabaza kuba umwana yari afite ubwenge bwo kujya ku ishuri akaba ataragiyeyo, ariko nta bundi buryo twabigenza kuko natwe nta mikorere.”

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo bakimenye nk’ubuyobozi ndetse ko bagiye gufasha uyu mwana kujya ku ishuri.

 

ICYITONDERWA: Uwashaka guha ubufasha uyu mwanya, yanyuze inkunga ye kuri Padiri Emmanuel usanzwe amufasha. Nimero ya Telefone ni +250 788 722 002

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 4

  1. leonidas says:
    3 years ago

    wamubona gute komushaka send number.

    Reply
  2. ka says:
    3 years ago

    gushaka umugabo ntibimukuraho inshingano. dependancy mindset. Ababyeyi barere byanze babihanirwe n’amategeko. Ikindi amashuri ya district ni ubuntu nanjye mu ishuri rimwegereye. murakoze.

    Reply
  3. Joy says:
    3 years ago

    Jyewe murumuna we bamumaye namusigarana kandi nkanamujya kwishuri. Mukuru yava kwishuri nkamumusubiza yasubirayo nkamusubirana

    Reply
  4. Nshimiyimana Augustin says:
    3 years ago

    Ubwo ubuyobozi bwabimenye buramufasha ajye Ku ishuri kuko intego ya Leta yacu ni uko ntamwana uzavutswa amahirwe yo kwiga. Itangazamakuru naryo ryakoze neza umurimo waryo wokuba ijwi RYA rubanda.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − fourteen =

Previous Post

Amakuru mashya ku muraperi nyarwanda wari ufungiye gukubita umugore babyaranye

Next Post

Rusizi: Umugabo ukekwaho gusambanya umwana we akanamutera inda yasabiwe gufungwa 1/4 cy’ikinyejana

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Rusizi: Umugabo ukekwaho gusambanya umwana we akanamutera inda yasabiwe gufungwa 1/4 cy’ikinyejana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.