Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umucyo ku byatangajwe n’uwatabaje Perezida mu kibazo byahishuwe ko cyabayemo ubujura bwa Miliyari 14Frw

radiotv10by radiotv10
02/01/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Umucyo ku byatangajwe n’uwatabaje Perezida mu kibazo byahishuwe ko cyabayemo ubujura bwa Miliyari 14Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwanyomoje amakuru yatanzwe n’uwasabye Perezida wa Repubulika kurenganura abantu 150 avuga ko bakorewe akarengane, rukavuga ko uwayatangaje ashobora kuba ari umwe mu batorotse ubutabera ku byaha by’ubujura bw’arenga miliyoni 10,2 USD (arenga miliyari 14Frw) yibwe banki ya I&M Bank Rwanda.

Ni nyuma yuko uwiyita Imanirakomeye cyangwa Wabimenya ute? Ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yanditse ubutumwa burebure kuri uru rubuga, avuga ko asaba Perezida wa Repubulika kurenganura abantu barenga 150.

Muri ubu butumwa, uyu avuga ko abo bantu barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga bakorewe akarengane ngo “kakozwe na bamwe mu bantu bari mu nzego nkuru z’ubuyobozi n’iz’umutekano by’Igihugu cyacu. Abo bayobozi bishingikirije ububasha bahawe n’igitinyiro bakura ku nshingano z’ubuyobozi bafite, bahonyoye uburenganzira bwa rubanda nyamwinshi bagamije inyungu zabo bwite no kwigwizaho imitungo ya rubanda.”

Muri ubu butumwa, uyu muntu akomeza avuga imiterere y’iki kibazo, akavuga ko Banki ya I&M Bank Rwanda yatangije serivisi y’ikarita ya mastercard Prepaid Multicurrency, aho abantu bayikoresheje kuvunjisha Amafaranga y’amanyarwanda mu madevize atandukanye kuko igicirio cy’ivunjisha cyari hasi hakoreshejwe iyi karita.

Ati “Abakoresheje iyi karita twarungutse na banki irabiduhembera. Iyi nyungu yateje ikibazo ubwo RIB yabimenyaga. Twese abungutse twashyizwe kuri stop list, bamwe barafungwa abandi bahunga Igihugu, tugerekwaho ibyaha bikomeye tutakoze, byose bikorwa mu nyungu z’aba bayobozi babi, badusahura twese, bafunga benshi mu buryo bunyuranyije n’amategeko (Nka mama wanjye yafunzwe abwirwa ko agomba kuba mu mwanya wanjye kuko bambuze, afungwa amezi 2 nta butabera ahawe).”

Uyu akomeza asaba Perezida wa Repubulika, ati “twizeye ko mu bushishozi butagereranywa musanganywe, namwe muzabyisuzumira mukabyibonera kandi mukabona n’urutonde rw’aba bayobozi babi bose twe tutabashije kuvuga amazina bari inyuma y’aka karengane. Muzibonera n’andi mabi menshi bagiye bakora nyamara mwe bakabaha raporo ififitse ku byabaye mu rwego rwo kwirengera dore ko babigize akamenyero.”

 

RIB yabinyomoje

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwanyomoje aya makuru yatanzwe n’uyu wiyita Imanirakomeye, ruvuga ko binyuranye n’ukuri, ahubwo ko habayeho ubujura bwakorewe Banki ya I&M Bank Rwanda.

Uru rwego rugira ruti “RIB yakiriye ikirego cya I&M Bank Rwanda ku bujura bwakoreshwaga amakarita ya Mastercard bushingiye ku cyuho cyari cyagaragaye mu ivunjisha ry’amadovize.

Iperereza ryagaragaje ko abantu bagiye babeshya abandi bakabaka indangamuntu zabo bababwira ko bagiye kubashakira akazi barangiza bakazikoresha mu gushaka mastercards nyinshi, bakazikoresha kwiba banki baciye muri icyo cyuho cyari cyagaragaye. Bibye banki amadolari agera kuri 10,256,000 USD.”

RIB ivuga ko abantu 148 bakekwaho iki cyaha bakurikiranywe, hagaruzwa 2 274 336 310 Frw n’indi mitungo irimo amazu n’amasambu byari byaguzwe mu mafaranga aturutse muri ubwo bujura.

Nanone kandi Urukiko rw’Isumbuye rwa Nyarugenge rwahamije abantu 94 ibyaha byo kwiba n’iyezandonke, bahabwa ibihano bitandukanye.

RIB ikavuga ko iperereza rikomeje kugira ngo n’abandi bagize uruhare muri ubu bujura hakoreshejwe mastercard bahanwe.

Igasoza igira iti “Turakeka ko n’uwanditse asaba kurenganurwa atagaragaza amazina ye nyayo ari mu bashakishwa batorotse ubutabera.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Damascene says:
    6 months ago

    Ntababeshye urwego rw,imari ruracyarimo ibibazo pe.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Inyama z’Ubunani zirakekwa nk’intandaro yatumye Umupolisi muri Congo yica Abashinwa babiri

Next Post

Icyo General Muhoozi avuga ku musirikare wa Uganda ufite ipeti rya Ofisiye wiyahuye

Related Posts

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugabo witwa Bwarikera Bonaventure wo mu Kagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yafashwe n’abaturage nyuma...

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Every girl and woman who goes through the menstruation period knows the feeling, the shift in the body and the...

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

IZIHERUKA

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye
AMAHANGA

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

by radiotv10
14/07/2025
0

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

14/07/2025
Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

12/07/2025
Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo General Muhoozi avuga ku musirikare wa Uganda ufite ipeti rya Ofisiye wiyahuye

Icyo General Muhoozi avuga ku musirikare wa Uganda ufite ipeti rya Ofisiye wiyahuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.