Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umucyo ku byatangajwe n’uwatabaje Perezida mu kibazo byahishuwe ko cyabayemo ubujura bwa Miliyari 14Frw

radiotv10by radiotv10
02/01/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Umucyo ku byatangajwe n’uwatabaje Perezida mu kibazo byahishuwe ko cyabayemo ubujura bwa Miliyari 14Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwanyomoje amakuru yatanzwe n’uwasabye Perezida wa Repubulika kurenganura abantu 150 avuga ko bakorewe akarengane, rukavuga ko uwayatangaje ashobora kuba ari umwe mu batorotse ubutabera ku byaha by’ubujura bw’arenga miliyoni 10,2 USD (arenga miliyari 14Frw) yibwe banki ya I&M Bank Rwanda.

Ni nyuma yuko uwiyita Imanirakomeye cyangwa Wabimenya ute? Ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yanditse ubutumwa burebure kuri uru rubuga, avuga ko asaba Perezida wa Repubulika kurenganura abantu barenga 150.

Muri ubu butumwa, uyu avuga ko abo bantu barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga bakorewe akarengane ngo “kakozwe na bamwe mu bantu bari mu nzego nkuru z’ubuyobozi n’iz’umutekano by’Igihugu cyacu. Abo bayobozi bishingikirije ububasha bahawe n’igitinyiro bakura ku nshingano z’ubuyobozi bafite, bahonyoye uburenganzira bwa rubanda nyamwinshi bagamije inyungu zabo bwite no kwigwizaho imitungo ya rubanda.”

Muri ubu butumwa, uyu muntu akomeza avuga imiterere y’iki kibazo, akavuga ko Banki ya I&M Bank Rwanda yatangije serivisi y’ikarita ya mastercard Prepaid Multicurrency, aho abantu bayikoresheje kuvunjisha Amafaranga y’amanyarwanda mu madevize atandukanye kuko igicirio cy’ivunjisha cyari hasi hakoreshejwe iyi karita.

Ati “Abakoresheje iyi karita twarungutse na banki irabiduhembera. Iyi nyungu yateje ikibazo ubwo RIB yabimenyaga. Twese abungutse twashyizwe kuri stop list, bamwe barafungwa abandi bahunga Igihugu, tugerekwaho ibyaha bikomeye tutakoze, byose bikorwa mu nyungu z’aba bayobozi babi, badusahura twese, bafunga benshi mu buryo bunyuranyije n’amategeko (Nka mama wanjye yafunzwe abwirwa ko agomba kuba mu mwanya wanjye kuko bambuze, afungwa amezi 2 nta butabera ahawe).”

Uyu akomeza asaba Perezida wa Repubulika, ati “twizeye ko mu bushishozi butagereranywa musanganywe, namwe muzabyisuzumira mukabyibonera kandi mukabona n’urutonde rw’aba bayobozi babi bose twe tutabashije kuvuga amazina bari inyuma y’aka karengane. Muzibonera n’andi mabi menshi bagiye bakora nyamara mwe bakabaha raporo ififitse ku byabaye mu rwego rwo kwirengera dore ko babigize akamenyero.”

 

RIB yabinyomoje

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwanyomoje aya makuru yatanzwe n’uyu wiyita Imanirakomeye, ruvuga ko binyuranye n’ukuri, ahubwo ko habayeho ubujura bwakorewe Banki ya I&M Bank Rwanda.

Uru rwego rugira ruti “RIB yakiriye ikirego cya I&M Bank Rwanda ku bujura bwakoreshwaga amakarita ya Mastercard bushingiye ku cyuho cyari cyagaragaye mu ivunjisha ry’amadovize.

Iperereza ryagaragaje ko abantu bagiye babeshya abandi bakabaka indangamuntu zabo bababwira ko bagiye kubashakira akazi barangiza bakazikoresha mu gushaka mastercards nyinshi, bakazikoresha kwiba banki baciye muri icyo cyuho cyari cyagaragaye. Bibye banki amadolari agera kuri 10,256,000 USD.”

RIB ivuga ko abantu 148 bakekwaho iki cyaha bakurikiranywe, hagaruzwa 2 274 336 310 Frw n’indi mitungo irimo amazu n’amasambu byari byaguzwe mu mafaranga aturutse muri ubwo bujura.

Nanone kandi Urukiko rw’Isumbuye rwa Nyarugenge rwahamije abantu 94 ibyaha byo kwiba n’iyezandonke, bahabwa ibihano bitandukanye.

RIB ikavuga ko iperereza rikomeje kugira ngo n’abandi bagize uruhare muri ubu bujura hakoreshejwe mastercard bahanwe.

Igasoza igira iti “Turakeka ko n’uwanditse asaba kurenganurwa atagaragaza amazina ye nyayo ari mu bashakishwa batorotse ubutabera.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Damascene says:
    9 months ago

    Ntababeshye urwego rw,imari ruracyarimo ibibazo pe.

    Reply

Leave a Reply to Damascene Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + twenty =

Previous Post

Inyama z’Ubunani zirakekwa nk’intandaro yatumye Umupolisi muri Congo yica Abashinwa babiri

Next Post

Icyo General Muhoozi avuga ku musirikare wa Uganda ufite ipeti rya Ofisiye wiyahuye

Related Posts

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo General Muhoozi avuga ku musirikare wa Uganda ufite ipeti rya Ofisiye wiyahuye

Icyo General Muhoozi avuga ku musirikare wa Uganda ufite ipeti rya Ofisiye wiyahuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.