• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umucyo ku mpungenge zimaze iminsi mu bamotari zazamuwe n’icyemezo cyafashwe na Guverinoma

radiotv10by radiotv10
02/12/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Kigali: Abamotari bati “ahantu hose habaye Mauvais-Arrêt”, Polisi iti “ntibabuzwa guhagarara babuzwa kuhagira parking”
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iramara impungenge abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto bibazaga ko ubwo hatazongera gutangwa ibyemezo byo gukora aka kazi kuri moto zikoresha Lisansi, abazisanganywe na bo bagiye gukurwa mu muhanda, ikavuga ko iki cyemezo kitareba abasanzwe bakora.

Guverinoma iherutse gutangaza ko guhera umwaka utaha wa 2025 ubura igihe kitageze ku kwezi ngo utangire, hatazongera gutangwa ibyemezo byo gutwara abantu ku bakoresha moto zidakoresha amashanyarazi.

Ni icyemezo cyari cyazamuye impaka mu basanzwe bakora akazi ko gutwara abagenzi kuri ibi binyabiziga bakoresha ibinywa Lisansi, bavugaga ko na bo bagiye guhita bahagarikirwa gukora.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore avuga ko iki cyemezo cyaje gishingira ku kuba moto zikoresha amashyanyarazi zaritabiriwe cyane mu Rwanda byumwihariko mu Mujyi wa Kigali, kandi hakaba hari ibikorwa remezo byorohereza abafite ibi binyabiziga kubikoresha nka sitasiyo zongera umuriro muri bateri zabyo.

Ati “Kiriya cyemezo rero cyaje kivuga ngo ubwo bigaragara ko Umujyi wa Kigali witeguye kuba wajya mu mujyo wa moto z’amashanyarazi, reka turebe uburyo byakorwa bidahungabanyije abamotari basanzwe mu kazi baguze moto za Peteroli, bikorwa bidahungabanyije abasanzwe bacuruza moto.”

Yakomeje agira ati “Ndagira ngo dufate uyu mwanya duhumurize abamotari bari mu kazi uyu munsi i Kigali ko iki cyemezo kitabareba, bazakomeza batware moto uko bisanzwe ndetse n’ibyemezo byo gukora ikimotari iyo bishize bazongera bahabwe ibindi.”

Dr Jimmy Gasore yavuze ko iki cyemezo kizaba kireba gusa abashaka kwinjira mu mwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bashya mu Mujyi wa Kigali.

Iki cyemezo kiri mu mugambi wo gukomeza kongera ibinyabiziga bidahumanya ikirere mu Rwanda, aho ubushakashatsi bwagaragaje ko ibinyabiziga bya moto bigira uruhare rwa 57,10%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Gisagara: Ntibumva uko gahunda ijyamo ababishaka yagizwe iturufu yo kubima ibyo bemerewe

Next Post

Uwafashwe yinjije mu Rwanda ibitemewe yari akuye muri Congo yatanze ibisobanuro

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Uwafashwe yinjije mu Rwanda ibitemewe yari akuye muri Congo yatanze ibisobanuro

Uwafashwe yinjije mu Rwanda ibitemewe yari akuye muri Congo yatanze ibisobanuro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.