Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umudepite muri Congo yagaragaje ingingo itunguranye bifuza ko Igihugu cyabo gishyira mu bikorwa

radiotv10by radiotv10
18/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umudepite muri Congo yagaragaje ingingo itunguranye bifuza ko Igihugu cyabo gishyira mu bikorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu Badepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko imwe mu ngingo yihutirwa igomba kuganirwaho n’Inteko, ari ukuba batora itegeko ryo gukura Igihugu cyabo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba kitaramaramo n’umwaka.

Ni nyuma yuko Imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo isubukuye imirimo yayo ku ya 15 Werurwe 2023.

Depite Jean-Baptiste Muhindo Kasweka yagaragaje ingingo nyamukuru zigomba kuranga imirimo y’Inteko muri iki gihembwe, irimo gusuzuma ibikorwa bya Gisirikare mu Ntara za Kivu ya Ruguru na Ituri.

Yagize ati “Ibyihutirwa biruta ibindi byose bigomba kuganirwaho muri iyi nteko, mbere na mbere ni ugusuzumana ubushishozi impamvu FARDC yagiye itakaza ibice byinshi byagiye bifatwa na M23. Ingingo ya kabiri yihutirwa ni ugutora umwanzuro usaba gukura Igihugu cyacu muri EAC.”

Umwaka nturuzura Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yinjiye muri uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, kuko yinjiyemo mu buryo burunduye tariki 29 Werurwe 2022. Ni ukuvuga ko habura iminsi micye ngo umwaka wuzure.

Uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba kandi ukomeje gufasha iki Gihugu rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kwivana mu bibazo by’umutekano mucye bimaze iminsi mu butasirazuba bwacyo.

Abakuru b’Ibihugu bigize uyu Muryango bagiye bafata imyanzuro itandukanye igamije gushakira amahoro Congo, irimo no koherezayo ingabo, ubu zanatangiye inshingano zazo.

Gusa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagiye yanga kubahiriza imwe muri iyi myanzuro, byumwihariko uwo kuganira n’umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye n’Igisirikare cy’iki Gihugu.

Kutubahiriza uyu mwanzuro, biri no mu byatumye intambara hagati ya FARDC na M23 ikomeza gukara, kuko uyu mutwe wasabye kenshi ko wifuza kugirana ibiganiro na Guverinoma, ariko igakomeza kuwutera umugongo ivuga ko itaganira n’umutwe w’iterabwoba.

Ibihugu bikomeye ndetse n’imiryango mpuzamahanga yaba uwa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) uw’Abibumbye (UN) ndetse n’Abakuru b’Ibihugu by’ibihangange, bo ntibahwemye gusaba Guverinoma ya Congo kuyoboka inzira y’ibiganiro by’amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + fifteen =

Previous Post

Perezida w’igihangange ku Isi yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi

Next Post

Hamenyekanye umubare w’abantu bishwe n’ibiza mu minsi 15 biganjemo abahitanywe n’inkuba

Related Posts

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye umubare w’abantu bishwe n’ibiza mu minsi 15 biganjemo abahitanywe n’inkuba

Hamenyekanye umubare w’abantu bishwe n’ibiza mu minsi 15 biganjemo abahitanywe n’inkuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.