Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umudepite muri Congo yagaragaje ingingo itunguranye bifuza ko Igihugu cyabo gishyira mu bikorwa

radiotv10by radiotv10
18/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umudepite muri Congo yagaragaje ingingo itunguranye bifuza ko Igihugu cyabo gishyira mu bikorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu Badepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko imwe mu ngingo yihutirwa igomba kuganirwaho n’Inteko, ari ukuba batora itegeko ryo gukura Igihugu cyabo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba kitaramaramo n’umwaka.

Ni nyuma yuko Imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo isubukuye imirimo yayo ku ya 15 Werurwe 2023.

Depite Jean-Baptiste Muhindo Kasweka yagaragaje ingingo nyamukuru zigomba kuranga imirimo y’Inteko muri iki gihembwe, irimo gusuzuma ibikorwa bya Gisirikare mu Ntara za Kivu ya Ruguru na Ituri.

Yagize ati “Ibyihutirwa biruta ibindi byose bigomba kuganirwaho muri iyi nteko, mbere na mbere ni ugusuzumana ubushishozi impamvu FARDC yagiye itakaza ibice byinshi byagiye bifatwa na M23. Ingingo ya kabiri yihutirwa ni ugutora umwanzuro usaba gukura Igihugu cyacu muri EAC.”

Umwaka nturuzura Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yinjiye muri uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, kuko yinjiyemo mu buryo burunduye tariki 29 Werurwe 2022. Ni ukuvuga ko habura iminsi micye ngo umwaka wuzure.

Uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba kandi ukomeje gufasha iki Gihugu rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kwivana mu bibazo by’umutekano mucye bimaze iminsi mu butasirazuba bwacyo.

Abakuru b’Ibihugu bigize uyu Muryango bagiye bafata imyanzuro itandukanye igamije gushakira amahoro Congo, irimo no koherezayo ingabo, ubu zanatangiye inshingano zazo.

Gusa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagiye yanga kubahiriza imwe muri iyi myanzuro, byumwihariko uwo kuganira n’umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye n’Igisirikare cy’iki Gihugu.

Kutubahiriza uyu mwanzuro, biri no mu byatumye intambara hagati ya FARDC na M23 ikomeza gukara, kuko uyu mutwe wasabye kenshi ko wifuza kugirana ibiganiro na Guverinoma, ariko igakomeza kuwutera umugongo ivuga ko itaganira n’umutwe w’iterabwoba.

Ibihugu bikomeye ndetse n’imiryango mpuzamahanga yaba uwa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) uw’Abibumbye (UN) ndetse n’Abakuru b’Ibihugu by’ibihangange, bo ntibahwemye gusaba Guverinoma ya Congo kuyoboka inzira y’ibiganiro by’amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 2 =

Previous Post

Perezida w’igihangange ku Isi yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi

Next Post

Hamenyekanye umubare w’abantu bishwe n’ibiza mu minsi 15 biganjemo abahitanywe n’inkuba

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina
MU RWANDA

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye umubare w’abantu bishwe n’ibiza mu minsi 15 biganjemo abahitanywe n’inkuba

Hamenyekanye umubare w’abantu bishwe n’ibiza mu minsi 15 biganjemo abahitanywe n’inkuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.