Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umudepite muri Congo yagaragaje ingingo itunguranye bifuza ko Igihugu cyabo gishyira mu bikorwa

radiotv10by radiotv10
18/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umudepite muri Congo yagaragaje ingingo itunguranye bifuza ko Igihugu cyabo gishyira mu bikorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu Badepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko imwe mu ngingo yihutirwa igomba kuganirwaho n’Inteko, ari ukuba batora itegeko ryo gukura Igihugu cyabo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba kitaramaramo n’umwaka.

Ni nyuma yuko Imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo isubukuye imirimo yayo ku ya 15 Werurwe 2023.

Depite Jean-Baptiste Muhindo Kasweka yagaragaje ingingo nyamukuru zigomba kuranga imirimo y’Inteko muri iki gihembwe, irimo gusuzuma ibikorwa bya Gisirikare mu Ntara za Kivu ya Ruguru na Ituri.

Yagize ati “Ibyihutirwa biruta ibindi byose bigomba kuganirwaho muri iyi nteko, mbere na mbere ni ugusuzumana ubushishozi impamvu FARDC yagiye itakaza ibice byinshi byagiye bifatwa na M23. Ingingo ya kabiri yihutirwa ni ugutora umwanzuro usaba gukura Igihugu cyacu muri EAC.”

Umwaka nturuzura Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yinjiye muri uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, kuko yinjiyemo mu buryo burunduye tariki 29 Werurwe 2022. Ni ukuvuga ko habura iminsi micye ngo umwaka wuzure.

Uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba kandi ukomeje gufasha iki Gihugu rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kwivana mu bibazo by’umutekano mucye bimaze iminsi mu butasirazuba bwacyo.

Abakuru b’Ibihugu bigize uyu Muryango bagiye bafata imyanzuro itandukanye igamije gushakira amahoro Congo, irimo no koherezayo ingabo, ubu zanatangiye inshingano zazo.

Gusa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagiye yanga kubahiriza imwe muri iyi myanzuro, byumwihariko uwo kuganira n’umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye n’Igisirikare cy’iki Gihugu.

Kutubahiriza uyu mwanzuro, biri no mu byatumye intambara hagati ya FARDC na M23 ikomeza gukara, kuko uyu mutwe wasabye kenshi ko wifuza kugirana ibiganiro na Guverinoma, ariko igakomeza kuwutera umugongo ivuga ko itaganira n’umutwe w’iterabwoba.

Ibihugu bikomeye ndetse n’imiryango mpuzamahanga yaba uwa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) uw’Abibumbye (UN) ndetse n’Abakuru b’Ibihugu by’ibihangange, bo ntibahwemye gusaba Guverinoma ya Congo kuyoboka inzira y’ibiganiro by’amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + fifteen =

Previous Post

Perezida w’igihangange ku Isi yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi

Next Post

Hamenyekanye umubare w’abantu bishwe n’ibiza mu minsi 15 biganjemo abahitanywe n’inkuba

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano
IMIBEREHO

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye umubare w’abantu bishwe n’ibiza mu minsi 15 biganjemo abahitanywe n’inkuba

Hamenyekanye umubare w’abantu bishwe n’ibiza mu minsi 15 biganjemo abahitanywe n’inkuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.