Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umudepite watanze urugero muri Politiki yifashishije Maguire utsinda ManU akinira akomeje kuzamura ibitwenge

radiotv10by radiotv10
02/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umudepite watanze urugero muri Politiki yifashishije Maguire utsinda ManU akinira akomeje kuzamura ibitwenge
Share on FacebookShare on Twitter

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Ghana yagereranyije Visi Perezida w’iki Gihugu na myugariro wa Manchester United, Harry Maguire ujya atsindisha Ikipe, amugereranya n’uyu muyobozi ukomeye mu Gihugu cye ko ari kuzambya ubukungu.

Depite Isaac Adongo yagereranyije Visi Perezida w’iki Gihugu, Dr. Mahamudu Bawumia na Maguire ku wa Gatatu w’iki Cyumweru, ubwo Inteko Rusange yariho ijya impaka ku ngengo y’imari y’iki Gihugu ya 2023.

Uyu mudepite yavuze ko ubukungu w’iki Gihugu buri gucungwa nabi n’ishyaka rya NPP (New Patriotic Party) riyobowe na Visi Perezida Dr. Mahamudu Bawumia wanigeze kuba Guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’iki Gihugu cya Ghana.

Mu mvugo yujemo urwenya rwinshi, Depite Isaac Adongo yatangiye abwira Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ko niba asanzwe akurikirana iby’umupira w’amaguru, yaba azi myugariro Harry Maguire.

Ati “Manchester United yamubonye nka myugariro mwiza iragenda iramugura ariko yabaye ikigeragezo gikomeye ku bakinnyi bo mu bwugarizi bwo hagati bwa Manchester United, akajya aha imipira ivamo ibitego abakinnyi b’ikipe bahanganye.”

Iyi ntumwa ya rubanda yakomeje igira iti “Nyakubahwa Perezida w’Inteko, nimubona abo duhanganye bajya gutsinda, Maguire ubwe azagenda abatsindire.”

Depite Isaac Adongo wise ubukungu bwa Ghana ko ari economic Maguire, yakomeje asa nk’uwibasira Visi Perezida agaragaza ibitaragenze neza mu mirimo yagiye akora.

Ati “Nyakubahwa Perezida w’Inteko kuki twaha amahirwe Maguire akaba mu bwugarizi bwo hagati bwacu? Ubukungu bwacu bumeze nka Maguire (Economic Maguire) buri kugenda burindimuka.”

Yakomeje avuga ko kuva uyu muyobozi yatangira kuyobora, ubukungu bw’Igihugu bwatangiye kujegajega nyamara bwarahoze buhagaze bwuma.

Ubwo uyu munyapolitiki yatangaga uru rugero rwa myugariro Maguire, bagenzi be bo mu Nteko Ishinga Amategeko bari basetse batembagaye.

Amashusho y’iyi ntumwa ya rubanda itanga uru rugero, akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, akaba yasekeje benshi bazi imikinire ya Maguire muri Manchester United ndetse n’uburyo akunze kwitwara mu kibuga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − two =

Previous Post

Hamenyekanye icyatumye ibiganiro by’i Nairobi bya Congo n’imitwe bizamo kirogoya itunguranye

Next Post

Amakuru ababaje muri ruhago y’u Rwanda

Related Posts

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

by radiotv10
04/06/2025
0

Ibitangazamakuru ryo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byahawe itegeko ryo kutavuga kuri Joseph Kabila wayoboye iki Gihugu, akaba aherutse...

Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23

AFC/M23 yagaragaje ko ishobora kuba yiteguye urugamba rukomeye

by radiotv10
03/06/2025
0

Ihuriro rya AFC/M23 riravugwaho gukaza imbaraga mu bice byinshi bisanzwe birimo ibirindiro by’abarwanyi baryo birimo ibyo muri Masisi na Walikale,...

Uko ijambo Fayulu yahereyemo ubutumwa Kabila rishobora kumuhuza na Tshisekedi batavuga rumwe

Uko ijambo Fayulu yahereyemo ubutumwa Kabila rishobora kumuhuza na Tshisekedi batavuga rumwe

by radiotv10
03/06/2025
0

Perezida wa Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashimye ibyatangajwe na Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki Gihugu,...

Umunyapolitiki uzwi i Burundi yinjiye mu mpaka z’inenge zivugwa ku matora ategerejwe

Umunyapolitiki uzwi i Burundi yinjiye mu mpaka z’inenge zivugwa ku matora ategerejwe

by radiotv10
03/06/2025
0

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi, Agathon Rwasa yavuze ko amatora yegereje muri iki Gihugu, ari nk’ikinamico y’ishyaka CNDD-FDD riri...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru ababaje muri ruhago y’u Rwanda

Amakuru ababaje muri ruhago y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.