Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umudepite watanze urugero muri Politiki yifashishije Maguire utsinda ManU akinira akomeje kuzamura ibitwenge

radiotv10by radiotv10
02/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umudepite watanze urugero muri Politiki yifashishije Maguire utsinda ManU akinira akomeje kuzamura ibitwenge
Share on FacebookShare on Twitter

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Ghana yagereranyije Visi Perezida w’iki Gihugu na myugariro wa Manchester United, Harry Maguire ujya atsindisha Ikipe, amugereranya n’uyu muyobozi ukomeye mu Gihugu cye ko ari kuzambya ubukungu.

Depite Isaac Adongo yagereranyije Visi Perezida w’iki Gihugu, Dr. Mahamudu Bawumia na Maguire ku wa Gatatu w’iki Cyumweru, ubwo Inteko Rusange yariho ijya impaka ku ngengo y’imari y’iki Gihugu ya 2023.

Uyu mudepite yavuze ko ubukungu w’iki Gihugu buri gucungwa nabi n’ishyaka rya NPP (New Patriotic Party) riyobowe na Visi Perezida Dr. Mahamudu Bawumia wanigeze kuba Guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’iki Gihugu cya Ghana.

Mu mvugo yujemo urwenya rwinshi, Depite Isaac Adongo yatangiye abwira Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ko niba asanzwe akurikirana iby’umupira w’amaguru, yaba azi myugariro Harry Maguire.

Ati “Manchester United yamubonye nka myugariro mwiza iragenda iramugura ariko yabaye ikigeragezo gikomeye ku bakinnyi bo mu bwugarizi bwo hagati bwa Manchester United, akajya aha imipira ivamo ibitego abakinnyi b’ikipe bahanganye.”

Iyi ntumwa ya rubanda yakomeje igira iti “Nyakubahwa Perezida w’Inteko, nimubona abo duhanganye bajya gutsinda, Maguire ubwe azagenda abatsindire.”

Depite Isaac Adongo wise ubukungu bwa Ghana ko ari economic Maguire, yakomeje asa nk’uwibasira Visi Perezida agaragaza ibitaragenze neza mu mirimo yagiye akora.

Ati “Nyakubahwa Perezida w’Inteko kuki twaha amahirwe Maguire akaba mu bwugarizi bwo hagati bwacu? Ubukungu bwacu bumeze nka Maguire (Economic Maguire) buri kugenda burindimuka.”

Yakomeje avuga ko kuva uyu muyobozi yatangira kuyobora, ubukungu bw’Igihugu bwatangiye kujegajega nyamara bwarahoze buhagaze bwuma.

Ubwo uyu munyapolitiki yatangaga uru rugero rwa myugariro Maguire, bagenzi be bo mu Nteko Ishinga Amategeko bari basetse batembagaye.

Amashusho y’iyi ntumwa ya rubanda itanga uru rugero, akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, akaba yasekeje benshi bazi imikinire ya Maguire muri Manchester United ndetse n’uburyo akunze kwitwara mu kibuga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Hamenyekanye icyatumye ibiganiro by’i Nairobi bya Congo n’imitwe bizamo kirogoya itunguranye

Next Post

Amakuru ababaje muri ruhago y’u Rwanda

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru ababaje muri ruhago y’u Rwanda

Amakuru ababaje muri ruhago y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.