Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umudepite yeguye nyuma yuko Perezida Kagame avuze ko hari umaze igihe afatwa yasinze

radiotv10by radiotv10
14/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Umudepite yeguye nyuma yuko Perezida Kagame avuze ko hari umaze igihe afatwa yasinze
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umunsi umwe Perezida Paul Kagame avuze ko hari Umudepite umaze gufatwa na Polisi y’u Rwanda inshuro esheshatu atwaye imodoka yasinze, Depite Mbonimana Gamariel yeguye ku mpamvu ze bwite.

Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite ushinzwe Imari n’Abakozi, Musa Fazil Harerimana yatangaje ko Mbonimana Gamariel yandikiye Inteko Ishinga Amategeko ayisaba kwegura ku nshingano ze.

Ibaruwa dufitiye kopi ya Mbonimana Gamariel, igaragaza ko yakiriwe n’Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Mbere tariki 14 Ugushyingo 2022.

Uyu wari umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yanditse agira ati “Mbandikiye mbagezaho ubwegure bwanjye ku mwanya wavuzwe haruguru (Ugize Inteko Ishinga Amategeko) kubera impamvu zanjye bwite.”

Mbonimana Gamariel w’imyaka 42 y’amavuko, yari Umudepite uhagarariye ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri wese PL (Parti Liberal) akaba yarabaye umwarimu mbere yo kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko.

Yeguye nyuma y’umunsi umwe, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame agarutse kuri umwe mu Badepite wafashwe mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 11 Ugushyingo 2022 atwaye imodoka yarengeje igipimo cy’umusemburo.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko uwo Mudepite yafashwe akabanza kwanga kwivuga ndetse Polisi ikaza kumurekura hagendewe ku budahangarwa agenerwa n’amategeko.

Perezida Paul Kagame yavuze ko yaje guhamagara umuyobozi Mukuru wa Polisi amubaza ibyo kuba baretse uwo Mudepite akagenda kandi yasinze, avuga ko bagombaga gushyira mu gaciro, bakaba baragombaga kumufata kuko yashoboraga kugonga abantu cyangwa na we agakora impanuka.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndagijimana theogene says:
    3 years ago

    Kwegura ntibibujijwe, ariko gufatanya n’abandi, abantu tugakorera hamwe ngo tuzamure igihugu cyacu, ntibibujijwe. Ni ukuri abishyize hamwe ntakibananira.
    Uyu nagende mu bindi, ntaribi,ariko amenye ko n’aho agiye, agomba kuba urumuri rumurikira abari mu mwijima.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − eleven =

Previous Post

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Next Post

Amakuru mashya ku bakobwa bakatiwe imyaka 15 kubera kwangiza imyanya ndangagitsina ya mugenzi wabo

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bakobwa bakatiwe imyaka 15 kubera kwangiza imyanya ndangagitsina ya mugenzi wabo

Amakuru mashya ku bakobwa bakatiwe imyaka 15 kubera kwangiza imyanya ndangagitsina ya mugenzi wabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.