Monday, March 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umudepite yeguye nyuma yuko Perezida Kagame avuze ko hari umaze igihe afatwa yasinze

radiotv10by radiotv10
14/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Umudepite yeguye nyuma yuko Perezida Kagame avuze ko hari umaze igihe afatwa yasinze
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umunsi umwe Perezida Paul Kagame avuze ko hari Umudepite umaze gufatwa na Polisi y’u Rwanda inshuro esheshatu atwaye imodoka yasinze, Depite Mbonimana Gamariel yeguye ku mpamvu ze bwite.

Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite ushinzwe Imari n’Abakozi, Musa Fazil Harerimana yatangaje ko Mbonimana Gamariel yandikiye Inteko Ishinga Amategeko ayisaba kwegura ku nshingano ze.

Ibaruwa dufitiye kopi ya Mbonimana Gamariel, igaragaza ko yakiriwe n’Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Mbere tariki 14 Ugushyingo 2022.

Uyu wari umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yanditse agira ati “Mbandikiye mbagezaho ubwegure bwanjye ku mwanya wavuzwe haruguru (Ugize Inteko Ishinga Amategeko) kubera impamvu zanjye bwite.”

Mbonimana Gamariel w’imyaka 42 y’amavuko, yari Umudepite uhagarariye ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri wese PL (Parti Liberal) akaba yarabaye umwarimu mbere yo kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko.

Yeguye nyuma y’umunsi umwe, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame agarutse kuri umwe mu Badepite wafashwe mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 11 Ugushyingo 2022 atwaye imodoka yarengeje igipimo cy’umusemburo.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko uwo Mudepite yafashwe akabanza kwanga kwivuga ndetse Polisi ikaza kumurekura hagendewe ku budahangarwa agenerwa n’amategeko.

Perezida Paul Kagame yavuze ko yaje guhamagara umuyobozi Mukuru wa Polisi amubaza ibyo kuba baretse uwo Mudepite akagenda kandi yasinze, avuga ko bagombaga gushyira mu gaciro, bakaba baragombaga kumufata kuko yashoboraga kugonga abantu cyangwa na we agakora impanuka.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndagijimana theogene says:
    3 years ago

    Kwegura ntibibujijwe, ariko gufatanya n’abandi, abantu tugakorera hamwe ngo tuzamure igihugu cyacu, ntibibujijwe. Ni ukuri abishyize hamwe ntakibananira.
    Uyu nagende mu bindi, ntaribi,ariko amenye ko n’aho agiye, agomba kuba urumuri rumurikira abari mu mwijima.

    Reply

Leave a Reply to Ndagijimana theogene Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + twelve =

Previous Post

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Next Post

Amakuru mashya ku bakobwa bakatiwe imyaka 15 kubera kwangiza imyanya ndangagitsina ya mugenzi wabo

Related Posts

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

by radiotv10
30/03/2026
0

Ikibazo cy’ibishyimbo byaranduwe mu Mujyi wa Kigali cyagatsweho na Komiseri muri FPR-Inkotanyi akagaya Abayobozi babikoze, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwari...

Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

by radiotv10
30/03/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko umubare w’abakora akazi katemewe k’uburaya muri uyu Mujyi umaze kugera ku bihumbi icyenda (9...

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

by radiotv10
30/03/2026
0

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva yageze i Bangui muri Repubulika ya Centrafrique ahagiye kubera irahira rya Faustin-Archange Touadéra wongeye gutorerwa...

Eng.-PM Dr. Nsengiyumva Arrives in Bangui to Represent President Kagame at Touadéra’s Inauguration

Eng.-PM Dr. Nsengiyumva Arrives in Bangui to Represent President Kagame at Touadéra’s Inauguration

by radiotv10
30/03/2026
0

The Prime Minister, Dr. Justin Nsengiyumva, has arrived in Bangui in the Central African Republic, where he will attend the...

Nyamagabe: Haravugwa umusaruro wagezweho nyuma y’ubushakashatsi bwagaragaje ko hari benshi bakoresha amazi mabi

Nyamagabe: Haravugwa umusaruro wagezweho nyuma y’ubushakashatsi bwagaragaje ko hari benshi bakoresha amazi mabi

by radiotv10
30/03/2026
0

Nyuma yuko ubushakashatsi ku mibereho y’ingo bugaragaje ko 18.4% by’abatuye Akarere ka Nyamagabe bagikoresha amazi mabi, hamaze kubakwa imiyoboro y’amazi...

IZIHERUKA

Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe
AMAHANGA

AFC/M23 yatangaje amazina n’umubare w’abahitanywe n’ibindi bitero byakoranywe ubugome ndengakamere

by radiotv10
30/03/2026
0

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

30/03/2026
Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

30/03/2026
Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

30/03/2026
Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

30/03/2026
Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

30/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bakobwa bakatiwe imyaka 15 kubera kwangiza imyanya ndangagitsina ya mugenzi wabo

Amakuru mashya ku bakobwa bakatiwe imyaka 15 kubera kwangiza imyanya ndangagitsina ya mugenzi wabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yatangaje amazina n’umubare w’abahitanywe n’ibindi bitero byakoranywe ubugome ndengakamere

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.