Wednesday, February 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umudepite yeguye nyuma yuko Perezida Kagame avuze ko hari umaze igihe afatwa yasinze

radiotv10by radiotv10
14/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Umudepite yeguye nyuma yuko Perezida Kagame avuze ko hari umaze igihe afatwa yasinze
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umunsi umwe Perezida Paul Kagame avuze ko hari Umudepite umaze gufatwa na Polisi y’u Rwanda inshuro esheshatu atwaye imodoka yasinze, Depite Mbonimana Gamariel yeguye ku mpamvu ze bwite.

Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite ushinzwe Imari n’Abakozi, Musa Fazil Harerimana yatangaje ko Mbonimana Gamariel yandikiye Inteko Ishinga Amategeko ayisaba kwegura ku nshingano ze.

Ibaruwa dufitiye kopi ya Mbonimana Gamariel, igaragaza ko yakiriwe n’Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Mbere tariki 14 Ugushyingo 2022.

Uyu wari umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yanditse agira ati “Mbandikiye mbagezaho ubwegure bwanjye ku mwanya wavuzwe haruguru (Ugize Inteko Ishinga Amategeko) kubera impamvu zanjye bwite.”

Mbonimana Gamariel w’imyaka 42 y’amavuko, yari Umudepite uhagarariye ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri wese PL (Parti Liberal) akaba yarabaye umwarimu mbere yo kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko.

Yeguye nyuma y’umunsi umwe, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame agarutse kuri umwe mu Badepite wafashwe mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 11 Ugushyingo 2022 atwaye imodoka yarengeje igipimo cy’umusemburo.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko uwo Mudepite yafashwe akabanza kwanga kwivuga ndetse Polisi ikaza kumurekura hagendewe ku budahangarwa agenerwa n’amategeko.

Perezida Paul Kagame yavuze ko yaje guhamagara umuyobozi Mukuru wa Polisi amubaza ibyo kuba baretse uwo Mudepite akagenda kandi yasinze, avuga ko bagombaga gushyira mu gaciro, bakaba baragombaga kumufata kuko yashoboraga kugonga abantu cyangwa na we agakora impanuka.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndagijimana theogene says:
    3 years ago

    Kwegura ntibibujijwe, ariko gufatanya n’abandi, abantu tugakorera hamwe ngo tuzamure igihugu cyacu, ntibibujijwe. Ni ukuri abishyize hamwe ntakibananira.
    Uyu nagende mu bindi, ntaribi,ariko amenye ko n’aho agiye, agomba kuba urumuri rumurikira abari mu mwijima.

    Reply

Leave a Reply to Ndagijimana theogene Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 11 =

Previous Post

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Next Post

Amakuru mashya ku bakobwa bakatiwe imyaka 15 kubera kwangiza imyanya ndangagitsina ya mugenzi wabo

Related Posts

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

by radiotv10
03/02/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yatanze ubufasha burimo ibiribwa n’imiti nyuma y’ibiza by’imyuzure byibasiye iki Gihugu byasize abakabakaba ibihumbi 400 badafite aho...

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
03/02/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yibukije abantu ko kuba ababyeyi bitabaha uburenganzira bwo guhohotera abana babo,...

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

by radiotv10
03/02/2026
0

Nzabamwita Foromina wo mu kagari ka Mpumbu mu murenge wa Bushekeri uherutse kubwirwa n’uwo abereye nyina wabo  bapfaga umugabo ko ukwezi...

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

by radiotv10
03/02/2026
0

Valens Rwamukwaya wamaze imyaka 38 mu mwuga w’itangazamakuru, irimo 28 yakoreye ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA nk’umukozi ufata amashusho, yitabye Imana....

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

by radiotv10
03/02/2026
0

Ngendahimana Jacques wo mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye aravugwaho kwihererana umusore w’imyaka 25 ufite uburwayi bwo mu...

IZIHERUKA

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye
IBYAMAMARE

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

by radiotv10
03/02/2026
0

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

03/02/2026
Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

03/02/2026
Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

03/02/2026
Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

03/02/2026
Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

03/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bakobwa bakatiwe imyaka 15 kubera kwangiza imyanya ndangagitsina ya mugenzi wabo

Amakuru mashya ku bakobwa bakatiwe imyaka 15 kubera kwangiza imyanya ndangagitsina ya mugenzi wabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.