Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umudipolomate ukomeye yagaragaje ikintu kihariye ku Rwanda gishimangira icyizere afitiye Afurika

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umudipolomate ukomeye yagaragaje ikintu kihariye ku Rwanda gishimangira icyizere afitiye Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi wa Angola mu Rwanda, Dr. Eduardo Octavio avuga akurikije uko abona Iterambere ry’u Rwanda rihagaze n’aho rwavuye, bitanga icyizere ko Umugabane wa Afurika uzigobotora ibyo guhora utegeye amaboko amahanga.

Yabitangaje mu kiganiro n’Itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 2023, gitegura ishyirwa hanze ry’igitaro cy’Umwanditsi w’ibitabo ukomoka muri Angola, Dr. Francisco Queiroz, akaba n’umujyanama wa Prezida João Manuel Gonçalves Lourenço.

Iki kiganiro cyabimburiye imurika ry’igitabo cy’uyu mwanditsi kiswe ‘The Great Kassitur in the Sekele Dynasty’, gishyirwa ahagaragara kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Mata 2023, igikorwa cyanahujwe n’umunsi ngarukamwaka w’amahoro n’ubwiyunge muri Angola.

Dr. Tchikondo, yavuze ko “Nshingiye ku muvuduko w’iterambere, nararebye nsanga mu myaka iri imbere abantu bazaba bakoresha ikoranabuhanga rya Telepathy, aho bazajya bifashisha utwuma dushyirwa mu bwonko bw’umuntu. Ibi icyo bizafasha, ni ugutanga umusanzu mu iterambere ry’ibihugu, by’umwihariko iry’Umugabane wa Afurika.”

Abajijwe niba ibi uyu Mugabane wabyishoboza hadasabwe inkunga muri za mpatsibihugu, Dr Tchikondo yashimangiye ko uyu Mugabane ufite byose ukeneye ngo ugere ku cyo wifuza cyose, ahubwo ko ikibura ari ugufatanyiriza hamwe, ingingo ikunze kugarukwaho na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.

Abajijwe impamvu u Rwanda rwatoranyirijwe kumurikirwamo iki gitabo, ambasaderi wa Angola mu Rwanda, Dr. Eduardo Octavio, yavuze ko u Rwanda ari Igihugu buri muntu wese yifuza guturamo, bitewe n’iterambere riherekejwe n’amahoro rufite.

Ati “U Rwanda turufatiraho icyitegererezo, kuko iyo urebye uko rwari rumeze mu 1994, n’uko rwabashije kwihuta mu kongera kwiyubaka kuri ubu abaturage barwo bakaba bariho mu mahoro, ibyo bihita birugira intangarugero.”

Ambasaderi Octavio, yakomeje avuga ko Angola n’ u Rwanda bifitanye umubano umaze igihe kini, kandi ibyo bihita bituma Ibihugu byombi bibasha gusaranganya ubunararibonye mu nkingi zose.

Avuga ko ku bufatanye na Ambasade ya Angola mu Rwanda, bahisemo kumurikira iki gitabo mu Rwanda kuko ari Igihugu gisangiye amateka ashingiye ku rugamba rwo kwiyubaka no guharanira amahoro arambye.

Iki gitabo ‘The Great Kassitur in the Sekele Dynasty’ kiri bumurikwe uyu munsi muri Kigali Convention Center, kigaragaza uburyo Ibihugu bya Afurika byagera ku iterambere mu buryo bwihuse hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga, kikaba gikubiyemo uko ibi byose bizagerwaho.

Ambasaderi wa Angoma mu Rwanda ari kumwe n’uyu mwanditsi

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − ten =

Previous Post

Dr.Sabin yahishuye ibiteganywa mu rwego rw’Ubuzima bizatuma rutumbagira rugaha Abaturarwanda serivisi zihanitse

Next Post

Umushyitsi ukomeye wari utegerejwe mu Rwanda yahageze yakiranwa urugwiro

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushyitsi ukomeye wari utegerejwe mu Rwanda yahageze yakiranwa urugwiro

Umushyitsi ukomeye wari utegerejwe mu Rwanda yahageze yakiranwa urugwiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.