Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umudipolomate ukomeye yagaragaje ikintu kihariye ku Rwanda gishimangira icyizere afitiye Afurika

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umudipolomate ukomeye yagaragaje ikintu kihariye ku Rwanda gishimangira icyizere afitiye Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi wa Angola mu Rwanda, Dr. Eduardo Octavio avuga akurikije uko abona Iterambere ry’u Rwanda rihagaze n’aho rwavuye, bitanga icyizere ko Umugabane wa Afurika uzigobotora ibyo guhora utegeye amaboko amahanga.

Yabitangaje mu kiganiro n’Itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 2023, gitegura ishyirwa hanze ry’igitaro cy’Umwanditsi w’ibitabo ukomoka muri Angola, Dr. Francisco Queiroz, akaba n’umujyanama wa Prezida João Manuel Gonçalves Lourenço.

Iki kiganiro cyabimburiye imurika ry’igitabo cy’uyu mwanditsi kiswe ‘The Great Kassitur in the Sekele Dynasty’, gishyirwa ahagaragara kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Mata 2023, igikorwa cyanahujwe n’umunsi ngarukamwaka w’amahoro n’ubwiyunge muri Angola.

Dr. Tchikondo, yavuze ko “Nshingiye ku muvuduko w’iterambere, nararebye nsanga mu myaka iri imbere abantu bazaba bakoresha ikoranabuhanga rya Telepathy, aho bazajya bifashisha utwuma dushyirwa mu bwonko bw’umuntu. Ibi icyo bizafasha, ni ugutanga umusanzu mu iterambere ry’ibihugu, by’umwihariko iry’Umugabane wa Afurika.”

Abajijwe niba ibi uyu Mugabane wabyishoboza hadasabwe inkunga muri za mpatsibihugu, Dr Tchikondo yashimangiye ko uyu Mugabane ufite byose ukeneye ngo ugere ku cyo wifuza cyose, ahubwo ko ikibura ari ugufatanyiriza hamwe, ingingo ikunze kugarukwaho na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.

Abajijwe impamvu u Rwanda rwatoranyirijwe kumurikirwamo iki gitabo, ambasaderi wa Angola mu Rwanda, Dr. Eduardo Octavio, yavuze ko u Rwanda ari Igihugu buri muntu wese yifuza guturamo, bitewe n’iterambere riherekejwe n’amahoro rufite.

Ati “U Rwanda turufatiraho icyitegererezo, kuko iyo urebye uko rwari rumeze mu 1994, n’uko rwabashije kwihuta mu kongera kwiyubaka kuri ubu abaturage barwo bakaba bariho mu mahoro, ibyo bihita birugira intangarugero.”

Ambasaderi Octavio, yakomeje avuga ko Angola n’ u Rwanda bifitanye umubano umaze igihe kini, kandi ibyo bihita bituma Ibihugu byombi bibasha gusaranganya ubunararibonye mu nkingi zose.

Avuga ko ku bufatanye na Ambasade ya Angola mu Rwanda, bahisemo kumurikira iki gitabo mu Rwanda kuko ari Igihugu gisangiye amateka ashingiye ku rugamba rwo kwiyubaka no guharanira amahoro arambye.

Iki gitabo ‘The Great Kassitur in the Sekele Dynasty’ kiri bumurikwe uyu munsi muri Kigali Convention Center, kigaragaza uburyo Ibihugu bya Afurika byagera ku iterambere mu buryo bwihuse hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga, kikaba gikubiyemo uko ibi byose bizagerwaho.

Ambasaderi wa Angoma mu Rwanda ari kumwe n’uyu mwanditsi

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 14 =

Previous Post

Dr.Sabin yahishuye ibiteganywa mu rwego rw’Ubuzima bizatuma rutumbagira rugaha Abaturarwanda serivisi zihanitse

Next Post

Umushyitsi ukomeye wari utegerejwe mu Rwanda yahageze yakiranwa urugwiro

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushyitsi ukomeye wari utegerejwe mu Rwanda yahageze yakiranwa urugwiro

Umushyitsi ukomeye wari utegerejwe mu Rwanda yahageze yakiranwa urugwiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.