Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yitabiriye inama y’Abagaba Bakuru b’Ingabo muri Afurika iri kubera i Nairobi muri Kenya, yahurije hamwe abasirikare bakuru bari mu buyobozi bw’Ingabo ku mugabane wa Afurika.
Amakuru dukesha Ubuyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda bwashyize hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 29 Gicurasi 2025, avuga ko General Mubarakh Muganga yitabiriye iyi nama izwi nka ACHOD yatagiye ku wa Kabiri tariki 27 Gicurasi 2025.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwagize buti “General MK MUBARAKH, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye inama y’Abakuru b’Ingabo muri Afurika (ACHOD) ya 2025, yatangiye ku wa Kabiri tariki 27 Gicurasi 2025 i Nairobi muri Kenya.”
Iyi nama ifite insanganyamatsiko igira iti “Strengthening African Security, Sustaining Unity of Effort”, igamije guha imbarana Umutekano wa Afurika, mu kubumbatira Ubumwe bugamije ineza.
Ubuyobozi Bukuru bwa RDF bukomeza bugira buti “Iyi nama yahurije hamwe abayobozi bakuru mu nzego za Gisirikare baturutse ku Mugabane wa Afurika, kugira ngo baganire ku mbogamizi zihuriweho z’umutekano ndetse no guteza imbere imikoranire y’akarere.”
Muri iyi nama, General Mubarakh Muganga yaherekejwe n’abandi basirikare bakuru mu Ngabo z’u Rwanda, barimo Maj Gen Patrick Karuretwa usanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imikoranire Mpuzamahanga mu Ngabo z’u Rwanda.
Perezida William Ruto wa Kenya wafunguye ku mugaragaro iyi nama, yavuze ko Umutekano ukwiye kuba nyambere ku Mugabane wa Afurika, kandi buri Gihugu kikumva ko nta kuba nyamwigendaho mu kuwusigasira.
Yagize ati “Umutekano wa nyawo muri Afurika ugomba kuza imbere mu igenamigambi ku Mugabane, kandi hakabaho ubufatanye mu kugira ngo ugerweho.”
Yavuze ko mu gihe hari Igihugu cyugarijwe n’ibibazo by’umutekano, bigera ku karere giherereyemo, kandi bikazambya inzego zinyuranye zirimo iz’ubukungu iterambere ndetse n’imibereho myiza y’abaturage.

RADIOTV10