Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugaba w’Ingabo zirwanira ku Butaka yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari S.Sudan

radiotv10by radiotv10
01/05/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Umugaba w’Ingabo zirwanira ku Butaka yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari S.Sudan
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, yasuye abasirikare b’u Rwanda bari mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, abagezaho ubutumwa bagenewe n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, Perezida Paul Kagame.

Ni mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine, Maj Gen Vincent Nyakarundi arimo muri Sudani y’Epfo, aho yasuye abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bwa UN buzwi nka UNMISS, bafite icyicaro mu Kigo cya Gisirikare i Juba.

Ubuyobozi bwa RDF buvuga kandi ko Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, yabanje guhura n’Umuyobozi Mukuru w’Ingabo ziri muri ubu Butumwa, ndetse n’Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri ubu butumwa, Nicholas Haysom, baganiriye ku mikorere y’abasirikare b’u Rwanda muri UNMISS.

Maj Gen Vincent Nyakarundi kandi yanahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sudani y’Epfo, Gen Santino Deng Wol; baganira ku guteza imbere imikoranire isanzweho hagati ya RDF n’ingabo za Sudani y’Epfo.

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, kandi yahuye n’abasirikare b’u Rwanda bari mu Kigo cya gisirikare kizwi nka Thongping Base Camp.

Maj Gen Vincent Nyakarundi yagejeje kuri aba basirikare b’u Rwanda, ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda ndetse n’Ubuyobozi bwa RDF, bwo kubashimira ku kuba bakomeje kuzuza inshingano zabo muri ubu butumwa bwa UN, babikorana ubunyamwuga n’imyitwarire iboneye.

Yaboneyeho kandi kubamenyesha uko umutekano w’u Rwanda uhagaze ndetse n’uwo mu Karere iki Gihugu cyabo giherereyemo, abasaba gukomeza kurangwa n’ikinyabupfura ndetse no gukora kinyamwuga bakomeza guhesha ishema Igihugu cyabibarutse.

Maj Gen Vincent Nyakarundi ubwo yakirwaga mu Kigo cya Gisirikare i Juba
Yabanje guhura n’Uhagarariye Umunyamabanga Mukuru wa UN muri UNMISS, Nicholas Haysom
Yanahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sudani y’Epfo, Gen Santino Deng Wol

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 3 =

Previous Post

Inama ku bifuzaga kuzahatanira umwanya wa Perezida w’u Rwanda nk’Abakandida bigenga

Next Post

Ibyamenyekanye ku gashya kabayeho bwa mbere muri ruhago Nyarwanda

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamenyekanye ku gashya kabayeho bwa mbere muri ruhago Nyarwanda

Ibyamenyekanye ku gashya kabayeho bwa mbere muri ruhago Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.