• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugaba w’Ingabo zirwanira ku Butaka yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari S.Sudan

radiotv10by radiotv10
01/05/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Umugaba w’Ingabo zirwanira ku Butaka yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari S.Sudan
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, yasuye abasirikare b’u Rwanda bari mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, abagezaho ubutumwa bagenewe n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, Perezida Paul Kagame.

Ni mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine, Maj Gen Vincent Nyakarundi arimo muri Sudani y’Epfo, aho yasuye abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bwa UN buzwi nka UNMISS, bafite icyicaro mu Kigo cya Gisirikare i Juba.

Ubuyobozi bwa RDF buvuga kandi ko Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, yabanje guhura n’Umuyobozi Mukuru w’Ingabo ziri muri ubu Butumwa, ndetse n’Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri ubu butumwa, Nicholas Haysom, baganiriye ku mikorere y’abasirikare b’u Rwanda muri UNMISS.

Maj Gen Vincent Nyakarundi kandi yanahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sudani y’Epfo, Gen Santino Deng Wol; baganira ku guteza imbere imikoranire isanzweho hagati ya RDF n’ingabo za Sudani y’Epfo.

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, kandi yahuye n’abasirikare b’u Rwanda bari mu Kigo cya gisirikare kizwi nka Thongping Base Camp.

Maj Gen Vincent Nyakarundi yagejeje kuri aba basirikare b’u Rwanda, ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda ndetse n’Ubuyobozi bwa RDF, bwo kubashimira ku kuba bakomeje kuzuza inshingano zabo muri ubu butumwa bwa UN, babikorana ubunyamwuga n’imyitwarire iboneye.

Yaboneyeho kandi kubamenyesha uko umutekano w’u Rwanda uhagaze ndetse n’uwo mu Karere iki Gihugu cyabo giherereyemo, abasaba gukomeza kurangwa n’ikinyabupfura ndetse no gukora kinyamwuga bakomeza guhesha ishema Igihugu cyabibarutse.

Maj Gen Vincent Nyakarundi ubwo yakirwaga mu Kigo cya Gisirikare i Juba
Yabanje guhura n’Uhagarariye Umunyamabanga Mukuru wa UN muri UNMISS, Nicholas Haysom
Yanahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sudani y’Epfo, Gen Santino Deng Wol

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + eleven =

Previous Post

Inama ku bifuzaga kuzahatanira umwanya wa Perezida w’u Rwanda nk’Abakandida bigenga

Next Post

Ibyamenyekanye ku gashya kabayeho bwa mbere muri ruhago Nyarwanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ibyamenyekanye ku gashya kabayeho bwa mbere muri ruhago Nyarwanda

Ibyamenyekanye ku gashya kabayeho bwa mbere muri ruhago Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.