Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

radiotv10by radiotv10
13/01/2022
in MU RWANDA
0
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Karere ka Rutsiro ari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho umugambi wo gushaka kwicisha umwana yabyaranye n’umugore batabana gusa uyu mubyeyi we azi ko umuhungu we yamaze gupfa.

Intandaro yo gushaka kwica uyu mwana we w’umusore w’imyaka 23 ngo ni uko yateje umwiryane hagati y’uyu mugabo n’umubyeyi w’uyu mwana.

Uyu mugabo wafatiwe mu Mujyi wa Kigali, avuga ko akimara gushaka umugore, uwo babyaranye uyu muhungu ngo atigeze amuha agahenge kuko atahwemaga kumutesha umutwe.

Uwo mugore wabyaranye n’uyu mugabo, yaramurutaga mu gihe we yari akiri ingimbi afite imyaka 17 ku buryo na byo biri mu byatumye atamwishimira.

Avuga ko uwo mugore yanamujyanye mu nzego z’ubutabera gusa we akomeza kwinangira kuko atumvaga ko yaba yaramuteye inda kuko yari akiri muto mu gihe uwo mugore babyaranye asanzwe afite imbyaro ebyiri.

Ngo yaje no kumurega mu bunzi ariko kuva icyo gihe, yahise atangira kwanga uwo mwana bamutsindiraga we akavuga ko atari uwe.

Ati “Amaze gukura mu 2019 we na nyina bafatanya ikirego.”

Byageze n’aho uyu mwana we umaze kuba umusore, yakomeje kuregana na se mu nkiko biza gutuma inzego z’ubutabera zitegeka ko hakorwa ibizamini bya DNA binemeza ko ari uwe.

Avuga ko kuva ubwo yarushijeho kumwana ndetse akaza no gutangira gutekereza kumwikiza agahita anashyiraho umuntu ugomba kumwica akamwishyura amafaranga.

Uyu mugabo we azi ko umwana we yamaze gupfa ndetse no mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Igihe dukesha iyi nkuru, yavuze ko “Ubu ngubu ndi kwicuza. Ari Imana na Leta y’u Rwanda, abavandimwe n’abaturanyi ndabasaba imbabazi kandi nanjye ubwanjye narihekuye.”

Dr Murangira B. Thierry, Umuvugiz w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) yavuze ko uyu mwana yarokowe ataricwa kubera amakuru yatanzwe n’abaturage bari bamaze kumenya uyu mugambi.

Avuga ko uyu mugabo yari yavuganye n’abagombaga kwica umwana we akabishyura ibihumbi 400 Frw ariko akabanza kubaha ibihumbi 140 Frw, ndetse baza kumubwira ko umugambi wamaze gushyirwa mu bikorwa agahita ahungira mu Mujyi wa Kigali ari na ho yafatiwe.

Dr Murangira uvuga ko RIB gishakisha abandi bose bari muri uyu mugambi, avuga ko uyu mugabo akurikiranyweho icyaha cy’ubwinjiracyaha ku cyaha cyo kwica umuntu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 12 =

Previous Post

Ezee utazibagirana mu ndirimbo ya Juno Kizigenza yahishuye ko uwakoze impanuka yahitanye ‘Sofia’ ari Se

Next Post

Kuki ubutaka bwahawe u Rwanda bumaze imyaka 30 budakoreshwa kandi buri ahari amafaranga?

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuki ubutaka bwahawe u Rwanda bumaze imyaka 30 budakoreshwa kandi buri ahari amafaranga?

Kuki ubutaka bwahawe u Rwanda bumaze imyaka 30 budakoreshwa kandi buri ahari amafaranga?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.