Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

radiotv10by radiotv10
13/01/2022
in MU RWANDA
0
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Karere ka Rutsiro ari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho umugambi wo gushaka kwicisha umwana yabyaranye n’umugore batabana gusa uyu mubyeyi we azi ko umuhungu we yamaze gupfa.

Intandaro yo gushaka kwica uyu mwana we w’umusore w’imyaka 23 ngo ni uko yateje umwiryane hagati y’uyu mugabo n’umubyeyi w’uyu mwana.

Uyu mugabo wafatiwe mu Mujyi wa Kigali, avuga ko akimara gushaka umugore, uwo babyaranye uyu muhungu ngo atigeze amuha agahenge kuko atahwemaga kumutesha umutwe.

Uwo mugore wabyaranye n’uyu mugabo, yaramurutaga mu gihe we yari akiri ingimbi afite imyaka 17 ku buryo na byo biri mu byatumye atamwishimira.

Avuga ko uwo mugore yanamujyanye mu nzego z’ubutabera gusa we akomeza kwinangira kuko atumvaga ko yaba yaramuteye inda kuko yari akiri muto mu gihe uwo mugore babyaranye asanzwe afite imbyaro ebyiri.

Ngo yaje no kumurega mu bunzi ariko kuva icyo gihe, yahise atangira kwanga uwo mwana bamutsindiraga we akavuga ko atari uwe.

Ati “Amaze gukura mu 2019 we na nyina bafatanya ikirego.”

Byageze n’aho uyu mwana we umaze kuba umusore, yakomeje kuregana na se mu nkiko biza gutuma inzego z’ubutabera zitegeka ko hakorwa ibizamini bya DNA binemeza ko ari uwe.

Avuga ko kuva ubwo yarushijeho kumwana ndetse akaza no gutangira gutekereza kumwikiza agahita anashyiraho umuntu ugomba kumwica akamwishyura amafaranga.

Uyu mugabo we azi ko umwana we yamaze gupfa ndetse no mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Igihe dukesha iyi nkuru, yavuze ko “Ubu ngubu ndi kwicuza. Ari Imana na Leta y’u Rwanda, abavandimwe n’abaturanyi ndabasaba imbabazi kandi nanjye ubwanjye narihekuye.”

Dr Murangira B. Thierry, Umuvugiz w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) yavuze ko uyu mwana yarokowe ataricwa kubera amakuru yatanzwe n’abaturage bari bamaze kumenya uyu mugambi.

Avuga ko uyu mugabo yari yavuganye n’abagombaga kwica umwana we akabishyura ibihumbi 400 Frw ariko akabanza kubaha ibihumbi 140 Frw, ndetse baza kumubwira ko umugambi wamaze gushyirwa mu bikorwa agahita ahungira mu Mujyi wa Kigali ari na ho yafatiwe.

Dr Murangira uvuga ko RIB gishakisha abandi bose bari muri uyu mugambi, avuga ko uyu mugabo akurikiranyweho icyaha cy’ubwinjiracyaha ku cyaha cyo kwica umuntu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + sixteen =

Previous Post

Ezee utazibagirana mu ndirimbo ya Juno Kizigenza yahishuye ko uwakoze impanuka yahitanye ‘Sofia’ ari Se

Next Post

Kuki ubutaka bwahawe u Rwanda bumaze imyaka 30 budakoreshwa kandi buri ahari amafaranga?

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuki ubutaka bwahawe u Rwanda bumaze imyaka 30 budakoreshwa kandi buri ahari amafaranga?

Kuki ubutaka bwahawe u Rwanda bumaze imyaka 30 budakoreshwa kandi buri ahari amafaranga?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.