Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

radiotv10by radiotv10
13/01/2022
in MU RWANDA
0
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Karere ka Rutsiro ari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho umugambi wo gushaka kwicisha umwana yabyaranye n’umugore batabana gusa uyu mubyeyi we azi ko umuhungu we yamaze gupfa.

Intandaro yo gushaka kwica uyu mwana we w’umusore w’imyaka 23 ngo ni uko yateje umwiryane hagati y’uyu mugabo n’umubyeyi w’uyu mwana.

Uyu mugabo wafatiwe mu Mujyi wa Kigali, avuga ko akimara gushaka umugore, uwo babyaranye uyu muhungu ngo atigeze amuha agahenge kuko atahwemaga kumutesha umutwe.

Uwo mugore wabyaranye n’uyu mugabo, yaramurutaga mu gihe we yari akiri ingimbi afite imyaka 17 ku buryo na byo biri mu byatumye atamwishimira.

Avuga ko uwo mugore yanamujyanye mu nzego z’ubutabera gusa we akomeza kwinangira kuko atumvaga ko yaba yaramuteye inda kuko yari akiri muto mu gihe uwo mugore babyaranye asanzwe afite imbyaro ebyiri.

Ngo yaje no kumurega mu bunzi ariko kuva icyo gihe, yahise atangira kwanga uwo mwana bamutsindiraga we akavuga ko atari uwe.

Ati “Amaze gukura mu 2019 we na nyina bafatanya ikirego.”

Byageze n’aho uyu mwana we umaze kuba umusore, yakomeje kuregana na se mu nkiko biza gutuma inzego z’ubutabera zitegeka ko hakorwa ibizamini bya DNA binemeza ko ari uwe.

Avuga ko kuva ubwo yarushijeho kumwana ndetse akaza no gutangira gutekereza kumwikiza agahita anashyiraho umuntu ugomba kumwica akamwishyura amafaranga.

Uyu mugabo we azi ko umwana we yamaze gupfa ndetse no mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Igihe dukesha iyi nkuru, yavuze ko “Ubu ngubu ndi kwicuza. Ari Imana na Leta y’u Rwanda, abavandimwe n’abaturanyi ndabasaba imbabazi kandi nanjye ubwanjye narihekuye.”

Dr Murangira B. Thierry, Umuvugiz w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) yavuze ko uyu mwana yarokowe ataricwa kubera amakuru yatanzwe n’abaturage bari bamaze kumenya uyu mugambi.

Avuga ko uyu mugabo yari yavuganye n’abagombaga kwica umwana we akabishyura ibihumbi 400 Frw ariko akabanza kubaha ibihumbi 140 Frw, ndetse baza kumubwira ko umugambi wamaze gushyirwa mu bikorwa agahita ahungira mu Mujyi wa Kigali ari na ho yafatiwe.

Dr Murangira uvuga ko RIB gishakisha abandi bose bari muri uyu mugambi, avuga ko uyu mugabo akurikiranyweho icyaha cy’ubwinjiracyaha ku cyaha cyo kwica umuntu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 14 =

Previous Post

Ezee utazibagirana mu ndirimbo ya Juno Kizigenza yahishuye ko uwakoze impanuka yahitanye ‘Sofia’ ari Se

Next Post

Kuki ubutaka bwahawe u Rwanda bumaze imyaka 30 budakoreshwa kandi buri ahari amafaranga?

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuki ubutaka bwahawe u Rwanda bumaze imyaka 30 budakoreshwa kandi buri ahari amafaranga?

Kuki ubutaka bwahawe u Rwanda bumaze imyaka 30 budakoreshwa kandi buri ahari amafaranga?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.