Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo we yahamagajwe azi ko agaruka ahita afungwa none amezi abaye arindwi ataranaburana

radiotv10by radiotv10
17/12/2021
in MU RWANDA
0
Umugabo we yahamagajwe azi ko agaruka ahita afungwa none amezi abaye arindwi ataranaburana
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore utuye mu Kagari ka Ruhanga mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe aravuga ko umugabo we yarenganye kuko yafunzwe nyuma yo kwitaba Urukiko rwari rwamuhamagaje ku kibazo yagiranye na mwishywa we agahita afungwa ataburanye none amezi abaye arindwi.

Uyu mubyeyi witwa Uwamahoro Sandrine utuye mu Mudugudu wa Rubare mu Kagari ka Ruhanga mu Murenge wa Kigina, avuga ko umugabo we witwa Habyaramungu Celestin yafunzwe biturutse ku kibazo yagiranye na mwishywa we.

Avuga ko bamaze imyaka 30 baguze isambu, gusa ngo mu mpera za 2020 mwishywa w’umugabo we yaje ayiyitirira ndetse bajya no mu manza biza kurangira urukiko rwemeje ko isambu ari iy’uyu mwishywa.

Habyaramungu utaremeye imikirize y’urubanza, yaje kwambura igitoki mwishywa we wari uje kugitema mu murima uri muri iyi sambu bituma yongera kujya kumurega.

Uwamahoro Sandrine agira ati “Bari baragiye mu rukiko yitabye baramubwira ngo ntabwo aburana kubera ko umuburanyi we adahari. Bamuhamagaje bwa kabiri, asanga umwanditsi w’urukiko yicaranye n’uwo baburana. Bahise bavuga ko yigometse ku myanzuro.”

Ako kanya ngo bahise “Bamwambika amapingu bamujyana kuri RIB ngo ntabwo yagombaga kubinjirana.”

Uyu mugore akomeza agira ati “Urubanza rwaciwe ataburanye. Yagiye ku Muvunyi bamwohereza ku rwego rurwanya ruswa n’akarengane. Agezeyo, baramubwira ngo ashake radiyo imukemurire icyo kibazo.”

Akomeza avuga ko kuvuga ko umugabo we afungiye akarengane ari uko “Ikibazo cye inzego z’ibanze zitakizi. Nakigejeje ku Murenge, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wawo avuga ko agiye kwandika asaba uburenganzira ko agaruka bagakurikirana ikibazo cye ahari. Ngo biragaragara ko yibwe.”

Avuga ko ubuzima bumugore we n’abana babo kuko ari we usigaye akora byose kugira ngo atunge umuryango w’abantu umunani.

Uwamahoro Sandrine anavuga ko afite impungenge ko na we yazafungwa, ati “Induru zihoraho. nanjye ubwanjye ntamutekano mba mfite. Abo baburanye hari ubwo bisaza. Hatabayeho kujya mu nzu ngo dusinzire, ushobora kumva ngo nanjye nagiye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigina, Kabandana Patrick, avuga ko habayemo akarengane koko ndetse ko hari icyo ubuyobozi bw’ibanze bwari bwakoze.

Yagize ati “Urukiko rushobora kuba rutarigeze rujya aho byabereye. Ntabwo yagombaga kwamburwa isambu ye kandi bigaragara ko yahatuye kuva muri 1982. Biragaragara ko ari ahe. Ntabwo hagombaga gusaranganywa. Ibyo inzego zabigiyemo tubikorera raporo tuyiha Akarere. Twabakoreye ubuvugizi kubera ko twe ntabubasha dufite bwo kumugarura.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Buno, yizeje ko bagiye gukurikirana iki kibazo.

Ati “Turagikurikirana, nitwongere kugwa mu mutege wo kuvuga ko batagiye aho cyabereye. Icyo nakubwira ni uko tugiye kugikurikirana kandi dushake umuti urambye kuri icyo kibazo cy’uwo muturage.”

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

RIB yerekanye abasore bakurikiranyweho gushukisha abakobwa urukundo ubundi bakabasambanya bakanabambura

Next Post

Kamonyi: Abantu 150 bafashwe basengera mu rugo barimo abasabaga Imana ubukire

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Abantu 150 bafashwe basengera mu rugo barimo abasabaga Imana ubukire

Kamonyi: Abantu 150 bafashwe basengera mu rugo barimo abasabaga Imana ubukire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.