Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo we yahamagajwe azi ko agaruka ahita afungwa none amezi abaye arindwi ataranaburana

radiotv10by radiotv10
17/12/2021
in MU RWANDA
0
Umugabo we yahamagajwe azi ko agaruka ahita afungwa none amezi abaye arindwi ataranaburana
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore utuye mu Kagari ka Ruhanga mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe aravuga ko umugabo we yarenganye kuko yafunzwe nyuma yo kwitaba Urukiko rwari rwamuhamagaje ku kibazo yagiranye na mwishywa we agahita afungwa ataburanye none amezi abaye arindwi.

Uyu mubyeyi witwa Uwamahoro Sandrine utuye mu Mudugudu wa Rubare mu Kagari ka Ruhanga mu Murenge wa Kigina, avuga ko umugabo we witwa Habyaramungu Celestin yafunzwe biturutse ku kibazo yagiranye na mwishywa we.

Avuga ko bamaze imyaka 30 baguze isambu, gusa ngo mu mpera za 2020 mwishywa w’umugabo we yaje ayiyitirira ndetse bajya no mu manza biza kurangira urukiko rwemeje ko isambu ari iy’uyu mwishywa.

Habyaramungu utaremeye imikirize y’urubanza, yaje kwambura igitoki mwishywa we wari uje kugitema mu murima uri muri iyi sambu bituma yongera kujya kumurega.

Uwamahoro Sandrine agira ati “Bari baragiye mu rukiko yitabye baramubwira ngo ntabwo aburana kubera ko umuburanyi we adahari. Bamuhamagaje bwa kabiri, asanga umwanditsi w’urukiko yicaranye n’uwo baburana. Bahise bavuga ko yigometse ku myanzuro.”

Ako kanya ngo bahise “Bamwambika amapingu bamujyana kuri RIB ngo ntabwo yagombaga kubinjirana.”

Uyu mugore akomeza agira ati “Urubanza rwaciwe ataburanye. Yagiye ku Muvunyi bamwohereza ku rwego rurwanya ruswa n’akarengane. Agezeyo, baramubwira ngo ashake radiyo imukemurire icyo kibazo.”

Akomeza avuga ko kuvuga ko umugabo we afungiye akarengane ari uko “Ikibazo cye inzego z’ibanze zitakizi. Nakigejeje ku Murenge, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wawo avuga ko agiye kwandika asaba uburenganzira ko agaruka bagakurikirana ikibazo cye ahari. Ngo biragaragara ko yibwe.”

Avuga ko ubuzima bumugore we n’abana babo kuko ari we usigaye akora byose kugira ngo atunge umuryango w’abantu umunani.

Uwamahoro Sandrine anavuga ko afite impungenge ko na we yazafungwa, ati “Induru zihoraho. nanjye ubwanjye ntamutekano mba mfite. Abo baburanye hari ubwo bisaza. Hatabayeho kujya mu nzu ngo dusinzire, ushobora kumva ngo nanjye nagiye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigina, Kabandana Patrick, avuga ko habayemo akarengane koko ndetse ko hari icyo ubuyobozi bw’ibanze bwari bwakoze.

Yagize ati “Urukiko rushobora kuba rutarigeze rujya aho byabereye. Ntabwo yagombaga kwamburwa isambu ye kandi bigaragara ko yahatuye kuva muri 1982. Biragaragara ko ari ahe. Ntabwo hagombaga gusaranganywa. Ibyo inzego zabigiyemo tubikorera raporo tuyiha Akarere. Twabakoreye ubuvugizi kubera ko twe ntabubasha dufite bwo kumugarura.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Buno, yizeje ko bagiye gukurikirana iki kibazo.

Ati “Turagikurikirana, nitwongere kugwa mu mutege wo kuvuga ko batagiye aho cyabereye. Icyo nakubwira ni uko tugiye kugikurikirana kandi dushake umuti urambye kuri icyo kibazo cy’uwo muturage.”

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − eight =

Previous Post

RIB yerekanye abasore bakurikiranyweho gushukisha abakobwa urukundo ubundi bakabasambanya bakanabambura

Next Post

Kamonyi: Abantu 150 bafashwe basengera mu rugo barimo abasabaga Imana ubukire

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Abantu 150 bafashwe basengera mu rugo barimo abasabaga Imana ubukire

Kamonyi: Abantu 150 bafashwe basengera mu rugo barimo abasabaga Imana ubukire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.