Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuganga wa kane yishwe na Ebola muri Uganda

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA
0
Umuganga wa kane yishwe na Ebola muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuganga wo muri Uganda wari umaze iminsi 17 arwaye Ebola, yamuhitanye, aba umuganga wa kane uhitanywe n’iki cyorezo kuva cyagera muri iki Gihugu.

Umuganga wahitanywe n’iki cyorezo, ni Margaret Nabisubi wapfuye ku myaka 58 y’amavuko, yari amaze iminsi arwaye iyi ndwara.

Aya makuru yemejwe na Minisitiri w’Ubuzima wa Uganda, Jane Ruth Aceng, wavuze ko uyu muganga yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Ukwakira 2022.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Jane Ruth Aceng yagize ati “Mbabajwe no kumenyesha urupfu rw’umuganga, Madamu Margaret Nabisubi, wari umuganga ushinzwe gutera ikinya.”

Yakomeje agira ati “Uyu muganga wari fute imyaka 58, yishwe na Ebola ku isaaha ya saa kumi na mirongo itatu n’itatu (04:33’) muri iki gitondo mu bitaro bya Fort Portal nyuma yo kumara iminsi 17 arwaye iyi ndwara.”

Margaret Nabisubi abaye umuganga wa kane uhitanywe n’iki cyorezo cya Ebola kuva cyagera muri Uganda mu kwezi gushize kwa Nzeri.

Minisitiri w’Ubuzima yakomeje agira ati “Nyakwigendera Margaret ni umuvuzi wa kane tumaze gutakaza kuva icyorezo cyaza nyuma y’umuforomo Dr Ali n’umuganga wo ku Bitaro byo mu Karere ka Kagadi.”

Perezida wa Uganda Yoweri Museveni wagaragaje uko iki cyorezo cya Ebola gihagaze muri iki Gihugu, mu cyumweru gishize, yavuze ko abari bamaze kugaragaraho iki cyorezo, bari 24 barimo abaganga batandatu.

Museveni kandi yari yavuze ko Guverinoma itazashyiraho guma mu rugo cyangwa izindi ngamba zo guhagarika ibikorwa mu rwego rwo guhangana n’iki cyorezo cya Ebola.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + one =

Previous Post

Muhoozi yagaragaje ababa abayobozi EAC ibaye Igihugu…Kagame na Museveni yavuze imyanya bagira

Next Post

Prince Kid yageze imbere y’Urukiko ahita arugaragariza inzitizi itunguranye

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Prince Kid yageze imbere y’Urukiko ahita arugaragariza inzitizi itunguranye

Prince Kid yageze imbere y’Urukiko ahita arugaragariza inzitizi itunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.