Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuganga wa kane yishwe na Ebola muri Uganda

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA
0
Umuganga wa kane yishwe na Ebola muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuganga wo muri Uganda wari umaze iminsi 17 arwaye Ebola, yamuhitanye, aba umuganga wa kane uhitanywe n’iki cyorezo kuva cyagera muri iki Gihugu.

Umuganga wahitanywe n’iki cyorezo, ni Margaret Nabisubi wapfuye ku myaka 58 y’amavuko, yari amaze iminsi arwaye iyi ndwara.

Aya makuru yemejwe na Minisitiri w’Ubuzima wa Uganda, Jane Ruth Aceng, wavuze ko uyu muganga yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Ukwakira 2022.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Jane Ruth Aceng yagize ati “Mbabajwe no kumenyesha urupfu rw’umuganga, Madamu Margaret Nabisubi, wari umuganga ushinzwe gutera ikinya.”

Yakomeje agira ati “Uyu muganga wari fute imyaka 58, yishwe na Ebola ku isaaha ya saa kumi na mirongo itatu n’itatu (04:33’) muri iki gitondo mu bitaro bya Fort Portal nyuma yo kumara iminsi 17 arwaye iyi ndwara.”

Margaret Nabisubi abaye umuganga wa kane uhitanywe n’iki cyorezo cya Ebola kuva cyagera muri Uganda mu kwezi gushize kwa Nzeri.

Minisitiri w’Ubuzima yakomeje agira ati “Nyakwigendera Margaret ni umuvuzi wa kane tumaze gutakaza kuva icyorezo cyaza nyuma y’umuforomo Dr Ali n’umuganga wo ku Bitaro byo mu Karere ka Kagadi.”

Perezida wa Uganda Yoweri Museveni wagaragaje uko iki cyorezo cya Ebola gihagaze muri iki Gihugu, mu cyumweru gishize, yavuze ko abari bamaze kugaragaraho iki cyorezo, bari 24 barimo abaganga batandatu.

Museveni kandi yari yavuze ko Guverinoma itazashyiraho guma mu rugo cyangwa izindi ngamba zo guhagarika ibikorwa mu rwego rwo guhangana n’iki cyorezo cya Ebola.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Muhoozi yagaragaje ababa abayobozi EAC ibaye Igihugu…Kagame na Museveni yavuze imyanya bagira

Next Post

Prince Kid yageze imbere y’Urukiko ahita arugaragariza inzitizi itunguranye

Related Posts

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora iki Gihugu, anamwifuriza we n’Abanya-Uganda ishya...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Prince Kid yageze imbere y’Urukiko ahita arugaragariza inzitizi itunguranye

Prince Kid yageze imbere y’Urukiko ahita arugaragariza inzitizi itunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.