Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuganga wa kane yishwe na Ebola muri Uganda

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA
0
Umuganga wa kane yishwe na Ebola muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuganga wo muri Uganda wari umaze iminsi 17 arwaye Ebola, yamuhitanye, aba umuganga wa kane uhitanywe n’iki cyorezo kuva cyagera muri iki Gihugu.

Umuganga wahitanywe n’iki cyorezo, ni Margaret Nabisubi wapfuye ku myaka 58 y’amavuko, yari amaze iminsi arwaye iyi ndwara.

Aya makuru yemejwe na Minisitiri w’Ubuzima wa Uganda, Jane Ruth Aceng, wavuze ko uyu muganga yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Ukwakira 2022.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Jane Ruth Aceng yagize ati “Mbabajwe no kumenyesha urupfu rw’umuganga, Madamu Margaret Nabisubi, wari umuganga ushinzwe gutera ikinya.”

Yakomeje agira ati “Uyu muganga wari fute imyaka 58, yishwe na Ebola ku isaaha ya saa kumi na mirongo itatu n’itatu (04:33’) muri iki gitondo mu bitaro bya Fort Portal nyuma yo kumara iminsi 17 arwaye iyi ndwara.”

Margaret Nabisubi abaye umuganga wa kane uhitanywe n’iki cyorezo cya Ebola kuva cyagera muri Uganda mu kwezi gushize kwa Nzeri.

Minisitiri w’Ubuzima yakomeje agira ati “Nyakwigendera Margaret ni umuvuzi wa kane tumaze gutakaza kuva icyorezo cyaza nyuma y’umuforomo Dr Ali n’umuganga wo ku Bitaro byo mu Karere ka Kagadi.”

Perezida wa Uganda Yoweri Museveni wagaragaje uko iki cyorezo cya Ebola gihagaze muri iki Gihugu, mu cyumweru gishize, yavuze ko abari bamaze kugaragaraho iki cyorezo, bari 24 barimo abaganga batandatu.

Museveni kandi yari yavuze ko Guverinoma itazashyiraho guma mu rugo cyangwa izindi ngamba zo guhagarika ibikorwa mu rwego rwo guhangana n’iki cyorezo cya Ebola.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + two =

Previous Post

Muhoozi yagaragaje ababa abayobozi EAC ibaye Igihugu…Kagame na Museveni yavuze imyanya bagira

Next Post

Prince Kid yageze imbere y’Urukiko ahita arugaragariza inzitizi itunguranye

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Prince Kid yageze imbere y’Urukiko ahita arugaragariza inzitizi itunguranye

Prince Kid yageze imbere y’Urukiko ahita arugaragariza inzitizi itunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.