Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugore byatangajwe ko yapfuye bagasanga ari muzima ku kiriyo hatangajwe indi nkuru y’akababaro

radiotv10by radiotv10
05/06/2024
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Umugore byatangajwe ko yapfuye bagasanga ari muzima ku kiriyo hatangajwe indi nkuru y’akababaro
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’imyaka 74 wo muri Leta ya Nebraska muri Leta Zunze Ubumwe za America, yatangajwe inshuro ebyiri ko yapfuye, aho ku nshuro ya mbere byatangajwe ko yitabye Imana ariko akiri muzima, nyuma akaza gupfa by’ukuri.

Constance Glantz witabwagaho ari mu rugo hafi y’umurwa mukuru wa Nebraska muri Lincoln, byabanje gutangazwa ko yapfuye ariko abaganga bibeshye.

Abayobozi bo mu gace ibi byabereyemo, buvuga ko nyuma y’amasaha abiri bitangajwe ko Constance Glantz yitabye Imana, byaje kugaragara ko agihumeka umwuka w’abazima, ari na bwo bamukoreraga ibizwi nka CPR byo gushitura umutima, aza kuzanzamuka.

Nyuma yahise ajyanwa kwa muganga igitaraganya, ariko nyuma ubuyobozi buza gutangaza ko yapfuye noneho by’ukuri.

Polisi yahise itangira iperereza kuri ibi byabaye, gusa biravugwa ko nta kimenyetso cyo kuba abaganga babanje gutangaza iriya nkuru babigambiriye ku buryo babikurikiranwaho nk’icyaha.

Umuyobozi Wungirije wa Polisi mu gace ka Lancaster, Ben Houchin yagize ati “Ibi ni ibintu bidasanzwe. Maze imyaka 31 ndi muri aka kazi, ariko ntakintu na kimwe kigeze kibaho mbere nk’iki.”

Ben Houchin yavuze ko mu minsi irindwi ya nyuma y’ubuzima bwa nyakwigendera, yagaragazaga intege nke zo kuba isaha n’isaha yashiramo umwuka, ari na byo bishobora kuba byarateye abaganga kumubika akiri muzima.

Byari biteganyijwe ko ibiva mu isuzuma ku rupfu rwa nyakwigendera, byagombaga gutangazwa kuri uyu wa Kabiri, ariko Ben Houchin yavuze ko bishobora kuzafata nk’ibyumweru 12.

Ati “Ikiriyo cyo mu rugo cyo kuba cyarabaye nta kosa ryakozwe, ahubwo abakigiyemo ni bo batahuye ko yari akiri muzima.”

Muri Kamena umwaka ushize, umugore w’imyaka 76 witwa Bella Montoya wo muri Ecuador, na we byatangajwe ko yapfuye yishwe na stroke, ndetse bamushyira mu isanduku bagiye no kumushyingura, nyuma y’amasaha atanu baza gusanga akiri muzima ubwo bari bagiye kumuhindurira imyenda yo kumushyingurana, ariko nyuma y’iminsi micye, na we yaje kwitaba Imana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − thirteen =

Previous Post

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi ku isoko ryo mu Rwanda byagabanutse

Next Post

Perezida Kagame yashyikirijwe impamyabumenyi y’Ikirenga y’icyubahiro na Kaminuza ikomeye (AMAFOTO)

Related Posts

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Umugabo witwa Prophète Ebo Noah w’Umunya-Ghana umaze igihe yubaka inkuge avuga ko ari izo azakoresha arokora abantu ngo kuko Isi...

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Inc., a biotechnology company dedicated to developing and delivering high-quality, affordable medicines, announced the appointment of Professor Prashant...

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yashyikirijwe impamyabumenyi y’Ikirenga y’icyubahiro na Kaminuza ikomeye (AMAFOTO)

Perezida Kagame yashyikirijwe impamyabumenyi y’Ikirenga y’icyubahiro na Kaminuza ikomeye (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.