Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugore byatangajwe ko yapfuye bagasanga ari muzima ku kiriyo hatangajwe indi nkuru y’akababaro

radiotv10by radiotv10
05/06/2024
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Umugore byatangajwe ko yapfuye bagasanga ari muzima ku kiriyo hatangajwe indi nkuru y’akababaro
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’imyaka 74 wo muri Leta ya Nebraska muri Leta Zunze Ubumwe za America, yatangajwe inshuro ebyiri ko yapfuye, aho ku nshuro ya mbere byatangajwe ko yitabye Imana ariko akiri muzima, nyuma akaza gupfa by’ukuri.

Constance Glantz witabwagaho ari mu rugo hafi y’umurwa mukuru wa Nebraska muri Lincoln, byabanje gutangazwa ko yapfuye ariko abaganga bibeshye.

Abayobozi bo mu gace ibi byabereyemo, buvuga ko nyuma y’amasaha abiri bitangajwe ko Constance Glantz yitabye Imana, byaje kugaragara ko agihumeka umwuka w’abazima, ari na bwo bamukoreraga ibizwi nka CPR byo gushitura umutima, aza kuzanzamuka.

Nyuma yahise ajyanwa kwa muganga igitaraganya, ariko nyuma ubuyobozi buza gutangaza ko yapfuye noneho by’ukuri.

Polisi yahise itangira iperereza kuri ibi byabaye, gusa biravugwa ko nta kimenyetso cyo kuba abaganga babanje gutangaza iriya nkuru babigambiriye ku buryo babikurikiranwaho nk’icyaha.

Umuyobozi Wungirije wa Polisi mu gace ka Lancaster, Ben Houchin yagize ati “Ibi ni ibintu bidasanzwe. Maze imyaka 31 ndi muri aka kazi, ariko ntakintu na kimwe kigeze kibaho mbere nk’iki.”

Ben Houchin yavuze ko mu minsi irindwi ya nyuma y’ubuzima bwa nyakwigendera, yagaragazaga intege nke zo kuba isaha n’isaha yashiramo umwuka, ari na byo bishobora kuba byarateye abaganga kumubika akiri muzima.

Byari biteganyijwe ko ibiva mu isuzuma ku rupfu rwa nyakwigendera, byagombaga gutangazwa kuri uyu wa Kabiri, ariko Ben Houchin yavuze ko bishobora kuzafata nk’ibyumweru 12.

Ati “Ikiriyo cyo mu rugo cyo kuba cyarabaye nta kosa ryakozwe, ahubwo abakigiyemo ni bo batahuye ko yari akiri muzima.”

Muri Kamena umwaka ushize, umugore w’imyaka 76 witwa Bella Montoya wo muri Ecuador, na we byatangajwe ko yapfuye yishwe na stroke, ndetse bamushyira mu isanduku bagiye no kumushyingura, nyuma y’amasaha atanu baza gusanga akiri muzima ubwo bari bagiye kumuhindurira imyenda yo kumushyingurana, ariko nyuma y’iminsi micye, na we yaje kwitaba Imana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi ku isoko ryo mu Rwanda byagabanutse

Next Post

Perezida Kagame yashyikirijwe impamyabumenyi y’Ikirenga y’icyubahiro na Kaminuza ikomeye (AMAFOTO)

Related Posts

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

IZIHERUKA

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri
IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yashyikirijwe impamyabumenyi y’Ikirenga y’icyubahiro na Kaminuza ikomeye (AMAFOTO)

Perezida Kagame yashyikirijwe impamyabumenyi y’Ikirenga y’icyubahiro na Kaminuza ikomeye (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.