Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugore byatangajwe ko yapfuye bagasanga ari muzima ku kiriyo hatangajwe indi nkuru y’akababaro

radiotv10by radiotv10
05/06/2024
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Umugore byatangajwe ko yapfuye bagasanga ari muzima ku kiriyo hatangajwe indi nkuru y’akababaro
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’imyaka 74 wo muri Leta ya Nebraska muri Leta Zunze Ubumwe za America, yatangajwe inshuro ebyiri ko yapfuye, aho ku nshuro ya mbere byatangajwe ko yitabye Imana ariko akiri muzima, nyuma akaza gupfa by’ukuri.

Constance Glantz witabwagaho ari mu rugo hafi y’umurwa mukuru wa Nebraska muri Lincoln, byabanje gutangazwa ko yapfuye ariko abaganga bibeshye.

Abayobozi bo mu gace ibi byabereyemo, buvuga ko nyuma y’amasaha abiri bitangajwe ko Constance Glantz yitabye Imana, byaje kugaragara ko agihumeka umwuka w’abazima, ari na bwo bamukoreraga ibizwi nka CPR byo gushitura umutima, aza kuzanzamuka.

Nyuma yahise ajyanwa kwa muganga igitaraganya, ariko nyuma ubuyobozi buza gutangaza ko yapfuye noneho by’ukuri.

Polisi yahise itangira iperereza kuri ibi byabaye, gusa biravugwa ko nta kimenyetso cyo kuba abaganga babanje gutangaza iriya nkuru babigambiriye ku buryo babikurikiranwaho nk’icyaha.

Umuyobozi Wungirije wa Polisi mu gace ka Lancaster, Ben Houchin yagize ati “Ibi ni ibintu bidasanzwe. Maze imyaka 31 ndi muri aka kazi, ariko ntakintu na kimwe kigeze kibaho mbere nk’iki.”

Ben Houchin yavuze ko mu minsi irindwi ya nyuma y’ubuzima bwa nyakwigendera, yagaragazaga intege nke zo kuba isaha n’isaha yashiramo umwuka, ari na byo bishobora kuba byarateye abaganga kumubika akiri muzima.

Byari biteganyijwe ko ibiva mu isuzuma ku rupfu rwa nyakwigendera, byagombaga gutangazwa kuri uyu wa Kabiri, ariko Ben Houchin yavuze ko bishobora kuzafata nk’ibyumweru 12.

Ati “Ikiriyo cyo mu rugo cyo kuba cyarabaye nta kosa ryakozwe, ahubwo abakigiyemo ni bo batahuye ko yari akiri muzima.”

Muri Kamena umwaka ushize, umugore w’imyaka 76 witwa Bella Montoya wo muri Ecuador, na we byatangajwe ko yapfuye yishwe na stroke, ndetse bamushyira mu isanduku bagiye no kumushyingura, nyuma y’amasaha atanu baza gusanga akiri muzima ubwo bari bagiye kumuhindurira imyenda yo kumushyingurana, ariko nyuma y’iminsi micye, na we yaje kwitaba Imana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi ku isoko ryo mu Rwanda byagabanutse

Next Post

Perezida Kagame yashyikirijwe impamyabumenyi y’Ikirenga y’icyubahiro na Kaminuza ikomeye (AMAFOTO)

Related Posts

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

by radiotv10
16/12/2025
0

Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kinshasa, Karidinali Fridolin Ambongo; yongeye kugira inama Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko bukwiye...

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Abasirikare b’u Burundi bari bakiri mu Ntara ya Kivu y’Epfo, nyuma yo gutsindwa n’abarwanyi ba AFC/M23, biravugwa ko batangiye gucyurwa...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

by radiotv10
16/12/2025
0

Residents of Uvira City took to the streets in form of protest after the AFC/M23 Coalition announced that it would...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yashyikirijwe impamyabumenyi y’Ikirenga y’icyubahiro na Kaminuza ikomeye (AMAFOTO)

Perezida Kagame yashyikirijwe impamyabumenyi y’Ikirenga y’icyubahiro na Kaminuza ikomeye (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.