Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugore wasezeranye n’igipupe ugishinja kumuca inyuma yagikoreye ibidasanzwe

radiotv10by radiotv10
13/06/2023
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Umugore wasezeranye n’igipupe ugishinja kumuca inyuma yagikoreye ibidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo muri Brazil waciye ibintu nyuma y’uko asezeranye n’igipupe, akaba agishinja ko cyamuciye inyuma, yafashe icyemezo cyo kugica ubugabo (igitsina) bwacyo ngo kidakomeza kumubabaza umutima. Ngo yigeze kukibaza niba hari umugore bari kumwe ariko cyanga kumusubiza.

Uyu mugore witwa Meirivone Rocha Moraes w’imyaka 37 y’amavuko, mu myaka ishize yagarutsweho cyane ubwo yatangazaga ko yasezeranye kubana n’igipupe Marcelo kikamubera umugabo, ndetse agakunda gusangiza abantu amafoto y’uburyo babanye.

Gusa kuri iyi nshuro noneho aravuga ko ibye n’iki gipupe afata nk’umugabo we, birimo kidobya, kikaba gikomeje kumubabaza umutima kuko kimuca inyuma, akaba yafashe icyemezo cyo kugica igitsina.

Yagize ati “Nabimenye ubwo inshuti yanjye yanyohererezaga ubutumwa mu ijoro rimwe, ivuga ko umugabo wanjye [avuga igipupe] anca inyuma. Iryo joro naraye nabi, bituma tutararana mu buriri.”

Meirivone yahise afata icyemezo cyo kugenera igihano uyu mugabo we, ahitamo kugica igice cy’igitsina cyacyo ngo kitazongera kumuca inyuma.

Ati “Ni igitsina cy’umweru, gifite uburebure bwa Sanyimetero 16. Rero nanzuye kugica kugikuraho. Nabikoze ngo abandi bagore batazajya bakorakora ku gitsina cya Marcelo, nkunda kugihisha iyo tugiye mu kabari cyangwa mu birori.”

Yakomeje agaragaza uko yagiye afata iki gipupe cyamuciye inyuma, ati “Ubushize nasanze bamuzaniye indabo z’iroza ku muryango. Naje gutahura ko Marcelo yari kumwe n’undi mugore ariko naramubajije yanga kumbwira.”

Uyu mugore ashinja iki gipupe kuba gikunda abagore ngo kuko muri WhatsApp yacyo, gifitemo abantu barenga 500 kandi abenshi ari ab’igitsinagore.

Uyu mugore n’igipupe cye ngo bari bemeranyijwe kubana
Ngo baje no kwibaruka

Aho kimuciriye inyuma ngo ajya kiraza mu ntebe

Src: Daily Mail

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 17 =

Previous Post

Habaye ibidasanzwe ku mukecuru bari bagiye gushyingura bazi ko yapfuye

Next Post

Hatangajwe amakuru mashya ku buzima bwa Museveni uri mu kato

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe amakuru mashya ku buzima bwa Museveni uri mu kato

Hatangajwe amakuru mashya ku buzima bwa Museveni uri mu kato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.