Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugore wasezeranye n’igipupe ugishinja kumuca inyuma yagikoreye ibidasanzwe

radiotv10by radiotv10
13/06/2023
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Umugore wasezeranye n’igipupe ugishinja kumuca inyuma yagikoreye ibidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo muri Brazil waciye ibintu nyuma y’uko asezeranye n’igipupe, akaba agishinja ko cyamuciye inyuma, yafashe icyemezo cyo kugica ubugabo (igitsina) bwacyo ngo kidakomeza kumubabaza umutima. Ngo yigeze kukibaza niba hari umugore bari kumwe ariko cyanga kumusubiza.

Uyu mugore witwa Meirivone Rocha Moraes w’imyaka 37 y’amavuko, mu myaka ishize yagarutsweho cyane ubwo yatangazaga ko yasezeranye kubana n’igipupe Marcelo kikamubera umugabo, ndetse agakunda gusangiza abantu amafoto y’uburyo babanye.

Gusa kuri iyi nshuro noneho aravuga ko ibye n’iki gipupe afata nk’umugabo we, birimo kidobya, kikaba gikomeje kumubabaza umutima kuko kimuca inyuma, akaba yafashe icyemezo cyo kugica igitsina.

Yagize ati “Nabimenye ubwo inshuti yanjye yanyohererezaga ubutumwa mu ijoro rimwe, ivuga ko umugabo wanjye [avuga igipupe] anca inyuma. Iryo joro naraye nabi, bituma tutararana mu buriri.”

Meirivone yahise afata icyemezo cyo kugenera igihano uyu mugabo we, ahitamo kugica igice cy’igitsina cyacyo ngo kitazongera kumuca inyuma.

Ati “Ni igitsina cy’umweru, gifite uburebure bwa Sanyimetero 16. Rero nanzuye kugica kugikuraho. Nabikoze ngo abandi bagore batazajya bakorakora ku gitsina cya Marcelo, nkunda kugihisha iyo tugiye mu kabari cyangwa mu birori.”

Yakomeje agaragaza uko yagiye afata iki gipupe cyamuciye inyuma, ati “Ubushize nasanze bamuzaniye indabo z’iroza ku muryango. Naje gutahura ko Marcelo yari kumwe n’undi mugore ariko naramubajije yanga kumbwira.”

Uyu mugore ashinja iki gipupe kuba gikunda abagore ngo kuko muri WhatsApp yacyo, gifitemo abantu barenga 500 kandi abenshi ari ab’igitsinagore.

Uyu mugore n’igipupe cye ngo bari bemeranyijwe kubana
Ngo baje no kwibaruka

Aho kimuciriye inyuma ngo ajya kiraza mu ntebe

Src: Daily Mail

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Habaye ibidasanzwe ku mukecuru bari bagiye gushyingura bazi ko yapfuye

Next Post

Hatangajwe amakuru mashya ku buzima bwa Museveni uri mu kato

Related Posts

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

IZIHERUKA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It
IMIBEREHO MYIZA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe amakuru mashya ku buzima bwa Museveni uri mu kato

Hatangajwe amakuru mashya ku buzima bwa Museveni uri mu kato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.