• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugore wasezeranye n’igipupe ugishinja kumuca inyuma yagikoreye ibidasanzwe

radiotv10by radiotv10
13/06/2023
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Umugore wasezeranye n’igipupe ugishinja kumuca inyuma yagikoreye ibidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo muri Brazil waciye ibintu nyuma y’uko asezeranye n’igipupe, akaba agishinja ko cyamuciye inyuma, yafashe icyemezo cyo kugica ubugabo (igitsina) bwacyo ngo kidakomeza kumubabaza umutima. Ngo yigeze kukibaza niba hari umugore bari kumwe ariko cyanga kumusubiza.

Uyu mugore witwa Meirivone Rocha Moraes w’imyaka 37 y’amavuko, mu myaka ishize yagarutsweho cyane ubwo yatangazaga ko yasezeranye kubana n’igipupe Marcelo kikamubera umugabo, ndetse agakunda gusangiza abantu amafoto y’uburyo babanye.

Gusa kuri iyi nshuro noneho aravuga ko ibye n’iki gipupe afata nk’umugabo we, birimo kidobya, kikaba gikomeje kumubabaza umutima kuko kimuca inyuma, akaba yafashe icyemezo cyo kugica igitsina.

Yagize ati “Nabimenye ubwo inshuti yanjye yanyohererezaga ubutumwa mu ijoro rimwe, ivuga ko umugabo wanjye [avuga igipupe] anca inyuma. Iryo joro naraye nabi, bituma tutararana mu buriri.”

Meirivone yahise afata icyemezo cyo kugenera igihano uyu mugabo we, ahitamo kugica igice cy’igitsina cyacyo ngo kitazongera kumuca inyuma.

Ati “Ni igitsina cy’umweru, gifite uburebure bwa Sanyimetero 16. Rero nanzuye kugica kugikuraho. Nabikoze ngo abandi bagore batazajya bakorakora ku gitsina cya Marcelo, nkunda kugihisha iyo tugiye mu kabari cyangwa mu birori.”

Yakomeje agaragaza uko yagiye afata iki gipupe cyamuciye inyuma, ati “Ubushize nasanze bamuzaniye indabo z’iroza ku muryango. Naje gutahura ko Marcelo yari kumwe n’undi mugore ariko naramubajije yanga kumbwira.”

Uyu mugore ashinja iki gipupe kuba gikunda abagore ngo kuko muri WhatsApp yacyo, gifitemo abantu barenga 500 kandi abenshi ari ab’igitsinagore.

Uyu mugore n’igipupe cye ngo bari bemeranyijwe kubana
Ngo baje no kwibaruka

Aho kimuciriye inyuma ngo ajya kiraza mu ntebe

Src: Daily Mail

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + seventeen =

Previous Post

Habaye ibidasanzwe ku mukecuru bari bagiye gushyingura bazi ko yapfuye

Next Post

Hatangajwe amakuru mashya ku buzima bwa Museveni uri mu kato

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Hatangajwe amakuru mashya ku buzima bwa Museveni uri mu kato

Hatangajwe amakuru mashya ku buzima bwa Museveni uri mu kato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.