Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugore yakatiwe gufungwa burundu kubera gusambanya umwana w’umuhungu

radiotv10by radiotv10
04/10/2022
in MU RWANDA
0
Umugore yakatiwe gufungwa burundu kubera gusambanya umwana w’umuhungu
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ubujurire muri Tanzania, rwakatiye igifungo cya burundu umugore w’imyaka 35 nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 12.

Uyu mugore wo mu mujyi wa Morogoro, yakatiwe iki gihano n’Urukiko rw’Ubujurire yari yagejejeho ubujurire bwe, i Dar es Salaam.

Uru rukiko rwasomye icyemezo cyarwo mu cyumweru gishize tariki 28 Nzeri 2022, rwateye utwatsi ubujurire bw’uyu mugore umaze kujurira ubugirakabiri dore ko n’Urukiko Rukuru rwari rwabuteye utwatsi muri 2021.

Uyu mugore wahamijwe gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 12 y’amavuko, yatawe muri yombi nyuma yuko nyina w’uyu mwana ndetse n’inshuti ye, bamuteze umutego, bagafata amashusho agaragaza uyu mugore ari gusambanya umwana we bakoresheje telefone,

Uyu mutego wo gufata aya mashusho, wakozwe nyuma yuko uyu mwana abwiriye umubyeyi we ko uwo mugore amaze imyaka itatu amusambanya kuva muri 2019.

Uyu mugore ubwo yajuriraga, yavugaga ko Ubushinjacyaha bwashingiye ku bimenyetso bishidikanywaho ndetse ko n’uwo mwana akurikiranyweho gusambanya, bitigezege bigaragazwa ko imyaka 12 ari yo afite koko.

Ubushinjacyaha bwo bwagaragazaga ko umubyeyi w’uwo mwana ari we mutangabuhamya w’ibanze wiboneye uyu mugore asambanya umwana we.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko ubwo uyu mwana w’umuhungu yasambanywaga n’uwo mugore, yari afite imyaka 12 y’amavuko.

Mu gufata icyemezo, Umucamanza yavuze ko ibyatangajwe n’uruhande rw’uregwa n’abamwunganira, bidafite ishingiro bityo ko icyemezo cyafashwe n’Urukiko kigomba kugumaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Nyuma y’imyaka 30 uracyatemba itoto ariko njye ndashaje- Obama abwira umugore we

Next Post

Tshisekedi yakoze impinduka zitunguranye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi yakoze impinduka zitunguranye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare

Tshisekedi yakoze impinduka zitunguranye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.