Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugore yakatiwe gufungwa burundu kubera gusambanya umwana w’umuhungu

radiotv10by radiotv10
04/10/2022
in MU RWANDA
0
Umugore yakatiwe gufungwa burundu kubera gusambanya umwana w’umuhungu
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ubujurire muri Tanzania, rwakatiye igifungo cya burundu umugore w’imyaka 35 nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 12.

Uyu mugore wo mu mujyi wa Morogoro, yakatiwe iki gihano n’Urukiko rw’Ubujurire yari yagejejeho ubujurire bwe, i Dar es Salaam.

Uru rukiko rwasomye icyemezo cyarwo mu cyumweru gishize tariki 28 Nzeri 2022, rwateye utwatsi ubujurire bw’uyu mugore umaze kujurira ubugirakabiri dore ko n’Urukiko Rukuru rwari rwabuteye utwatsi muri 2021.

Uyu mugore wahamijwe gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 12 y’amavuko, yatawe muri yombi nyuma yuko nyina w’uyu mwana ndetse n’inshuti ye, bamuteze umutego, bagafata amashusho agaragaza uyu mugore ari gusambanya umwana we bakoresheje telefone,

Uyu mutego wo gufata aya mashusho, wakozwe nyuma yuko uyu mwana abwiriye umubyeyi we ko uwo mugore amaze imyaka itatu amusambanya kuva muri 2019.

Uyu mugore ubwo yajuriraga, yavugaga ko Ubushinjacyaha bwashingiye ku bimenyetso bishidikanywaho ndetse ko n’uwo mwana akurikiranyweho gusambanya, bitigezege bigaragazwa ko imyaka 12 ari yo afite koko.

Ubushinjacyaha bwo bwagaragazaga ko umubyeyi w’uwo mwana ari we mutangabuhamya w’ibanze wiboneye uyu mugore asambanya umwana we.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko ubwo uyu mwana w’umuhungu yasambanywaga n’uwo mugore, yari afite imyaka 12 y’amavuko.

Mu gufata icyemezo, Umucamanza yavuze ko ibyatangajwe n’uruhande rw’uregwa n’abamwunganira, bidafite ishingiro bityo ko icyemezo cyafashwe n’Urukiko kigomba kugumaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 11 =

Previous Post

Nyuma y’imyaka 30 uracyatemba itoto ariko njye ndashaje- Obama abwira umugore we

Next Post

Tshisekedi yakoze impinduka zitunguranye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito
AMAHANGA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi yakoze impinduka zitunguranye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare

Tshisekedi yakoze impinduka zitunguranye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.