Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugore yakatiwe gufungwa burundu kubera gusambanya umwana w’umuhungu

radiotv10by radiotv10
04/10/2022
in MU RWANDA
0
Umugore yakatiwe gufungwa burundu kubera gusambanya umwana w’umuhungu
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ubujurire muri Tanzania, rwakatiye igifungo cya burundu umugore w’imyaka 35 nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 12.

Uyu mugore wo mu mujyi wa Morogoro, yakatiwe iki gihano n’Urukiko rw’Ubujurire yari yagejejeho ubujurire bwe, i Dar es Salaam.

Uru rukiko rwasomye icyemezo cyarwo mu cyumweru gishize tariki 28 Nzeri 2022, rwateye utwatsi ubujurire bw’uyu mugore umaze kujurira ubugirakabiri dore ko n’Urukiko Rukuru rwari rwabuteye utwatsi muri 2021.

Uyu mugore wahamijwe gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 12 y’amavuko, yatawe muri yombi nyuma yuko nyina w’uyu mwana ndetse n’inshuti ye, bamuteze umutego, bagafata amashusho agaragaza uyu mugore ari gusambanya umwana we bakoresheje telefone,

Uyu mutego wo gufata aya mashusho, wakozwe nyuma yuko uyu mwana abwiriye umubyeyi we ko uwo mugore amaze imyaka itatu amusambanya kuva muri 2019.

Uyu mugore ubwo yajuriraga, yavugaga ko Ubushinjacyaha bwashingiye ku bimenyetso bishidikanywaho ndetse ko n’uwo mwana akurikiranyweho gusambanya, bitigezege bigaragazwa ko imyaka 12 ari yo afite koko.

Ubushinjacyaha bwo bwagaragazaga ko umubyeyi w’uwo mwana ari we mutangabuhamya w’ibanze wiboneye uyu mugore asambanya umwana we.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko ubwo uyu mwana w’umuhungu yasambanywaga n’uwo mugore, yari afite imyaka 12 y’amavuko.

Mu gufata icyemezo, Umucamanza yavuze ko ibyatangajwe n’uruhande rw’uregwa n’abamwunganira, bidafite ishingiro bityo ko icyemezo cyafashwe n’Urukiko kigomba kugumaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − nine =

Previous Post

Nyuma y’imyaka 30 uracyatemba itoto ariko njye ndashaje- Obama abwira umugore we

Next Post

Tshisekedi yakoze impinduka zitunguranye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi yakoze impinduka zitunguranye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare

Tshisekedi yakoze impinduka zitunguranye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.