Wednesday, May 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane

radiotv10by radiotv10
13/05/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Edrisah Kenzo Musuuzah uzwi nka Eddy Kenzo yavuze ko ifoto yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, imugaragaza ahagurutswa mu myanya y’icyubahiro yari yicaranyemo n’umugore we uri muri Guverinoma ya Uganda, ari iyacuzwe hifashishijwe ikoranabuhanga ry’ubwenge bukorano.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri ubwo Perezida Yoweri Kaguta Museveni yarahiriraga gukomeza kuyobora Uganda, hakwirakwiye ifoto y’uyu muhanzi ari guhagurutswa mu myanya yari yicaranyemo n’umugore we Phiona Nyamutoro.

Bamwe mu bashyize iyi foto ku mbuga nkoranyambaga, bavugaga ko Eddy Kenzo yahagurukijwe muri iyo myanya kuko atari umunyacyubahiro nk’umugore we usanzwe ari muri Guverinoma ya Uganda.

Anyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze, Eddy Kenzo yahakanye ibi byavugwaga, avuga ko iriya foto ari iyacuzwe hakoreshejwe ikoranabuhanga ry’ubwenge bukorano, AI (Artificial intelligence).

Eddy Kenzo kandi yifashishije amashusho yafashwe ubwo we n’umugore we bahabwaga ibyicaro, yagize ati “Ntimuhe agaciro amafoto yakozwe hifashishwe AI agakwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga!”

Uyu muhanzi yakomeje avuga ko we n’umugore we bari bicaye neza batekanye mu byicaro bagenewe n’abari bashinzwe gutanga ibyicaro muri ibi birori by’irahira rya Museveni.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − three =

Previous Post

Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

Related Posts

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

Ibikubiye mu ibaruwa ifunguye y’Umuhanzi ‘Yampano’ ku byamubayeho byatumye hari abafungwa

by radiotv10
13/05/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yashyize hanze ibaruwa ifunguye yageneye Abanyarwanda, asabira imbabazi abafunzwe bazira gushyira hanze amashusho y’urukozasoni...

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

by radiotv10
13/05/2026
0

MC Murenzi wakoze umwuga w’itangazamakuru mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro wanabaye umushyushyarugamba (MC) usigaye aba muri Leta Zunze Ubumwe...

Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

by radiotv10
12/05/2026
0

Umuhanzi w’umuraperi Hahirwabasenga Thimotee uzwi nka Sky2, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa,...

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Uko Minisitiri Utumatwishima yakiranuye impaka zazamukiye ku mushinga w’umwe mu rubyiruko wagize imbogamizi

by radiotv10
08/05/2026
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yasabye urubyiruko kutajya rwihutira guca imanza ku bintu rudafiteho amakuru ahagije, nyuma...

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

by radiotv10
08/05/2026
0

Dating in Rwanda is no longer what it used to be. Not long ago, relationships often began through mutual friends,...

IZIHERUKA

Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane
IBYAMAMARE

Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane

by radiotv10
13/05/2026
0

Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

13/05/2026
Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

13/05/2026
Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

13/05/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Iburasirazuba: Abasore babiri barimo uwakekwagaho kwica umuntu akamuca umutwe barashwe na Polisi

13/05/2026
Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

Ibikubiye mu ibaruwa ifunguye y’Umuhanzi ‘Yampano’ ku byamubayeho byatumye hari abafungwa

13/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane

Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.