Wednesday, May 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

radiotv10by radiotv10
13/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Mamadi Doumbouya wa Guinea, yageze mu Rwanda aho yitabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru b’Ibigo muri Afurika (Africa CEO Forum), itegerejwemo Abakuru b’Ibihugu batandatu, barimo n’u Rwanda Paul Kagame.

Mamadi Doumbouya yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Gicurasi 2026, aho ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, yakiriwe n’abayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda, bayobowe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane yavuze ko “Nyakubahwa Mamadi Doumbouya, Perezida wa Repubulika ya Guinea, yageze mu Rwanda yitabiriye Africa CEO Forum, izabera i Kigali hagati ya tariki 14-15 Gicurasi.”

Uretse Doumbouya wamaze kugera mu Rwanda, iyi nama y’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru b’Ibigo byo ku Mugabane wa Afurika, itegerejwemo abandi Bakuru b’Ibihugu binyuranye byo ku Mugabane wa Afurika, barimo uw’u Rwanda, Paul Kagame uzanayifungura ku mugaragaro.

Iyi nama izanitabirwa na Perezida Brice Clotaire Oligui Nguema wa Gabon, Bola Ahmed Tinubu wa Nigeria, Daniel Chapo wa Mozambique, na Mohamed Cheikh Ould El Ghazouani wa Mauritania.

Ubuyobozi bw’iri Huriro Africa CEO Forum, ubwo bwavugaga kuri aba Bakuru b’Ibihugu bazaba bari muri iyi nama, bwavuze ko ari “Abayobozi batandatu bahagarariye bimwe mu Bihugu bifite ubukungu buhambaye ku Mugabane, bose bahurije ku ntego imwe: ahazaza ha Afurika hazaterwa inkunga, hubakwe kandi hagatunganywe n’Abanyafurika, abikorera bakaba ari bo bayobora.”

Buvuga kandi ko iyi nama izaba irimo Abakuru b’Ibihugu, aba CEOs n’abashoramari, “aho imiyoborere yo ku rwego rwa politiki y’uyu Mugabane n’abikorera bazagena indi ntambwe y’ahazaza h’iterambere n’ubukungu bya Afurika.”

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yakiriwe ku Kibuga cy’Indege na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu

Related Posts

Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu

Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu

by radiotv10
12/05/2026
0

Abihayimana batatu barimo Abapadiri babiri n’Umufurere umwe muri Kiliziya Gatulika mu Rwanda barimo babiri bo muri Diyoseze ya Byumba, bitabye...

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

by radiotv10
12/05/2026
0

Ikigo cy'Imisoro n'Amahoro (RRA) cyashyizeho uburyo bushya bwongewe muri sisiteme y’imisoro, buzafasha abagura n’abagurisha ibinyabiziga na ba Noteri bigenga, mu...

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

by radiotv10
12/05/2026
1

Kigali, Rwanda- Students, lecturers, researchers, and healthcare professionals from different universities across Africa say the East African Physiology Quiz and...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

by radiotv10
12/05/2026
0

Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka muri RDF, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye...

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

by radiotv10
12/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu gikorwa cyo kwakirwa ku meza cyayobowe na Perezida William...

IZIHERUKA

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe
MU RWANDA

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

by radiotv10
13/05/2026
0

Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu

Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu

12/05/2026
Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

12/05/2026
Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

12/05/2026
Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

12/05/2026
Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

12/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.