• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

radiotv10by radiotv10
13/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Mamadi Doumbouya wa Guinea, yageze mu Rwanda aho yitabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru b’Ibigo muri Afurika (Africa CEO Forum), itegerejwemo Abakuru b’Ibihugu batandatu, barimo n’u Rwanda Paul Kagame.

Mamadi Doumbouya yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Gicurasi 2026, aho ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, yakiriwe n’abayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda, bayobowe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane yavuze ko “Nyakubahwa Mamadi Doumbouya, Perezida wa Repubulika ya Guinea, yageze mu Rwanda yitabiriye Africa CEO Forum, izabera i Kigali hagati ya tariki 14-15 Gicurasi.”

Uretse Doumbouya wamaze kugera mu Rwanda, iyi nama y’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru b’Ibigo byo ku Mugabane wa Afurika, itegerejwemo abandi Bakuru b’Ibihugu binyuranye byo ku Mugabane wa Afurika, barimo uw’u Rwanda, Paul Kagame uzanayifungura ku mugaragaro.

Iyi nama izanitabirwa na Perezida Brice Clotaire Oligui Nguema wa Gabon, Bola Ahmed Tinubu wa Nigeria, Daniel Chapo wa Mozambique, na Mohamed Cheikh Ould El Ghazouani wa Mauritania.

Ubuyobozi bw’iri Huriro Africa CEO Forum, ubwo bwavugaga kuri aba Bakuru b’Ibihugu bazaba bari muri iyi nama, bwavuze ko ari “Abayobozi batandatu bahagarariye bimwe mu Bihugu bifite ubukungu buhambaye ku Mugabane, bose bahurije ku ntego imwe: ahazaza ha Afurika hazaterwa inkunga, hubakwe kandi hagatunganywe n’Abanyafurika, abikorera bakaba ari bo bayobora.”

Buvuga kandi ko iyi nama izaba irimo Abakuru b’Ibihugu, aba CEOs n’abashoramari, “aho imiyoborere yo ku rwego rwa politiki y’uyu Mugabane n’abikorera bazagena indi ntambwe y’ahazaza h’iterambere n’ubukungu bya Afurika.”

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yakiriwe ku Kibuga cy’Indege na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 2 =

Previous Post

Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane

Next Post

Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.