• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

radiotv10by radiotv10
13/05/2026
in AMAHANGA
0
Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize
Share on FacebookShare on Twitter

Tariki nk’iyi ya 13 Gicurasi mu 1981 Mutagatifu Papa Yohani Pawulo II wari Umushumba wa Kiliziya Gatulika, yarasiwe mu ruhame i Roma arakomereka bikabije, ariko Imana ikinga akaboko. Twibukiranye ibyabaye ubwo iki gitero cyabaga mu myaka 45 ishize.

Iki gitero cyagabwe kuri Mutagatifu Papa Yohani Pawulo II, ubwo yari mu Ikoraniro rusange rya Papa riba buri wa gatatu (General Audience) ryaberaga ku rubuga rwa Bazilika ya Mutagatifu Petero i Roma. Icyo gitero cyahungabanyije Kiliziya Gatolika n’isi yose, kiba kimwe mu bihe bikomeye byaranze amateka ya Kiliziya muri iki gihe cya vuba.

Uyu munsi wa tariki ya 13 Gicurasi 1981 ukomeza kwibukwa cyane kubera ubutumwa busanzwe bujyana nawo: isengesho, imbabazi no kwiringira Imana, byaranze imyitwarire ya Papa Yohani Pawulo II nyuma yo kuraswa.

Mu gihe icyo gitero cyabaga, isi yari iri mu bihe bikomeye bya politiki n’umutekano. Intambara y’Ubutita yari yongeye gukaza umurego nyuma y’igitero Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti zari zagabye muri Afghanistan, mu gihe mu Burayi bw’Iburasirazuba hari impungenge zaterwaga n’izamuka ry’umuryango wigenga w’abakozi wa Solidarność wo muri Pologne.

Mu Butaliyani ho, igihugu cyari kikiri mu bihe by’ikorwa by’ibitero n’urugomo rwa politiki byiswe Anni di Piombo cyangwa “Imyaka y’Amasasu”.

Kuri uwo wa Gatatu tariki ya 13 Gicurasi 1981, urubuga rwa Mutagatifu Petero rwari rwuzuye abakirisitu n’abakerarugendo bari baje kwitabira ikoraniro rusange rya buri cyumweru. Papa Yohani Pawulo II yari mu modoka yera asanzwe akoresha azengurukamo asuhuza abakirisitu, ubwo yaraswaga amasasu ari hafi cyane.Yahise akomereka bikomeye, ahita ajyanwa byihutirwa ku Bitaro bya Gemelli i Roma.

Umunyamakuru wa Radiyo Vatikani, Benedetto Nardacci, wari uri gutangaza ibyaberaga aho hantu mu buryo bwa live, yavuze ko nyuma y’ayo masasu habayeho urujijo n’ituze ridasanzwe, aho abakirisitu bahise bahagarara batuje bategereje amakuru mashya ku buzima bwa Papa.

Abepiskopi n’abapadiri bari aho bahamagariye abakirisitu gusenga basabira Papa gukira.Nyuma y’igihe gito, Ibiro Ntaramakuru bya Vatican byatangaje ko Papa yarashwe mu nda kandi ko yari ari kubagwa ku Bitaro bya Gemelli. Nubwo yari arembye, Vatican yatangaje ko hari icyizere cyo gukira.

Nyuma y’iminsi ine, Papa Yohani Pawulo II yagejeje ku bakirisitu ubutumwa bwa Regina Caeli ari mu bitaro, atangaza ku mugaragaro ko ababariye Mehmet Ali Ağca, umugabo wamurashe.Papa yavuze ko asabira uwamurashe, aniyegurira Bikira Mariya mu amagambo yari asanzwe aranga ubuzima bwe agira ati“Totus tuus ego sum”, bishatse kuvuga ngo “Ndi uwawe wese”.

Nyuma y’iki gitero, tariki ya 13 Gicurasi yahise ihuzwa cyane n’ubwitange n’ukwihebera kwa Papa Yohani Pawulo II kuri Bikira Mariya wa Fatima, kuko uwo munsi ari na wo Kiliziya yizihizaho Umunsi wa Bikira Mariya wa Fatima. Papa Yohani Pawulo II yakomeje guhamya ko yemera adashidikanya ko ubuzima bwe bwarinzwe n’ubuvugizi bwa Bikira Mariya.

Mu Misa yo gusezera kuri Papa Yohani Pawulo II tariki ya 8 Mata 2005, Kardinali Joseph Ratzinger, nyuma wabaye Papa Benedigito XVI, yavuze ko Yohani Pawulo II yatanze urugero rw’umuntu wakiriye imibabaro ayihuza n’ububabare bwa Kristu.

Yashingiye kuri kimwe mu bitabo bya nyuma bya Papa Yohani Pawulo wa II cyitwa Memory and Identity, agaragaza uburyo imibabaro ishobora guhinduka isoko y’urukundo iyo yakiriwe mu kwizera.

Na Papa Fransisiko yagarutse kuri iki gitero mu ikoraniro rusange ku wa 12 Gicurasi 2021, avuga ko isano iri hagati y’itariki y’igitero n’umunsi wa Bikira Mariya wa Fatima yibutsa abantu bose ko “ubuzima bwa muntu n’amateka y’isi biri mu biganza by’Imana.”

Kwibuka Mutagatifu Yohani Pawulo II bikomeje kuba mu buzima bwa Kiliziya. Tariki ya 11 Gicurasi 2025, nyuma gato yo gutorerwa kuyobora Kiliziya, Papa Leo XIV yaganirije urubyiruko mu isengesho rya Regina Caeli asubiramo amagambo akunze kwibukirwaho Papa Yohani Pawulo II agira ati “Ntimutinye! Mwemere ubutumire bwa Kiliziya na Kristu Umwami.”

Igitero cyo ku wa 13 Gicurasi 1981 gikomeje kwibutsa isi ko no mu bihe bikomeye, ukwizera, imbabazi no kwiyegurira Imana bishobora kurusha imbaraga ubwoba n’urwango.

Ubwo Papa Paul II yaraswaga
Ikanzu yari yambaye yarabitswe

Ivomo: Kinyamateka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Next Post

Amakuru mashya: DJ Toxxyk agiye gusubira imbere y’Urukiko

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Amakuru mashya: DJ Toxxyk agiye gusubira imbere y’Urukiko

Amakuru mashya: DJ Toxxyk agiye gusubira imbere y’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.