Wednesday, May 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

radiotv10by radiotv10
13/05/2026
in AMAHANGA
0
Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize
Share on FacebookShare on Twitter

Tariki nk’iyi ya 13 Gicurasi mu 1981 Mutagatifu Papa Yohani Pawulo II wari Umushumba wa Kiliziya Gatulika, yarasiwe mu ruhame i Roma arakomereka bikabije, ariko Imana ikinga akaboko. Twibukiranye ibyabaye ubwo iki gitero cyabaga mu myaka 45 ishize.

Iki gitero cyagabwe kuri Mutagatifu Papa Yohani Pawulo II, ubwo yari mu Ikoraniro rusange rya Papa riba buri wa gatatu (General Audience) ryaberaga ku rubuga rwa Bazilika ya Mutagatifu Petero i Roma. Icyo gitero cyahungabanyije Kiliziya Gatolika n’isi yose, kiba kimwe mu bihe bikomeye byaranze amateka ya Kiliziya muri iki gihe cya vuba.

Uyu munsi wa tariki ya 13 Gicurasi 1981 ukomeza kwibukwa cyane kubera ubutumwa busanzwe bujyana nawo: isengesho, imbabazi no kwiringira Imana, byaranze imyitwarire ya Papa Yohani Pawulo II nyuma yo kuraswa.

Mu gihe icyo gitero cyabaga, isi yari iri mu bihe bikomeye bya politiki n’umutekano. Intambara y’Ubutita yari yongeye gukaza umurego nyuma y’igitero Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti zari zagabye muri Afghanistan, mu gihe mu Burayi bw’Iburasirazuba hari impungenge zaterwaga n’izamuka ry’umuryango wigenga w’abakozi wa Solidarność wo muri Pologne.

Mu Butaliyani ho, igihugu cyari kikiri mu bihe by’ikorwa by’ibitero n’urugomo rwa politiki byiswe Anni di Piombo cyangwa “Imyaka y’Amasasu”.

Kuri uwo wa Gatatu tariki ya 13 Gicurasi 1981, urubuga rwa Mutagatifu Petero rwari rwuzuye abakirisitu n’abakerarugendo bari baje kwitabira ikoraniro rusange rya buri cyumweru. Papa Yohani Pawulo II yari mu modoka yera asanzwe akoresha azengurukamo asuhuza abakirisitu, ubwo yaraswaga amasasu ari hafi cyane.Yahise akomereka bikomeye, ahita ajyanwa byihutirwa ku Bitaro bya Gemelli i Roma.

Umunyamakuru wa Radiyo Vatikani, Benedetto Nardacci, wari uri gutangaza ibyaberaga aho hantu mu buryo bwa live, yavuze ko nyuma y’ayo masasu habayeho urujijo n’ituze ridasanzwe, aho abakirisitu bahise bahagarara batuje bategereje amakuru mashya ku buzima bwa Papa.

Abepiskopi n’abapadiri bari aho bahamagariye abakirisitu gusenga basabira Papa gukira.Nyuma y’igihe gito, Ibiro Ntaramakuru bya Vatican byatangaje ko Papa yarashwe mu nda kandi ko yari ari kubagwa ku Bitaro bya Gemelli. Nubwo yari arembye, Vatican yatangaje ko hari icyizere cyo gukira.

Nyuma y’iminsi ine, Papa Yohani Pawulo II yagejeje ku bakirisitu ubutumwa bwa Regina Caeli ari mu bitaro, atangaza ku mugaragaro ko ababariye Mehmet Ali Ağca, umugabo wamurashe.Papa yavuze ko asabira uwamurashe, aniyegurira Bikira Mariya mu amagambo yari asanzwe aranga ubuzima bwe agira ati“Totus tuus ego sum”, bishatse kuvuga ngo “Ndi uwawe wese”.

Nyuma y’iki gitero, tariki ya 13 Gicurasi yahise ihuzwa cyane n’ubwitange n’ukwihebera kwa Papa Yohani Pawulo II kuri Bikira Mariya wa Fatima, kuko uwo munsi ari na wo Kiliziya yizihizaho Umunsi wa Bikira Mariya wa Fatima. Papa Yohani Pawulo II yakomeje guhamya ko yemera adashidikanya ko ubuzima bwe bwarinzwe n’ubuvugizi bwa Bikira Mariya.

Mu Misa yo gusezera kuri Papa Yohani Pawulo II tariki ya 8 Mata 2005, Kardinali Joseph Ratzinger, nyuma wabaye Papa Benedigito XVI, yavuze ko Yohani Pawulo II yatanze urugero rw’umuntu wakiriye imibabaro ayihuza n’ububabare bwa Kristu.

Yashingiye kuri kimwe mu bitabo bya nyuma bya Papa Yohani Pawulo wa II cyitwa Memory and Identity, agaragaza uburyo imibabaro ishobora guhinduka isoko y’urukundo iyo yakiriwe mu kwizera.

Na Papa Fransisiko yagarutse kuri iki gitero mu ikoraniro rusange ku wa 12 Gicurasi 2021, avuga ko isano iri hagati y’itariki y’igitero n’umunsi wa Bikira Mariya wa Fatima yibutsa abantu bose ko “ubuzima bwa muntu n’amateka y’isi biri mu biganza by’Imana.”

Kwibuka Mutagatifu Yohani Pawulo II bikomeje kuba mu buzima bwa Kiliziya. Tariki ya 11 Gicurasi 2025, nyuma gato yo gutorerwa kuyobora Kiliziya, Papa Leo XIV yaganirije urubyiruko mu isengesho rya Regina Caeli asubiramo amagambo akunze kwibukirwaho Papa Yohani Pawulo II agira ati “Ntimutinye! Mwemere ubutumire bwa Kiliziya na Kristu Umwami.”

Igitero cyo ku wa 13 Gicurasi 1981 gikomeje kwibutsa isi ko no mu bihe bikomeye, ukwizera, imbabazi no kwiyegurira Imana bishobora kurusha imbaraga ubwoba n’urwango.

Ubwo Papa Paul II yaraswaga
Ikanzu yari yambaye yarabitswe

Ivomo: Kinyamateka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + eight =

Previous Post

Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%

Related Posts

Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje ibyishimo yatewe n’ibihe byiza yagiriye muri Kenya, birimo gusonga (kwarika) ubugari bwa kawunga no...

Hitezwe iki kuri Trump mu ruzinduko agiyemo mu Bushinwa

Hitezwe iki kuri Trump mu ruzinduko agiyemo mu Bushinwa

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, aragirira uruzinduko mu gihugu cy’u Bushinwa ku butumire bwa mugenzi we...

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

by radiotv10
12/05/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yongeye kwibasira Barack Obama yasimbuye ku butegetsi muri manda ya mbere,...

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

by radiotv10
12/05/2026
0

Umuryango Human Rights Foundation (HRF) uharanira uburenganzira bwa muntu wibanda ku kurwanya ubutegetsi bw’igitugu, watangaje ko uhangayikishijwe n’ibiherutse gutangazwa na...

Meya wo muri California yeguye ashinjwa kuba intasi y’u Bushinwa muri America

Meya wo muri California yeguye ashinjwa kuba intasi y’u Bushinwa muri America

by radiotv10
13/05/2026
0

Eileen Wang, umuyobozi w’umujyi wa Arcadia muri California, yeguye nyuma yo kuregwa icyaha cyo kuba Intasi y’u Bushinwa muri Leta...

IZIHERUKA

Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize
AMAHANGA

Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

by radiotv10
13/05/2026
0

Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%

Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%

13/05/2026
Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

13/05/2026
Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

13/05/2026
Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane

Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane

13/05/2026
Here are the major projects set to receive Rwf 7.7 trillion in Rwanda’s 2026/27 budget

Here are the major projects set to receive Rwf 7.7 trillion in Rwanda’s 2026/27 budget

13/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.