Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Eddy Kenzo yatanze umucyo ku by’urukundo avugwaho na Minisitiri yaherekeje mu irahira

radiotv10by radiotv10
28/03/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi Eddy Kenzo yatanze umucyo ku by’urukundo avugwaho na Minisitiri yaherekeje mu irahira
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Eddy Kenzo uri mu bafite izina rikomeye mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yemeye ko ari inshuti na Phiona Nyamutoro uherutse kugirwa Minisitiri w’Ibyerecyeye Ingufu muri Uganda, ariko ntiyerura ko urukundo rwabo ari ururi kuvugwa.

Kuva Phiona Nyamutoro yagirwa Minisitiri ushinzwe Iby’Ingufu muri Guverinoma ya Uganda, ibinyamakuru byo muri Uganda, byavuze ko uyu Munya-Uganda-kazi, ari mu rukundo n’umuhanzi Eddy Kenzo.

Phiona Nyamutoro akimara guhabwa izi nshingano kandi, Eddy Kenzo yahise yandika ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze, amwifuriza ishya n’ihirwe ndetse agaragaza ibyishimo yatewe n’iyi ntambwe yateye.

Gusa urukundo ruvugwa hagati y’aba bombi, Eddy Kenzo yabaye nk’uruhakana mu kiganiro yagiranye na Televiziyo izwi nka Sanyuka TV ikorera muri Uganda.

Uyu muhanzi wari ubajijwe icyo avuga kuri uyu munyapolitii, yagize ati “Ni inshuti yanjye.” Ariko Umunyamakuru ntiyanyurwa, amubaza urwego ubwo bucuti bwabo buriho, amusubiza agira ati “ni inshuti yanjye ya hafi.”

Urukundo rw’aba bombi kandi ntiruvuzwe vuba aha, kuko rwatangiye kuvugwa umwaka ushize ubwo Eddy Kenzo yahaga impano y’imodoka uyu munyapolitiki wamaze kwinjira muri Guverinoma ya Uganda.

Nubwo Eddy Kenzo aterura niba urukundo ruvugwa hagati ye n’uyu munyapolitiki, ari urw’abashobora kubana, kuri uyu wa Gatatu ubwo Nyamutoro yajyaga kurahirira izi nshingano aherutse guhabwa, yari aherekejwe n’uyu muhanzi banafashe ifoto bari kumwe na Perezida Yoweri Museveni.

Iki gikorwa na cyo kiri mu byazamuye amakuru y’urukundo rwabo, aho ibinyamakuru byo muri Uganda, byatangaje ko aba bombi bashimangiye urukundo rwabo.

Ubwo yari avuye guherekeza Minisitiri mushya mu muhango w’irahira rye, Eddy Kenzo yongeye kugaragaza ibyishimo yatewe n’iyi ntambwe yateye.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, Eddy Kenzo yagize ati “Ni ibyishimo byinshi kuba naje guhamya indahiro yawe nka Minisitiri w’Ingufu n’Iterambere ry’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Kureba intambwe ukomeje gutera, bintera ishema.”

Eddy Kenzo yasoje ubutumwa bwe yifuriza iyi nshuti ye Phiona Nyamutoro kuzamugenda imbere muri izi nshingano zo gukorera Igihugu cya Uganda.

Eddy Kenzo yari yaherekeje Minisitiri mushya mu irahira rye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − ten =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda uherutse kugira ibyago yongeye kubigira hatarashira umwaka

Next Post

Gen.Alex Kagame yagaragarije Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique ishusho y’ibikorwa bya RDF i CaboDelgado

Related Posts

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

IZIHERUKA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
MU RWANDA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
19/01/2026
0

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Alex Kagame yagaragarije Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique ishusho y’ibikorwa bya RDF i CaboDelgado

Gen.Alex Kagame yagaragarije Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique ishusho y’ibikorwa bya RDF i CaboDelgado

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.