• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Eddy Kenzo yatanze umucyo ku by’urukundo avugwaho na Minisitiri yaherekeje mu irahira

radiotv10by radiotv10
28/03/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi Eddy Kenzo yatanze umucyo ku by’urukundo avugwaho na Minisitiri yaherekeje mu irahira
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Eddy Kenzo uri mu bafite izina rikomeye mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yemeye ko ari inshuti na Phiona Nyamutoro uherutse kugirwa Minisitiri w’Ibyerecyeye Ingufu muri Uganda, ariko ntiyerura ko urukundo rwabo ari ururi kuvugwa.

Kuva Phiona Nyamutoro yagirwa Minisitiri ushinzwe Iby’Ingufu muri Guverinoma ya Uganda, ibinyamakuru byo muri Uganda, byavuze ko uyu Munya-Uganda-kazi, ari mu rukundo n’umuhanzi Eddy Kenzo.

Phiona Nyamutoro akimara guhabwa izi nshingano kandi, Eddy Kenzo yahise yandika ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze, amwifuriza ishya n’ihirwe ndetse agaragaza ibyishimo yatewe n’iyi ntambwe yateye.

Gusa urukundo ruvugwa hagati y’aba bombi, Eddy Kenzo yabaye nk’uruhakana mu kiganiro yagiranye na Televiziyo izwi nka Sanyuka TV ikorera muri Uganda.

Uyu muhanzi wari ubajijwe icyo avuga kuri uyu munyapolitii, yagize ati “Ni inshuti yanjye.” Ariko Umunyamakuru ntiyanyurwa, amubaza urwego ubwo bucuti bwabo buriho, amusubiza agira ati “ni inshuti yanjye ya hafi.”

Urukundo rw’aba bombi kandi ntiruvuzwe vuba aha, kuko rwatangiye kuvugwa umwaka ushize ubwo Eddy Kenzo yahaga impano y’imodoka uyu munyapolitiki wamaze kwinjira muri Guverinoma ya Uganda.

Nubwo Eddy Kenzo aterura niba urukundo ruvugwa hagati ye n’uyu munyapolitiki, ari urw’abashobora kubana, kuri uyu wa Gatatu ubwo Nyamutoro yajyaga kurahirira izi nshingano aherutse guhabwa, yari aherekejwe n’uyu muhanzi banafashe ifoto bari kumwe na Perezida Yoweri Museveni.

Iki gikorwa na cyo kiri mu byazamuye amakuru y’urukundo rwabo, aho ibinyamakuru byo muri Uganda, byatangaje ko aba bombi bashimangiye urukundo rwabo.

Ubwo yari avuye guherekeza Minisitiri mushya mu muhango w’irahira rye, Eddy Kenzo yongeye kugaragaza ibyishimo yatewe n’iyi ntambwe yateye.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, Eddy Kenzo yagize ati “Ni ibyishimo byinshi kuba naje guhamya indahiro yawe nka Minisitiri w’Ingufu n’Iterambere ry’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Kureba intambwe ukomeje gutera, bintera ishema.”

Eddy Kenzo yasoje ubutumwa bwe yifuriza iyi nshuti ye Phiona Nyamutoro kuzamugenda imbere muri izi nshingano zo gukorera Igihugu cya Uganda.

Eddy Kenzo yari yaherekeje Minisitiri mushya mu irahira rye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + one =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda uherutse kugira ibyago yongeye kubigira hatarashira umwaka

Next Post

Gen.Alex Kagame yagaragarije Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique ishusho y’ibikorwa bya RDF i CaboDelgado

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Gen.Alex Kagame yagaragarije Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique ishusho y’ibikorwa bya RDF i CaboDelgado

Gen.Alex Kagame yagaragarije Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique ishusho y’ibikorwa bya RDF i CaboDelgado

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.