Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda uherutse kugira ibyago yongeye kubigira hatarashira umwaka

radiotv10by radiotv10
28/03/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi Nyarwanda uherutse kugira ibyago yongeye kubigira hatarashira umwaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, nyuma y’amezi arindwi apfushije umubyeyi (Se), yapfushije nyirakuru ubyara nyina, waguye mu nzira ubwo yari ajyanywe kwa muganga.

Ni ibyago byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 28 Werurwe 2024, nk’uko umwe mu buzukuru ba nyakwigendera yabitangarije ikinyamakuru Igihe.

Uyu wemeje aya makuru, yavuze ko nyirakuru witwa Mukangarambe Yunia, yitabye Imana mu gitondo cya kare ahagana saa kumi n’imwe (05:00’).

Yagize ati “Yaguye mu nzira bamujyanye kwa muganga, yari amaze nk’amezi abiri arwaye ariko ntabwo yigeze aremba, yari afite imbaraga.”

Uyu mukecuru wari utuye mu Ntara y’Iburasirazuba mu Karere ka Kayonza, yari asanzwe ari Nyirakuru w’Umuhanzi The Ben n’umuraperi Green P., bamaze amezi arindwi bapfushije Se.

Muri Kanama umwaka ushize wa 2023, ni bwo Mbonimpa John akaba umubyeyi wa The Ben na Green P. yitabye Imana na we azize uburwayi.

Mu muhango wo gushyingura uyu mubyeyi, The Ben wanawujemo avuye muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagaragaje agahinda gakomeye atewe n’urupfu rwa Se, witabye Imana yarabanje kunyura mu bigeragezo byatumye ahunga Imana, ariko akaba yaratashye amaze kuyigarukira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Menya ibyo RDF yaganirije abahagarariye mu Rwanda Igisirikare cy’Ibihugu byabo birimo America, Russia,…

Next Post

Umuhanzi Eddy Kenzo yatanze umucyo ku by’urukundo avugwaho na Minisitiri yaherekeje mu irahira

Related Posts

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

by radiotv10
25/07/2025
0

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe....

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

by radiotv10
25/07/2025
0

African streetwear is no longer just an underground aesthetic, it has transformed into a bold expression of culture, identity, and...

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

by radiotv10
22/07/2025
0

Umusore Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gufungirana mu nzu...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

by radiotv10
22/07/2025
0

Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, uri mu bari baherutse kugaragaza ibibazo bagiriye muri Hoteli Château le Marara...

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

by radiotv10
21/07/2025
1

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu amashusho ye agaragaza ikimero cye, aho aba yambaye imyenda yenda kugaragaza imyanya y’ibanga nk’umukondo. Ni amashusho...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Eddy Kenzo yatanze umucyo ku by’urukundo avugwaho na Minisitiri yaherekeje mu irahira

Umuhanzi Eddy Kenzo yatanze umucyo ku by’urukundo avugwaho na Minisitiri yaherekeje mu irahira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.