Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda biravugwa ko yaguriye umugore we imodoka y’akataraboneka

radiotv10by radiotv10
28/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi ukomeye mu Rwanda biravugwa ko yaguriye umugore we imodoka y’akataraboneka
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi The Ben uri mu bahanzi nyarwanda bakomeye, yaguriye umugore we Miss Uwicyeza Pamella, imodoka yo mu bwoko bwa Range Rover iri mu zigezweho, nk’impano y’urwo amukunda.

Amakuru yizewe, avuga ko The Ben yatumije i Dubai iyi modoka yo mu bwoko bwa Range Rover, kugira ngo ayihe umugore we Pamella nk’impano y’urukundo amukunda uko bwije uko bucyeye.

Uwaduhaye amakuru, avuga ko iyi modoka itaragera mu Rwanda kuko ikiri i Dubai, ariko ko ibindi byose bisabwa kugira ngo igere mu Rwanda, byamaze kwishyurwa, hakaba hasigaye ko igera kuri Pamella.

Yagize ati “Ni imodoka ya Range Rover, The Ben yaguriye umugore we nk’impano yo gukomeza gushimangira urukundo amukunda.”

The Ben na Uwicyeza Pamella bamaze igice cy’umwaka ari umugore n’umugabo mu irangamimerere ry’u Rwanda, kuko basezeranye tariki 31 Kanama 2022.

Ni ubukwe bwatunguye benshi kuko urukundo rwabo rwari rumaze iminsi ruvugwa ndetse The Ben yarasabye Pamella kuzamubera umugore, akanabimwemerera, ariko ibyo gusezerana bakaba bari barabigize ibanga.

Muri Mutarama uyu mwaka, ubwo The Ben na Pamella bishimiraga isabukuru y’uyu muhanzi, bongeye kugaragaza ko urukundo rwabo rukiri pata na rugi.

Mu kwizihiza iyi sabukuru ya The Ben isanzwe iba tariki 09 Mutarama, aba bombi bagiye kuryohereza ubuzima bwabo mu Birwa bya Zanzibar, ubundi berecyeza mu Birwa bya Maldives, bagaragaza amafoto bafatiye muri ibi bice, bishimye by’agahebuzo.

Umwaka ushize basezeranye imbere y’amategeko
The Ben na Pamella ntibahwema kugaragaza urwo bakundana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + twenty =

Previous Post

Bwa mbere hagaragajwe uko Qatar yaba yaraje mu bya Rusesabagina byarebaga u Rwanda na USA

Next Post

Benin itegereje isomo ry’Amavubi yaje idafite abakinnyi ngenderwaho igera i Kigali yikandagira

Related Posts

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Benin itegereje isomo ry’Amavubi yaje idafite abakinnyi ngenderwaho igera i Kigali yikandagira

Benin itegereje isomo ry’Amavubi yaje idafite abakinnyi ngenderwaho igera i Kigali yikandagira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.