Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yinjiye mu mwuga w’Itangazamakuru

radiotv10by radiotv10
21/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yinjiye mu mwuga w’Itangazamakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Byose ni ugukoresha Microphone ariko hamwe yayikoreshaga mu kuririmba, ubu noneho agiye gukoresha iyo muri studio za radio. Umuhanzi Kayigi Andy Dick Fred uzwi nka Andy Bumuntu agiye gukorera imwe muri Radio zikorera mu Rwanda.

Uyu musore usanzwe amenyerewe mu ndirimbo zo mu njyana ya R&B ziganjemo iz’urukundo, amakuru yizewe aremeza ko yamaze no kumvikana na Radio Kiss FM akaba ari yo agiye gukorera nk’Umunyamakuru.

Andy Bumuntu uzwiho ubumuntu nk’uko izina rye ribivuga, azajya akorana n’umunyamakurukazi ubimazemo igihe Sandrine Isheja mu kiganiro kizwi nka Kiss Break Fast kiri mu bikunzwe n’urubyiruko rwinshi mu Rwanda.

Uyu musore azaba asimbuye Umunyamakuru Gentil Gedeon Ntirenganya ugiye kuzajya akora ikindi kiganiro na cyo kizajya gitambuka kuri iyi radio mu masaha y’ikigoroba.

Amakuru yemeza ko Andy Bumuntu azatangira kazi kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Mata 2022, ubwo azaba atangiye urugendo rushya mu mwuga w’itangazamakuru.

Iyi radio iherutse gutakaza abanyamakuru bafite izina rikomeye mu Rwanda barimo Nkusi Arthur uzwi nka Rutura wanasimbuwe na Gentil Gedeon muri iki kiganiro kigiye kujya gikorwamo na Andy Bumuntu.

Hari kandi Umunyamakuru Uncle Austin bivugwa ko yashinze Radio na we wari uri mu bari bamaze igihe kuri Kiss FM.

Andy Bumuntu ugiye kujya akorana na Sandrine Isheja nta mateka akomeye afite mu mwuga w’Itangazamakuru uretse kuba yahuraga na ryo mu biganiro nk’umuhanzi, ubu na we akaba agiye kujya atumira abahanzi bagenzi be mu kiganiro azaba akoramo nk’umunyamakuru.

Si we muhanzi wa mbere mu Rwanda uzaba akoze Itangazamakuru kuko hari bamwe bagiye babikora babibangikanye kandi bikuzuzanya nka Uncle Austin na we wakoraga kuri iyi Radio.

Andy Bumuntu agiye gukora kuri Kiss FM yajyaga azamo nk’umutumirwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 6 =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru mashya ku bagenzi bari muri ya ndege

Next Post

Nyamasheke: Mu kwezi kumwe nibura abangavu 12 batewe inda zitateganyijwe

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Mu kwezi kumwe nibura abangavu 12 batewe inda zitateganyijwe

Nyamasheke: Mu kwezi kumwe nibura abangavu 12 batewe inda zitateganyijwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.