Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yinjiye mu mwuga w’Itangazamakuru

radiotv10by radiotv10
21/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yinjiye mu mwuga w’Itangazamakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Byose ni ugukoresha Microphone ariko hamwe yayikoreshaga mu kuririmba, ubu noneho agiye gukoresha iyo muri studio za radio. Umuhanzi Kayigi Andy Dick Fred uzwi nka Andy Bumuntu agiye gukorera imwe muri Radio zikorera mu Rwanda.

Uyu musore usanzwe amenyerewe mu ndirimbo zo mu njyana ya R&B ziganjemo iz’urukundo, amakuru yizewe aremeza ko yamaze no kumvikana na Radio Kiss FM akaba ari yo agiye gukorera nk’Umunyamakuru.

Andy Bumuntu uzwiho ubumuntu nk’uko izina rye ribivuga, azajya akorana n’umunyamakurukazi ubimazemo igihe Sandrine Isheja mu kiganiro kizwi nka Kiss Break Fast kiri mu bikunzwe n’urubyiruko rwinshi mu Rwanda.

Uyu musore azaba asimbuye Umunyamakuru Gentil Gedeon Ntirenganya ugiye kuzajya akora ikindi kiganiro na cyo kizajya gitambuka kuri iyi radio mu masaha y’ikigoroba.

Amakuru yemeza ko Andy Bumuntu azatangira kazi kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Mata 2022, ubwo azaba atangiye urugendo rushya mu mwuga w’itangazamakuru.

Iyi radio iherutse gutakaza abanyamakuru bafite izina rikomeye mu Rwanda barimo Nkusi Arthur uzwi nka Rutura wanasimbuwe na Gentil Gedeon muri iki kiganiro kigiye kujya gikorwamo na Andy Bumuntu.

Hari kandi Umunyamakuru Uncle Austin bivugwa ko yashinze Radio na we wari uri mu bari bamaze igihe kuri Kiss FM.

Andy Bumuntu ugiye kujya akorana na Sandrine Isheja nta mateka akomeye afite mu mwuga w’Itangazamakuru uretse kuba yahuraga na ryo mu biganiro nk’umuhanzi, ubu na we akaba agiye kujya atumira abahanzi bagenzi be mu kiganiro azaba akoramo nk’umunyamakuru.

Si we muhanzi wa mbere mu Rwanda uzaba akoze Itangazamakuru kuko hari bamwe bagiye babikora babibangikanye kandi bikuzuzanya nka Uncle Austin na we wakoraga kuri iyi Radio.

Andy Bumuntu agiye gukora kuri Kiss FM yajyaga azamo nk’umutumirwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + twelve =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru mashya ku bagenzi bari muri ya ndege

Next Post

Nyamasheke: Mu kwezi kumwe nibura abangavu 12 batewe inda zitateganyijwe

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Mu kwezi kumwe nibura abangavu 12 batewe inda zitateganyijwe

Nyamasheke: Mu kwezi kumwe nibura abangavu 12 batewe inda zitateganyijwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.