Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yinjiye mu mwuga w’Itangazamakuru

radiotv10by radiotv10
21/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yinjiye mu mwuga w’Itangazamakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Byose ni ugukoresha Microphone ariko hamwe yayikoreshaga mu kuririmba, ubu noneho agiye gukoresha iyo muri studio za radio. Umuhanzi Kayigi Andy Dick Fred uzwi nka Andy Bumuntu agiye gukorera imwe muri Radio zikorera mu Rwanda.

Uyu musore usanzwe amenyerewe mu ndirimbo zo mu njyana ya R&B ziganjemo iz’urukundo, amakuru yizewe aremeza ko yamaze no kumvikana na Radio Kiss FM akaba ari yo agiye gukorera nk’Umunyamakuru.

Andy Bumuntu uzwiho ubumuntu nk’uko izina rye ribivuga, azajya akorana n’umunyamakurukazi ubimazemo igihe Sandrine Isheja mu kiganiro kizwi nka Kiss Break Fast kiri mu bikunzwe n’urubyiruko rwinshi mu Rwanda.

Uyu musore azaba asimbuye Umunyamakuru Gentil Gedeon Ntirenganya ugiye kuzajya akora ikindi kiganiro na cyo kizajya gitambuka kuri iyi radio mu masaha y’ikigoroba.

Amakuru yemeza ko Andy Bumuntu azatangira kazi kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Mata 2022, ubwo azaba atangiye urugendo rushya mu mwuga w’itangazamakuru.

Iyi radio iherutse gutakaza abanyamakuru bafite izina rikomeye mu Rwanda barimo Nkusi Arthur uzwi nka Rutura wanasimbuwe na Gentil Gedeon muri iki kiganiro kigiye kujya gikorwamo na Andy Bumuntu.

Hari kandi Umunyamakuru Uncle Austin bivugwa ko yashinze Radio na we wari uri mu bari bamaze igihe kuri Kiss FM.

Andy Bumuntu ugiye kujya akorana na Sandrine Isheja nta mateka akomeye afite mu mwuga w’Itangazamakuru uretse kuba yahuraga na ryo mu biganiro nk’umuhanzi, ubu na we akaba agiye kujya atumira abahanzi bagenzi be mu kiganiro azaba akoramo nk’umunyamakuru.

Si we muhanzi wa mbere mu Rwanda uzaba akoze Itangazamakuru kuko hari bamwe bagiye babikora babibangikanye kandi bikuzuzanya nka Uncle Austin na we wakoraga kuri iyi Radio.

Andy Bumuntu agiye gukora kuri Kiss FM yajyaga azamo nk’umutumirwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru mashya ku bagenzi bari muri ya ndege

Next Post

Nyamasheke: Mu kwezi kumwe nibura abangavu 12 batewe inda zitateganyijwe

Related Posts

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

IZIHERUKA

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera
IMIBEREHO MYIZA

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Mu kwezi kumwe nibura abangavu 12 batewe inda zitateganyijwe

Nyamasheke: Mu kwezi kumwe nibura abangavu 12 batewe inda zitateganyijwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.