Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi ukunzwe akaba n’umuyobozi mu rwego wa Leta yatangiye undi mwuga w’imyidagaduro

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA, SINEMA
0
Umuhanzi ukunzwe akaba n’umuyobozi mu rwego wa Leta yatangiye undi mwuga w’imyidagaduro
Share on FacebookShare on Twitter

Dr. Thomas Muyombo uzwi nka Tom Close muri muzika Nyarwanda, akaba asanzwe ari n’Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe gutanga amaraso, Ishami rya Kigali (RCBT-Kigali), yinjiye no muri Sinema Nyarwanda.

Uyu muhanzi uherutse gushyira hanze album yise Essence, asanzwe anazwi mu bwanditsi bw’ibitabo, by’umwihariko iby’inkuru z’abana, akaba anazwiho ubuhanga mu gushushanya.

Tom Close ubu yanasinyanye amasezerano n’Ikigo Zacu Entertainment gifite na Televiziyo yitwa Zacu TV inyuraho Filimi Nyarwanda, agamije gutunganya filimi.

Uyu muhanzi wanakunze kuvuga ko ibijyanye na Sinema na byo biri mu ndoto ze, avuga ko ubu agiye no gushora imari muri sinema, nk’utunganya filimi akanaziyobora.

Gusa avuga ko we atazikana filimi, ariko ibindi bijyanye na zo akazajya abigiramo uruhare, ku buryo mu bihe biri imbere, hari filimi yagizemo uruhare zizatangira kujya hanze.

Ati “Njye icyo nzakora ni ukuzishyira hanze, kuyandika, hari ukuyiyobora uko ikinwa ndetse n’uko itegurwa, itunganywa ubundi igasohoka ikajya hanze.”

Avuga ko hari inkuru nyinshi zavamo filimi yamaze kwandika, ku buryo hari izizavamo filimi azagiramo uruhare, zigashyirwa hanze mu gihe cya vuba.

Ati “Mfite inkuru nyinshi z’amafilimi nanditse, ndetse n’imishinga hari abo turi kuyifatanya muri iyi minsi ku buryo izajya ahagaragara.”

Uyu muhanzi akaba n’umwanditsi ndetse n’umuyobozi w’urwego rwa Leta mu buzima, avuga ko amashusho ya filimi ye ya mbere azafatwa mu kwezi k’Ukuboza uyu mwaka wa 2023, ubundi ikazajya hanze nyuma yo gutunganywa.

Tom Close yasinyanye amasezerano na Zacu Entertainment
Imwe mu mishinga ya Tom Close ayikorana n’umugore we Tricia

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 11 =

Previous Post

Inama yari itegerejwemo Putin ntayigaragaremo yavugiwemo ingingo yihariye kuri Afurika

Next Post

I Kigali hagiye kugaragara utugare tuzwi mu mijyi yateye imbere

Related Posts

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
I Kigali hagiye kugaragara utugare tuzwi mu mijyi yateye imbere

I Kigali hagiye kugaragara utugare tuzwi mu mijyi yateye imbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.