Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda usigaye aba hanze araregwa ikirego gikomeye

radiotv10by radiotv10
26/01/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda usigaye aba hanze araregwa ikirego gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Umutare Gaby wakanyujijeho mu Rwanda ubu akaba asigaye aba hanze y’u Rwanda aho abana n’umugore we, aravugwa mu rubanza yarezwemo n’umugore umushinja kwihakana abana b’impanga babyaranye.

Uru rubanza rufitwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwakiriye ikirego mu kwezi k’Ugushyingo 2023 nkuko tubikesha ikinyamakuru Igihe, ruregwamo Umutare Gaby uregwa n’umugore uvuga ko babyaranye abana mbere yuko uyu muhanzi akorana ubukwe n’umugore we babana ubu.

Uru rukiko kandi rwahamagaje ababuranyi mu nama itegura urubanza yabaye ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 23 Mutarama 2023, yanitabiriwe n’uhagarariye uyu muhanzi nyarwanda usigaye aba hanze y’u Rwanda.

Uyu mugore urega Umutare Gaby, avuga ko babyaranye abana b’impanga bavutse tariki 08 Werurwe 2016, ubu bakaba bagiye kuzuza imyaka itandatu.

Uyu uvuga ko yabyaranye na Umutare Gaby, amushinja kuba yaratereranye abana, ntamufashe mu kubarera ndetse no kubaha ibindi byose nk’umubyeyi ugomba kubagiraho inshingano.

Muri iyi nama ntegurarubanza, uruhande rwareze, rusaba ko Umutare Gaby yemera aba bana nk’umubyeyi wabo, akabiyandikishaho mu irangamimerere ndetse akajya anatanga miliyoni 1 Frw buri kwezi nk’indezo.

Naho umunyamategeko wari uhagarariye Umutare Gaby yavuze ko aba bana bavugwa ko ari ab’umukiliya we, atari byo, ndetse ko biteguye kuba hakorwa ibizamini bya gihanga bya DNA kugira ngo barebe niba koko abo bana aria be cyangwa atari abe.

Muri iriya nama ntegurarubanza, havutse impaka ku ruhande ruzishyura amafaranga yo gukoresha ibizamini bya DNA, aho urwarezwe rusaba ko yazishyurwa n’abareze, naho urwareze rukifuza ko habaho kuyafatanya, ubundi ibizamini byazasohoka uruhande rutsinzwe rugasubiza amafaranga yatanzwe n’urundi.

Umutare Gaby utagikunze gushyira hanze indirimbo, amaze iminsi agaragara ku mbuga nkoranyambaga, mu butumwa bw’amashusho aba atangamo inama zafasha abantu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Icyakurikiye nyuma yo kuva kwiba moto bakikanga abapolisi bagakizwa n’amaguru

Next Post

M23 yahishuye ikihishe inyuma yo kuba Congo yarazanye Abacancuro bazobereye iby’urugamba

Related Posts

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

by radiotv10
09/12/2025
0

In Kigali today, many young people are rewriting what it means to work, hustle, and build a future. The city...

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yahishuye ikihishe inyuma yo kuba Congo yarazanye Abacancuro bazobereye iby’urugamba

M23 yahishuye ikihishe inyuma yo kuba Congo yarazanye Abacancuro bazobereye iby’urugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.