Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda usigaye aba hanze araregwa ikirego gikomeye

radiotv10by radiotv10
26/01/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda usigaye aba hanze araregwa ikirego gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Umutare Gaby wakanyujijeho mu Rwanda ubu akaba asigaye aba hanze y’u Rwanda aho abana n’umugore we, aravugwa mu rubanza yarezwemo n’umugore umushinja kwihakana abana b’impanga babyaranye.

Uru rubanza rufitwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwakiriye ikirego mu kwezi k’Ugushyingo 2023 nkuko tubikesha ikinyamakuru Igihe, ruregwamo Umutare Gaby uregwa n’umugore uvuga ko babyaranye abana mbere yuko uyu muhanzi akorana ubukwe n’umugore we babana ubu.

Uru rukiko kandi rwahamagaje ababuranyi mu nama itegura urubanza yabaye ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 23 Mutarama 2023, yanitabiriwe n’uhagarariye uyu muhanzi nyarwanda usigaye aba hanze y’u Rwanda.

Uyu mugore urega Umutare Gaby, avuga ko babyaranye abana b’impanga bavutse tariki 08 Werurwe 2016, ubu bakaba bagiye kuzuza imyaka itandatu.

Uyu uvuga ko yabyaranye na Umutare Gaby, amushinja kuba yaratereranye abana, ntamufashe mu kubarera ndetse no kubaha ibindi byose nk’umubyeyi ugomba kubagiraho inshingano.

Muri iyi nama ntegurarubanza, uruhande rwareze, rusaba ko Umutare Gaby yemera aba bana nk’umubyeyi wabo, akabiyandikishaho mu irangamimerere ndetse akajya anatanga miliyoni 1 Frw buri kwezi nk’indezo.

Naho umunyamategeko wari uhagarariye Umutare Gaby yavuze ko aba bana bavugwa ko ari ab’umukiliya we, atari byo, ndetse ko biteguye kuba hakorwa ibizamini bya gihanga bya DNA kugira ngo barebe niba koko abo bana aria be cyangwa atari abe.

Muri iriya nama ntegurarubanza, havutse impaka ku ruhande ruzishyura amafaranga yo gukoresha ibizamini bya DNA, aho urwarezwe rusaba ko yazishyurwa n’abareze, naho urwareze rukifuza ko habaho kuyafatanya, ubundi ibizamini byazasohoka uruhande rutsinzwe rugasubiza amafaranga yatanzwe n’urundi.

Umutare Gaby utagikunze gushyira hanze indirimbo, amaze iminsi agaragara ku mbuga nkoranyambaga, mu butumwa bw’amashusho aba atangamo inama zafasha abantu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Icyakurikiye nyuma yo kuva kwiba moto bakikanga abapolisi bagakizwa n’amaguru

Next Post

M23 yahishuye ikihishe inyuma yo kuba Congo yarazanye Abacancuro bazobereye iby’urugamba

Related Posts

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

by radiotv10
14/11/2025
0

Umunyarwenya Kaduhire Ernestine uzwi nka Kadudu wari wagiye gususurutsa abantu mu gitaramo kizwi nka Gen Z Comedy, yahawe ibihumbi 500...

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

by radiotv10
14/11/2025
0

For many years, fashion and self-care were seen as things that only concerned women. In Rwanda, like in many other...

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi Robert Ssentamu Kyagulanyi, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine akaba n’umwe mu banyapotiki bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa...

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yasabye imbabazi abafana be n’Abanyarwanda bose muri rusange ku bw’amashusho ye y’ibanga yagiye hanze,...

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, yatangaje ko igitaramo ngarukamwaka yise ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya...

IZIHERUKA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga
MU RWANDA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

14/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

14/11/2025
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

14/11/2025
Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yahishuye ikihishe inyuma yo kuba Congo yarazanye Abacancuro bazobereye iby’urugamba

M23 yahishuye ikihishe inyuma yo kuba Congo yarazanye Abacancuro bazobereye iby’urugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.