Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda usigaye aba hanze araregwa ikirego gikomeye

radiotv10by radiotv10
26/01/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda usigaye aba hanze araregwa ikirego gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Umutare Gaby wakanyujijeho mu Rwanda ubu akaba asigaye aba hanze y’u Rwanda aho abana n’umugore we, aravugwa mu rubanza yarezwemo n’umugore umushinja kwihakana abana b’impanga babyaranye.

Uru rubanza rufitwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwakiriye ikirego mu kwezi k’Ugushyingo 2023 nkuko tubikesha ikinyamakuru Igihe, ruregwamo Umutare Gaby uregwa n’umugore uvuga ko babyaranye abana mbere yuko uyu muhanzi akorana ubukwe n’umugore we babana ubu.

Uru rukiko kandi rwahamagaje ababuranyi mu nama itegura urubanza yabaye ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 23 Mutarama 2023, yanitabiriwe n’uhagarariye uyu muhanzi nyarwanda usigaye aba hanze y’u Rwanda.

Uyu mugore urega Umutare Gaby, avuga ko babyaranye abana b’impanga bavutse tariki 08 Werurwe 2016, ubu bakaba bagiye kuzuza imyaka itandatu.

Uyu uvuga ko yabyaranye na Umutare Gaby, amushinja kuba yaratereranye abana, ntamufashe mu kubarera ndetse no kubaha ibindi byose nk’umubyeyi ugomba kubagiraho inshingano.

Muri iyi nama ntegurarubanza, uruhande rwareze, rusaba ko Umutare Gaby yemera aba bana nk’umubyeyi wabo, akabiyandikishaho mu irangamimerere ndetse akajya anatanga miliyoni 1 Frw buri kwezi nk’indezo.

Naho umunyamategeko wari uhagarariye Umutare Gaby yavuze ko aba bana bavugwa ko ari ab’umukiliya we, atari byo, ndetse ko biteguye kuba hakorwa ibizamini bya gihanga bya DNA kugira ngo barebe niba koko abo bana aria be cyangwa atari abe.

Muri iriya nama ntegurarubanza, havutse impaka ku ruhande ruzishyura amafaranga yo gukoresha ibizamini bya DNA, aho urwarezwe rusaba ko yazishyurwa n’abareze, naho urwareze rukifuza ko habaho kuyafatanya, ubundi ibizamini byazasohoka uruhande rutsinzwe rugasubiza amafaranga yatanzwe n’urundi.

Umutare Gaby utagikunze gushyira hanze indirimbo, amaze iminsi agaragara ku mbuga nkoranyambaga, mu butumwa bw’amashusho aba atangamo inama zafasha abantu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 9 =

Previous Post

Icyakurikiye nyuma yo kuva kwiba moto bakikanga abapolisi bagakizwa n’amaguru

Next Post

M23 yahishuye ikihishe inyuma yo kuba Congo yarazanye Abacancuro bazobereye iby’urugamba

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yahishuye ikihishe inyuma yo kuba Congo yarazanye Abacancuro bazobereye iby’urugamba

M23 yahishuye ikihishe inyuma yo kuba Congo yarazanye Abacancuro bazobereye iby’urugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.