Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi wubatse izina mu Rwanda umaze igihe atuye mu mahanga yatangaje inkuru nziza

radiotv10by radiotv10
18/06/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi wubatse izina mu Rwanda umaze igihe atuye mu mahanga yatangaje inkuru nziza
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Niyibikora Safi wamamaye nka Safi Madiba, umaze igihe atuye muri Canada, yagaragaje ibyishimo byo kuba yabonye ubwenegihu bw’iki Gihugu cyo ku Mugabane wa America ya Ruguru.

Byagaragajwe n’uyu muhanzi ubwe, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, burimo amafoto, ashyikirizwa icyangombwa cyo kuba Umuturage wa Canada, yahawe n’umwe mu bayobozi muri iki Gihugu.

Uyu muhanzi umaze imyaka ine n’igice atuye muri Canada, yanagaragaje icyangombwa cyo kuba yabaye Umunya-Canada kuva kuri uyu wa 17 Kamena 2024.

Amakuru ava mu nshuti z’uyu muhanzi, avuga ko yari amaze igihe asaba ibi byangombwa, cyera kabaye akaba yabibonye kuri uyu wa Mbere.

Safi Madiba wamenyekaniye mu itsinda rya Urban Boyz akaza kurivamo, akayoboka inzira yo kuririmba ku giti cye, ni umwe mu bahanzi bagize igikundiro mu Rwanda kubera ijwi rye.

Muri 2020 yerecyeje muri Canada ajyanye n’uwari umugore we, Judith Niyonizera bari bamaranye imyaka itatu basezeranye mu mategeko nk’umugore n’umugabo ndetse barakoze n’imihango yo gusaba no gukwa.

Nyuma yo kugera muri Canada, havuzwe inkuru ko batagicana uwaka, ndetse umwe muri bo ahamya ko batandukanye, mu gihe umwe yavugaga ko bagifitanye isezerano.

Mu mpera za Mata umwaka ushize wa 2023, inkiko zo mu Rwanda, zejemeje gatanya ya Safi na Judith, inkuru yashimishije uyu mugore wari no mu Rwanda ubwo hasomwaga iki cyemezo, dore ko yari afite umukunzi mushya yaraje no kumwereka umuryango we, ubu bakaba banafitanye umwana.

Safi Madiba amaze igihe atuye muri Canada
Yahawe ubwenegihugu
Ubu ni Umunya-Canada

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + one =

Previous Post

Ikipe izasohokera u Rwanda ikomeje kwibikaho abakinnyi barimo n’abaturutse mu Bihugu bya ruhago

Next Post

Nyamasheke: Uwavuye mu rugo ababwiye ibyateye urujijo yabonetse nyuma y’iminsi 10 ibye ari agahinda

Related Posts

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

by radiotv10
22/11/2025
0

Kyra Nkezabera, whose parents include a Rwandan father and a Belgian mother, has reached the final round of the Miss...

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yatanze umucyo ku byatumye hari abakeka ko yaba yarabeshye abantu igihe kinini ko atabona, avuga ko amashusho...

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

by radiotv10
21/11/2025
0

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, uri guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi (Miss Belgium), yageze mu cyiciro cya...

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzi Bill Ruzima wari uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge, yamaze kujyanwa mu Kigo Ngororamuco cya Huye cyanyuzemo abandi...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro
MU RWANDA

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

22/11/2025
Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Uwavuye mu rugo ababwiye ibyateye urujijo yabonetse nyuma y’iminsi 10 ibye ari agahinda

Nyamasheke: Uwavuye mu rugo ababwiye ibyateye urujijo yabonetse nyuma y’iminsi 10 ibye ari agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.