Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umuhanzikazi mushya ahishuye inkuru y’agahinda yashibutsemo indirimbo yazamuriye benshi amarangamutima

radiotv10by radiotv10
11/07/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzikazi mushya ahishuye inkuru y’agahinda yashibutsemo indirimbo yazamuriye benshi amarangamutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi mushya Chartine Imfurikeye uherutse gushyira hanze indirimbo ye ya mbere yise ‘Mureke abeho’ yakoze benshi ku mutima, yahishuye ko igitekerezo cyayo cyashibutse mu rupfu rw’inshuti ye, yitabye Imana ubwo yakuragamo inda.

Iyi ndirimbo yakoze benshi ku mutima bitewe n’amagambo ayigize, we ahamya ko ishingiye ku nkuru mpamo nk’uko yabitangarije RADIOTV10.

Iyi nkuru itangirira mu mashuri abanza aho Chartine yigaga, avuga ko yahahuriye n’undi mwana waje kuba inshuti ye cyane, icyakora uyu mwana yatinyaga ababyeyi be dore ko batajyaga banaganira bihagije.

Igihe cyaje kugera uyu mwana acudika n’umusore, baza no kuryamana amutera inda. Akibimenya ngo yiyambaje inshuti ye (Chartine) ndetse amubwira ibyo gutwita kwe anamusaba inama y’icyo yakora kuko yari afite ubwoba ko ababyeyi be nibabimenya batazamworohera.

Chartine ati “Namugiriye inama yo kureka gukuramo inda ariko byaje kurangira ayikuyemo.”

Icyakora Chartine avuga ko uyu mwana wakuyemo inda bitamuhiriye kuko nyuma y’iminsi micye yaje kwitaba Imana.

Avuga ko ibi byabaye imbarutso yo kwandika indirimbo avuga ko imaze imyaka irenga 7 ayanditse.

Ati “Nyuma y’ibyo rero nanditse indirimbo ariko yarimo ubwana bwinshi, rero aho mviriye ku ishuri narayikosoye, mpitamo kuyisohora ari indirimbo yanjye ya mbere kugira ngo nkebure urungano.”

Chartine Imfurikeye ni umukobwa winjiye mu muziki nyuma yo kuwiga ku ishuri rya muzika, akaba umwe mu barangije aya masomo mu 2021.

Yinjiye mu ruhando rwa muzika n’iyi ndirimbo ariko yari amaze igihe akora nk’umwanditsi w’indirimbo afatanyije na Prince Kiiz akaba n’umwe mu bo biganye.

Joby Joshua
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 14 =

Previous Post

Mu mvugo igezweho mu rubyiruko Minisitiri yarugene ubutumwa bw’umuburo ku kibazo gihangayikishije

Next Post

Umukinnyi wazamuriraga benshi ibinezaneza aciye impaka ku byo kugaruka muri Rayon

Related Posts

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Rev. Ndayizeye Isaïe uyobora Itorero rya ADEPR, yahakanye amakuru yatangajwe ko yanze gusezeranya umuririmbyi Ishimwe Vestine n’umugabo we Idriss Jean...

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, umaze iminsi agarukwaho mu makuru y’imyidagaruro kubera amashusho ye yasakaye, ari kubarizwa ku Mugabane...

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad usanzwe akora ibiganiro bitambuka kuri YouTube, akurikiranyweho ibindi byaha byiyongera...

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

by radiotv10
29/11/2025
0

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaramo umuhanzi B-Face w’i Burundi yumvikanamo avugamo amagambo y’ibitutsi ku Banyarwanda, byamenyekanye ko yabarwaniye ishyaka,...

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuhanzi Ishimwe Prince uzwi nka Darest, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, ku munsi umwe na Micky na AG Promoter na...

IZIHERUKA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wazamuriraga benshi ibinezaneza aciye impaka ku byo kugaruka muri Rayon

Umukinnyi wazamuriraga benshi ibinezaneza aciye impaka ku byo kugaruka muri Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.