Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo arohereza intumwa yihariye i Kigali

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Angola, João Lourenço arohereza mu Rwanda intumwa yihariye, ari we Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki Gihugu, Tete António, usanzwe anayobora ibiganiro bya Guverinoma y’u Rwanda iya DRC byo ku rwego rw’Abaminisitiri.

Tete António ategerejwe i Kigali kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza 2024, aho aza kuba yoherejwe nk’intumwa yihariye ya Perezida João Lourenço wahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, byazamuye umwuka mubi hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda.

Uru ruzinduko rwa Tete António mu Rwanda, rwanemejwe na mugenzi we Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire, mu kiganiro yagiranye na France 24 kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukuboza 2024.

Amb. Nduhungirehe yagize ati “Ejo mu masaha y’umugoroba, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, azaba ari hano i Kigali, aho azaba ari intumwa yihariye kandi twizeye ko ibiganiro bizakomeza.”

Iyi ntumwa yihariye ya João Lourenço ije mu Rwanda nyuma y’iminsi ibiri gusa, hahagaritswe inama yagombaga guhuza Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi yari iteganyijwe tariki 15 Ukuboza ariko ikaza guhagarikwa ku munota wa nyuma bitewe n’imigendekere y’inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri yari yabaye ku wa Gatandatu tariki 14 Ukuboza yagombaga kuvamo imyanzuro yari kugenderwaho muri iyi y’Abakuru b’Ibihugu, bari bategerejweho gushyira umukono ku masezerano.

Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko icyatumye ibi biganiro by’Abakuru b’Ibihugu bihagarara, ari uko Guverinoma ya Congo yisubiye ku ngingo yo kuba yari yemeye kuzagirana ibiganiro n’umutwe wa M23, ariko ikaza kubyitarutsa ubwo habaga iyi nama ya karindwi y’Abaminisitiri.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe avuga kuri bimwe mu byaranze iyi nama, yavuze ko iyi ngingo yo kuba Congo yari yaremeye kuganira na M23, ariko ikaza kwisubira, byatumye muri ibi biganiro, iyi ngingo igibwaho impaka mu gihe cy’amasaha icyenda, ariko bikarangira ntacyo bagezeho.

U Rwanda kandi rwavuze ko imyitwarire y’ubutegetsi bwa Congo, itari gutuma ibi biganiro biba, kuko iki Gihugu cyakomeje gukorana n’umutwe wa FDLR, no kohereza abarwanyi benshi mu burasirazuba bwacyo, barimo aba FARDC, inyeshyamba za FDLR, abacancuro b’Abanyaburayi, abasirikare b’u Burundi ndetse n’abo muri Wazalendo.

Nanone kandi abayobozi mu buyobozi bukuru bw’iki Gihugu, barangajwe imbere na Perezida Tshisekedi, bakomeje imvugo n’imigambi yo gushaka gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda.

Nyuma yuko iyi nama ya Perezida Kagame na Tshisekedi isubitswe ku, Perezida wa Angola, João Lourenço yavuze ko yatewe impungenge no kuba impande zombi zitarumvikanye ku kuba Congo yaganira na M23, ariko ko azakomeza guharanira ko ibiganiro bikomeza, kandi ko Ibihugu byombi bikwiye gushyira imbere inyungu z’abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Rutahizamu uherutse kubura igihembo kiruta ibindi bikazamura impaka ubu ari kumwenyura

Next Post

Impamvu u Rwanda rusaba ko Congo iganira na M23 nubwo ari iby’Abanyekongo

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Impamvu u Rwanda rusaba ko Congo iganira na M23 nubwo ari iby’Abanyekongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.