Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo arohereza intumwa yihariye i Kigali

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Angola, João Lourenço arohereza mu Rwanda intumwa yihariye, ari we Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki Gihugu, Tete António, usanzwe anayobora ibiganiro bya Guverinoma y’u Rwanda iya DRC byo ku rwego rw’Abaminisitiri.

Tete António ategerejwe i Kigali kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza 2024, aho aza kuba yoherejwe nk’intumwa yihariye ya Perezida João Lourenço wahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, byazamuye umwuka mubi hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda.

Uru ruzinduko rwa Tete António mu Rwanda, rwanemejwe na mugenzi we Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire, mu kiganiro yagiranye na France 24 kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukuboza 2024.

Amb. Nduhungirehe yagize ati “Ejo mu masaha y’umugoroba, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, azaba ari hano i Kigali, aho azaba ari intumwa yihariye kandi twizeye ko ibiganiro bizakomeza.”

Iyi ntumwa yihariye ya João Lourenço ije mu Rwanda nyuma y’iminsi ibiri gusa, hahagaritswe inama yagombaga guhuza Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi yari iteganyijwe tariki 15 Ukuboza ariko ikaza guhagarikwa ku munota wa nyuma bitewe n’imigendekere y’inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri yari yabaye ku wa Gatandatu tariki 14 Ukuboza yagombaga kuvamo imyanzuro yari kugenderwaho muri iyi y’Abakuru b’Ibihugu, bari bategerejweho gushyira umukono ku masezerano.

Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko icyatumye ibi biganiro by’Abakuru b’Ibihugu bihagarara, ari uko Guverinoma ya Congo yisubiye ku ngingo yo kuba yari yemeye kuzagirana ibiganiro n’umutwe wa M23, ariko ikaza kubyitarutsa ubwo habaga iyi nama ya karindwi y’Abaminisitiri.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe avuga kuri bimwe mu byaranze iyi nama, yavuze ko iyi ngingo yo kuba Congo yari yaremeye kuganira na M23, ariko ikaza kwisubira, byatumye muri ibi biganiro, iyi ngingo igibwaho impaka mu gihe cy’amasaha icyenda, ariko bikarangira ntacyo bagezeho.

U Rwanda kandi rwavuze ko imyitwarire y’ubutegetsi bwa Congo, itari gutuma ibi biganiro biba, kuko iki Gihugu cyakomeje gukorana n’umutwe wa FDLR, no kohereza abarwanyi benshi mu burasirazuba bwacyo, barimo aba FARDC, inyeshyamba za FDLR, abacancuro b’Abanyaburayi, abasirikare b’u Burundi ndetse n’abo muri Wazalendo.

Nanone kandi abayobozi mu buyobozi bukuru bw’iki Gihugu, barangajwe imbere na Perezida Tshisekedi, bakomeje imvugo n’imigambi yo gushaka gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda.

Nyuma yuko iyi nama ya Perezida Kagame na Tshisekedi isubitswe ku, Perezida wa Angola, João Lourenço yavuze ko yatewe impungenge no kuba impande zombi zitarumvikanye ku kuba Congo yaganira na M23, ariko ko azakomeza guharanira ko ibiganiro bikomeza, kandi ko Ibihugu byombi bikwiye gushyira imbere inyungu z’abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − ten =

Previous Post

Rutahizamu uherutse kubura igihembo kiruta ibindi bikazamura impaka ubu ari kumwenyura

Next Post

Impamvu u Rwanda rusaba ko Congo iganira na M23 nubwo ari iby’Abanyekongo

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Impamvu u Rwanda rusaba ko Congo iganira na M23 nubwo ari iby’Abanyekongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.