Wednesday, July 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo arohereza intumwa yihariye i Kigali

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Angola, João Lourenço arohereza mu Rwanda intumwa yihariye, ari we Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki Gihugu, Tete António, usanzwe anayobora ibiganiro bya Guverinoma y’u Rwanda iya DRC byo ku rwego rw’Abaminisitiri.

Tete António ategerejwe i Kigali kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza 2024, aho aza kuba yoherejwe nk’intumwa yihariye ya Perezida João Lourenço wahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, byazamuye umwuka mubi hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda.

Uru ruzinduko rwa Tete António mu Rwanda, rwanemejwe na mugenzi we Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire, mu kiganiro yagiranye na France 24 kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukuboza 2024.

Amb. Nduhungirehe yagize ati “Ejo mu masaha y’umugoroba, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, azaba ari hano i Kigali, aho azaba ari intumwa yihariye kandi twizeye ko ibiganiro bizakomeza.”

Iyi ntumwa yihariye ya João Lourenço ije mu Rwanda nyuma y’iminsi ibiri gusa, hahagaritswe inama yagombaga guhuza Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi yari iteganyijwe tariki 15 Ukuboza ariko ikaza guhagarikwa ku munota wa nyuma bitewe n’imigendekere y’inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri yari yabaye ku wa Gatandatu tariki 14 Ukuboza yagombaga kuvamo imyanzuro yari kugenderwaho muri iyi y’Abakuru b’Ibihugu, bari bategerejweho gushyira umukono ku masezerano.

Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko icyatumye ibi biganiro by’Abakuru b’Ibihugu bihagarara, ari uko Guverinoma ya Congo yisubiye ku ngingo yo kuba yari yemeye kuzagirana ibiganiro n’umutwe wa M23, ariko ikaza kubyitarutsa ubwo habaga iyi nama ya karindwi y’Abaminisitiri.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe avuga kuri bimwe mu byaranze iyi nama, yavuze ko iyi ngingo yo kuba Congo yari yaremeye kuganira na M23, ariko ikaza kwisubira, byatumye muri ibi biganiro, iyi ngingo igibwaho impaka mu gihe cy’amasaha icyenda, ariko bikarangira ntacyo bagezeho.

U Rwanda kandi rwavuze ko imyitwarire y’ubutegetsi bwa Congo, itari gutuma ibi biganiro biba, kuko iki Gihugu cyakomeje gukorana n’umutwe wa FDLR, no kohereza abarwanyi benshi mu burasirazuba bwacyo, barimo aba FARDC, inyeshyamba za FDLR, abacancuro b’Abanyaburayi, abasirikare b’u Burundi ndetse n’abo muri Wazalendo.

Nanone kandi abayobozi mu buyobozi bukuru bw’iki Gihugu, barangajwe imbere na Perezida Tshisekedi, bakomeje imvugo n’imigambi yo gushaka gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda.

Nyuma yuko iyi nama ya Perezida Kagame na Tshisekedi isubitswe ku, Perezida wa Angola, João Lourenço yavuze ko yatewe impungenge no kuba impande zombi zitarumvikanye ku kuba Congo yaganira na M23, ariko ko azakomeza guharanira ko ibiganiro bikomeza, kandi ko Ibihugu byombi bikwiye gushyira imbere inyungu z’abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Rutahizamu uherutse kubura igihembo kiruta ibindi bikazamura impaka ubu ari kumwenyura

Next Post

Impamvu u Rwanda rusaba ko Congo iganira na M23 nubwo ari iby’Abanyekongo

Related Posts

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Kagari ka Mwezi mu Murenge wa Karengera, mu Karere ka Nyamasheje, bahangayikishijwe n’imibereho y’umugabo wirukanywe mu nzu...

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, baravuga ko bahawe ubutaka na Leta ngo bakoreremo ubucukuzi bw’Amabuye...

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

by radiotv10
08/07/2025
0

Abantu batanu barimo umugore umwe baregwa kwica umugabo bamukase ijosi bamusanze mu rugo iwe mu Murenge wa Ngoma mu Karere...

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

by radiotv10
08/07/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, rwasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kurema umutwe...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we
MU RWANDA

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

by radiotv10
09/07/2025
0

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

09/07/2025
DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

08/07/2025
Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

08/07/2025
Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Impamvu u Rwanda rusaba ko Congo iganira na M23 nubwo ari iby’Abanyekongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.