Tuesday, August 25, 2026
RW|EN
AMAHANGA

Umukecuru w’imyaka 101 yatawe muri yombi muri Nigeria akekwaho gucuruza urumogi

Umukecuru w’imyaka 101 yatawe muri yombi muri Nigeria akekwaho gucuruza urumogi

Umukecuru w’imyaka 101 wo muri Nigeria yatawe muri yombi akekwaho gucuruza urumogi, ibintu byatunguye benshi kubera imyaka y’uyu mukecuru ukekwaho icyaha nk’iki kimenyerewe ku bantu bakiri bato.

Esther Ogunmabo, usanzwe afite abuzukuruza, yatawe muri yombi muri Leta ya Ogun, mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Nigeria, nk’uko byatangajwe n’Ikigo gishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge muri Nigeria (NDLEA).

Femi Babafemi, umuyobozi ushinzwe itangazamakuru muri NDLEA, yavuze ko uyu mukecuru yasanganwe udupfunyika tw’urumogi rw’ubwoko bwa “skunk” dupima garama 90, avuga ko yari asanzwe arugurisha abaturage bo muri ako gace.

NDLEA yatangaje ko Ogunmabo yabwiye abamubajije ko yagiye mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge nyuma y’uko iduka ry’ibiribwa yari afite ritwitswe n’umuriro.

Nyuma yo gufatwa, uyu mukecuru yarekuwe by’agateganyo ku ngwate.

Nk’uko NDLEA ibivuga, umwe mu bakobwa be utuye i Lagos ni we ukekwaho kumushakira urumogi, akarumugezaho buri minsi ine. Ogunmabo we yashinjwaga kurugurisha mu duce duto ku bakiriya bo mu gace atuyemo.

Umuyobozi mukuru wa NDLEA, Mohamed Marwa, yategetse ko uyu mukecuru arekurwa ku ngwate ndetse agahabwa ubujyanama, bitewe n’imyaka ye y’ubuze.

Nubwo yarekuwe ku ngwate, Ogunmabo aracyashobora gukurikiranwa n’ubutabera kubera ibyaha akekwaho. Umukobwa we na we yatawe muri yombi.

NDLEA yakomeje ibikorwa byo gufata ibiyobyabwenge

Ifatwa rya Ogunmabo ryabaye mu gihe NDLEA yatangaje ko yakomeje ibikorwa byo gufata ibiyobyabwenge byinjizwa muri Nigeria cyangwa bikanyuzwa mu nzira zo mu nyanja.

Muri Leta ya Akwa Ibom, abakozi ba NDLEA bari bafite amakuru yizewe bafashe ubwato bukozwe mu biti ku nyanja ku wa Gatanu ushize. Ubwo bwato bwari butwaye abantu batatu kandi bwari bwerekeje muri Cameroon.

Abakozi ba NDLEA bavuze ko muri ubwo bwato basanzemo ibiyobyabwenge birenga ibilo 42, maze abantu batatu bari baburimo bagafatwa.

NDLEA kandi yatangaje ko muri ibyo bikorwa yakoze hafashwemo bwa mbere ibiyobyabwenge byoherejwe muri Nigeria bivuye muri Thailand, ibintu iki kigo cyavuze ko ari intambwe ikomeye mu bikorwa byo guhangana n’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge.

RADIOTV10

Sangira: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =