Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa film ukunzwe mu Rwanda yakoranye indirimbo n’umugore we

radiotv10by radiotv10
04/05/2022
in IMYIDAGADURO
0
Umukinnyi wa film ukunzwe mu Rwanda yakoranye indirimbo n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Film akaba n’umuhanzi w’indirimbo, Ndayizeye Emmanuel uzwi nka Nick Dimpoz wamenyekanye cyane muri film y’uruhererekane izwi nka City Maid, yashyize hanze indirimbo yakoranye n’umugore we na we usanzwe ari umuhanzikazi.

Nick Dimpoz uzwi cyane mu gukina film akaba ari n’umwe mu bakunzwe cyane muri uru ruganda mu Rwanda, asanzwe ari n’umuhanzi w’indirimbo, ubu we na madamu we Sangwa Aline bakaba bashyize hanze indirimbo ya mbere bahuriyeho bise iwacu.

Aba bombi basanzwe ari n’ababyinnyi mu mbyino gakondo bakaba banafite itorero ryabo, bakoze indirimbo bise ‘Iwacu’ ikoze mu buryo bwa gakondo.

Iyi ndirimbo yasohokanye n’amashusho yayo, igaragaza aba bombi bambaye mu buryo bwa gakondo, batangira baririmba bagira bati “Aho ni ho iwacu…ndabakumbuye cyane.”

Bagenda bagaragaza ibyiza byo mu Rwanda birimo, inka z’inyambo ndetse n’ibindi biranga umuco nyarwanda.

Sangwa Aline yavuze ko iyi ndirimbo yakoranye n’umugabo we Nick Dimpoz igamije gukumbuza abantu ibyiza byihishe mu muco nyarwanda nk’imbyino, ndetse n’ibyiza nyaburanga.

Sangwa Aline yavuze ko nubwo iyi ndirimbo ari yo ya mbere akoranye n’umugabo we, ariko ko bafite nyinshi zitarajya hanze.

Avuga ko kugira ngo bakorane indirimbo byaturutse ku kuba bombi basa nk’abahuje umuhamagaro. Ati “Igitekerezo ntahandi cyavuye, ni mu guhuza ibintu twiyumvamo nk’Intore.”

Nick n’umugore we basohoye indirimbo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 17 =

Previous Post

APR ikoze impanuka igiye mu mukino w’ishiraniro

Next Post

Dosiye ya Prince Kid yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha, akurikiranyweho ibyaha bitatu

Related Posts

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dosiye ya Prince Kid yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha, akurikiranyweho ibyaha bitatu

Dosiye ya Prince Kid yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha, akurikiranyweho ibyaha bitatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.