Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi w’umunyabigwi asanze muri America kizigenza wa Football ku Isi

radiotv10by radiotv10
18/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi w’umunyabigwi asanze muri America kizigenza wa Football ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Sergio Busquets yerekeje mu ikipe ya Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, asangayo Kizigenza Lionel Messi bakinannye muri FC Barcelone.

Ikipe ya Inter Miami yatangaje ko yasinyishije amasezerano y’imyaka 2 Umunya-Espagne Sergio Busquets, wahoze ari Kapiteni wa FC Barcelone.

Sergio Busquets, wanatwaranye igikombe cy’Isi n’ikipe y’Igihugu ya Espagne muri 2010, byitezwe ko ari bugere muri iyi kipe ya Inter Miami mu minsi micye iri imbere.

Busquets watwaye ibikombe 9 bya Shampiyona ya Espagne “La Liga”, muri iyi kipe ya Inter Miami, asanzeyo Lionel Messi bakinannye igihe kitari gito muri FC Barcelone, na we uherutse kwerekeza muri iyi kipe yo muri Shampiyona ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika nyuma yo kuva muri Paris Saint Germain.

Sergio Busquet yagize ati “Aya ni amahirwe y’akataraboneka kandi adasanzwe nishimiye kwakira, ndajwe inshinga n’iyi ntambwe ngiye gutera mu rugendo rwanjye muri Inter Miami. Nanyuzwe n’iyi kipe ubwo nazanaga na FC Barcelone mu mwaka ushize, rero ubu ndishimye kandi, ku giti cyanjye, niteguye guhagararira iyi kipe. Sinjye uzarota ndi gufatanya na bagenzi banjye, dushaka kugera kuri byinshi iyi kipe y’akataraboneka iharanira.”

Jorge Mas, umwe mu bayobora Inter Miami, we yagize ati “Nejejwe no guha ikaze Sergio Busquets muri Inter Miami. Kuva na mbere, twiyemeje kujya tuzana abakinnyi beza ku isi muri Inter Miami, ibigwi bya Sergio Busquets birivugira ubwabyo.”

Naho ushinzwe ibijyanye na Sports (Sporting Director) muri Inter Miami, Chris Henderson we yavuze ko bishimiye cyane kuzana umukinnyi ufite ibigwi nka Sergio Busquets mu ikipe ya Inter Miami.

Yavuze ko ari umwe mu bakinnyi b’abahanga mu mateka y’umupira w’amaguru, bigendanye n’uburyo asoma umukino ku rwego rwo hejuru kandi akanagira uruhare rukomeye mu mukino uwo ari wo wose.

Chris Henderson yakomeje avuga ko Sergio Busquets ari umukinnyi uharanira intsinzi, akaba umuyobozi w’abandi bakinnyi kandi akaba anafite impano idasanzwe mu isi y’umupira w’amaguru, kandi ko banejejwe no kumubona ahagarariye ikipe yabo ya Inter Miami.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 15 =

Previous Post

Ubushyuhe i Burayi na America bwatangiye gukangaranya benshi

Next Post

Agasembuye gakabije mu rubyiruko katangatanzwe: Undi Muminisitiri agaragaje icyasimbuzwa inzoga

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agasembuye gakabije mu rubyiruko katangatanzwe: Undi Muminisitiri agaragaje icyasimbuzwa inzoga

Agasembuye gakabije mu rubyiruko katangatanzwe: Undi Muminisitiri agaragaje icyasimbuzwa inzoga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.