Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukobwa bikekwa ko yiyahuye biravugwa ko byaturutse ku magambo yabwirwaga n’umubyeyi we

radiotv10by radiotv10
25/04/2025
in MU RWANDA
0
Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wo mu Murenge wa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke, wasanzwe ku mugenzi yapfuye, bikaba bikekwa ko yiyahuye, biravugwa ko ashobora kuba yabitewe n’amagambo yabwirwaga na nyina wavugaga ko basangiye umugabo.

Uyu mukobwa w’imyaka 22 wo mu Kagari ka Mpumbu mu Murenge wa Bushekeri, yabonetse yapfuye kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Mata 2025.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Igihe, avuga ko kuri uyu wa Kane nyakwigendera yavuye iwabo ababwiye ko hari aho anyarukiye, ariko bategereza ko agaruka baraheba.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Mata 2025 ni bwo habonetse umurambo wa nyakwigendera ku nkombe z’umugezi wa Kamiranzovu, ndetse abaturanyi bakaba bavuga ko yiyahuye.

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Kibogora, mbere yo gushyikirizwa umuryango we ngo ashyingurwe.

Bamwe mu bakoranaga na nyakwigendera mu kazi ko gusorama icyayi muri Gisakura, bavuga ko yakundaga kubabwira ko aziyahura kubera ibibazo yari afitanye n’umubyeyi.

Bavuga ko umubyeyi we yamuhozaga ku nkeke, amucyurira ko basangiye umugabo, ngo ko ari mucyeba, aho yavugaga ko na we ari umugore wa se.

Amakuru y’urupfu rwa nyakwigendera, yanemejwe na Habarurema Cyprien-Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Umurenge wa Bushekeri.

Uyu muyobozi avuga ko amakuru ava mu baturanyi, agaragaza ko mu muryango wa nyakwigendera hari harimo ibibazo by’amakimbirane, ndetse ko uyu mukobwa yavugaga ko Nyina amubangamira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 19 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe intambwe nziza igiye guterwa hagati y’u Rwanda na DRCongo

Next Post

Arsenal yamaze gukura amaso kuri Shampiyona menya abakinnyi yifuza n’abo idashaka gukomezanya

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Arsenal yamaze gukura amaso kuri Shampiyona menya abakinnyi yifuza n’abo idashaka gukomezanya

Arsenal yamaze gukura amaso kuri Shampiyona menya abakinnyi yifuza n’abo idashaka gukomezanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.