Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukobwa wa Rusesabagina yahishuye isezerano yahawe n’Inteko ya America nyuma yo kuyihamiriza ko u Rwanda rwamunetse

radiotv10by radiotv10
29/07/2022
in MU RWANDA
0
Umukobwa wa Rusesabagina yahishuye isezerano yahawe n’Inteko ya America nyuma yo kuyihamiriza ko u Rwanda rwamunetse
Share on FacebookShare on Twitter

Carine Kanimba uherutse kwitaba Komisiyo ishinzwe Iperereza mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, akayisobanurira uko u Rwanda rwamunetse, yavuze ko yasezeranyijwe ko u Rwanda ruzakomeza kotswa igitutu kugeza rufunguye umubyeyi we.

Ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki 27 Nyakanga 2022, Carine Kanimba yitabye iyi Komisiyo kugira ngo atange ubuhamwa bw’uko u Rwanda rwamwumvirije hifashishijwe ikoranabuhanga rihambaye rya Pegasus.

U Rwanda rwo rwahakanye kuva cyera ko rudakoresha iri koranabuhanga ahubwo ko abarushyize ku rutonde rw’Ibihugu birukoresha, bashingiye ku byatangajwe n’abakunze kuruharabika no kuruteranya n’amahanga.

Umwaka uruzuye, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta agize icyo avuga kuri ibi byashinjwe u Rwanda byo kuba runeka abantu hifashishijwe iri koranabunga.

Uwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru tariki 29 Nyakanga 2021, Dr Biruta yagize ati “Ntabwo dufite ubwo bushobozi bwa tekiniki mu buryo bwose, ni ngombwa kandi kumenya urujijo rwatewe n’uburyo bwakoreshejwe mu kuzana ibyo birego, nta muntu n’umwe uzi aho urwo rutonde rwavuye ndetse n’icyo ibiri kuri rwo bisobanura.”

Carine Kanimba we akomeje kwemeza ko u Rwanda rwamwumvirije rwifashishije iri koranabuhanga, aho kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nyakanga 2022 ubwo yari imbere y’iyi komisiyo, yayimenyesheje ko yamenye bwa mbere ko anekwa muri Gashyantare umwaka ushize ubwo umuryango Amnesty International wamusabaga gukora igenzura kuri telefone ye ko ataba akurikiranwa n’u Rwanda.

Aganira n’Ijwi rya America, yagize ati “Bansabye gufata GSM yanjye ngo bakore isesengura, ndabemerera, bahita basanga barabikora, basanga ko Pegasus yari iri kuri telefone yanjye.”

Carine Kanimba avuga ko u Rwanda rwatangiye kumwumviriza ubwo yari akomeje kugaragaza ko umubyeyi we Paul Rusesabagina yageze mu Rwanda ashimuswe ndetse asaba ko arekurwa, akavuga ko yumvirizwaga mu nama zitandukanye yagiranaga n’imiryango mpuzamahanga n’abayabozi batandukanye kuri iki kibazo.

Yavuze ko Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, yemeye ibisobanuro bye kandi ikagaragaza ko itewe impungenge n’ibi ashinja u Rwanda.

Yagize ati “Abo badepite batangaye kubera kumva ko amafaranga y’imfashanyo bohereza mu Rwanda, leta y’u Rwanda iyakoresha kugira ngo bashimute abantu babavanye muri Amerika bakanayakoresha kugira ngo bumvirize abanyamerika.”

Yavuze ko nyuma yo kumva ibisobanuro bye, Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, yamuhaye isezerano ndetse ko na we ubwe asanzwe afite icyizere cyuko umubyeyi we azafungurwa.

Yagize ati “Ntabwo tuzatakaza icyizere, tuzakomeza tumukorere kandi tuzi neza ko Leta ya Amarica yavuze ko Papa bamufunze mu buryo butemewe kandi na bo bazakomeza gushyira igitutu ku Rwanda kugeza igihe bamurekuye. Tuzi neza ko Papa azataha.”

Paul Rusesabagina wari umuyobozi w’umutwe wa MRCC-FLN wagiye ugaba ibitero mu Rwanda byanagize ingaruka ku buzima bw’Abanyarwanda ndetse bikanahitana bamwe, yahamijwe ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba akatirwa gufungwa imyaka 25.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 12 =

Previous Post

Muhoozi yifurije ishya n’ihirwe ubuheture bwa Perezida Kagame, Ian Kagame ugiye gusoza amasomo ya Gisirikare

Next Post

Abanyarwanda bakorera muri DRCongo barimo umwarimu wa Kaminuza bamaze iminsi bicaye kubera imyigaragambyo

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

by radiotv10
12/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare barimo Innocent Munyengango wigeze kuba...

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

IZIHERUKA

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe
MU RWANDA

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda bakorera muri DRCongo barimo umwarimu wa Kaminuza bamaze iminsi bicaye kubera imyigaragambyo

Abanyarwanda bakorera muri DRCongo barimo umwarimu wa Kaminuza bamaze iminsi bicaye kubera imyigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.