Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukobwa wa Rusesabagina yahishuye isezerano yahawe n’Inteko ya America nyuma yo kuyihamiriza ko u Rwanda rwamunetse

radiotv10by radiotv10
29/07/2022
in MU RWANDA
0
Umukobwa wa Rusesabagina yahishuye isezerano yahawe n’Inteko ya America nyuma yo kuyihamiriza ko u Rwanda rwamunetse
Share on FacebookShare on Twitter

Carine Kanimba uherutse kwitaba Komisiyo ishinzwe Iperereza mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, akayisobanurira uko u Rwanda rwamunetse, yavuze ko yasezeranyijwe ko u Rwanda ruzakomeza kotswa igitutu kugeza rufunguye umubyeyi we.

Ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki 27 Nyakanga 2022, Carine Kanimba yitabye iyi Komisiyo kugira ngo atange ubuhamwa bw’uko u Rwanda rwamwumvirije hifashishijwe ikoranabuhanga rihambaye rya Pegasus.

U Rwanda rwo rwahakanye kuva cyera ko rudakoresha iri koranabuhanga ahubwo ko abarushyize ku rutonde rw’Ibihugu birukoresha, bashingiye ku byatangajwe n’abakunze kuruharabika no kuruteranya n’amahanga.

Umwaka uruzuye, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta agize icyo avuga kuri ibi byashinjwe u Rwanda byo kuba runeka abantu hifashishijwe iri koranabunga.

Uwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru tariki 29 Nyakanga 2021, Dr Biruta yagize ati “Ntabwo dufite ubwo bushobozi bwa tekiniki mu buryo bwose, ni ngombwa kandi kumenya urujijo rwatewe n’uburyo bwakoreshejwe mu kuzana ibyo birego, nta muntu n’umwe uzi aho urwo rutonde rwavuye ndetse n’icyo ibiri kuri rwo bisobanura.”

Carine Kanimba we akomeje kwemeza ko u Rwanda rwamwumvirije rwifashishije iri koranabuhanga, aho kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nyakanga 2022 ubwo yari imbere y’iyi komisiyo, yayimenyesheje ko yamenye bwa mbere ko anekwa muri Gashyantare umwaka ushize ubwo umuryango Amnesty International wamusabaga gukora igenzura kuri telefone ye ko ataba akurikiranwa n’u Rwanda.

Aganira n’Ijwi rya America, yagize ati “Bansabye gufata GSM yanjye ngo bakore isesengura, ndabemerera, bahita basanga barabikora, basanga ko Pegasus yari iri kuri telefone yanjye.”

Carine Kanimba avuga ko u Rwanda rwatangiye kumwumviriza ubwo yari akomeje kugaragaza ko umubyeyi we Paul Rusesabagina yageze mu Rwanda ashimuswe ndetse asaba ko arekurwa, akavuga ko yumvirizwaga mu nama zitandukanye yagiranaga n’imiryango mpuzamahanga n’abayabozi batandukanye kuri iki kibazo.

Yavuze ko Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, yemeye ibisobanuro bye kandi ikagaragaza ko itewe impungenge n’ibi ashinja u Rwanda.

Yagize ati “Abo badepite batangaye kubera kumva ko amafaranga y’imfashanyo bohereza mu Rwanda, leta y’u Rwanda iyakoresha kugira ngo bashimute abantu babavanye muri Amerika bakanayakoresha kugira ngo bumvirize abanyamerika.”

Yavuze ko nyuma yo kumva ibisobanuro bye, Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, yamuhaye isezerano ndetse ko na we ubwe asanzwe afite icyizere cyuko umubyeyi we azafungurwa.

Yagize ati “Ntabwo tuzatakaza icyizere, tuzakomeza tumukorere kandi tuzi neza ko Leta ya Amarica yavuze ko Papa bamufunze mu buryo butemewe kandi na bo bazakomeza gushyira igitutu ku Rwanda kugeza igihe bamurekuye. Tuzi neza ko Papa azataha.”

Paul Rusesabagina wari umuyobozi w’umutwe wa MRCC-FLN wagiye ugaba ibitero mu Rwanda byanagize ingaruka ku buzima bw’Abanyarwanda ndetse bikanahitana bamwe, yahamijwe ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba akatirwa gufungwa imyaka 25.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Muhoozi yifurije ishya n’ihirwe ubuheture bwa Perezida Kagame, Ian Kagame ugiye gusoza amasomo ya Gisirikare

Next Post

Abanyarwanda bakorera muri DRCongo barimo umwarimu wa Kaminuza bamaze iminsi bicaye kubera imyigaragambyo

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri
IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda bakorera muri DRCongo barimo umwarimu wa Kaminuza bamaze iminsi bicaye kubera imyigaragambyo

Abanyarwanda bakorera muri DRCongo barimo umwarimu wa Kaminuza bamaze iminsi bicaye kubera imyigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.