Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukozi w’Urukiko rw’Ikirenga watse umuturage ruswa ya Miliyoni 10 yafashwe yakira Miliyoni 1,4Frw ya Avance

radiotv10by radiotv10
12/02/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Umukozi w’Urukiko rw’Ikirenga watse umuturage ruswa ya Miliyoni 10 yafashwe yakira Miliyoni 1,4Frw ya Avance
Share on FacebookShare on Twitter

Kigali– Umugabo usanzwe ari umukozi w’Urukiko rw’Ikirenga, yafatiwe mu cyuho ari kwakira ruswa ya Miliyoni 1,4 Frw yari ari guhabwa n’umuturage ufite urubanza rw’ubujurire ari kuburana mu Rukiko rw’Ubujurire.

Uyu witwa Karake Afrique yafashwe kuri uyu Gatanu tariki 11 Gashyantare 2022 mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge.

Karake usanzwe ari umukozi ushinzwe ubushakashatsi mu Rukiko rw’Ikirenga, ubu ufungiye kuri station ya RIB ya Kicukiro, akurikiranyweho kwaka ruswa umuturage amwizeza kuzamufasha gutsinda urubanza rw’ubujurire ku bijyanye n’umutungo utimukanwa.

Amakuru avuga ko uyu Karake yamenye ko uwo muturage yatsinzwe urubanza afitanye n’undi muntu ku bijyanye n’ubutaka buri mu Mujyi wa Kigali akaza kujurira.

Karake amaze kumenya ayo makuru yashatse uburyo yakwaka ruswa uwo muturage wari watsinzwe amwizeza kuzamufasha noneho agatsinda mu bujurire.

Uyu mukozi w’Urukiko rw’Ikirenga wahoze akora mu rwego rw’Umuvunyi ashinzwe kurwanya akarengane, akekwaho kuba yarabwiye uwo muturage ko asanzwe ari umwanditsi w’Urukiko bityo ko yitwaye neza yazamufasha gutsinda urubanza rwe.

Ubwo bahuraga, yamwatse miliyoni 30 Frw yo kuzaha Umucamanza uzaburanisha urubanza rwe kugira ngo azafata icyemezo cy’uko yatsinze, icyakora ngo baje guciririkanya bageza kuri Miliyoni 10 Frw gusa yafashwe ari kumuha Miliyoni 1,4 Frw ya avanse.

Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, yemeje amakuru yo guta muri yombi uyu Karake, avuga ko yafashwe ari kwakira ruswa ya Miliyoni 1,4 Frw ya Avance kuri Miliyoni 10 Frw bari bemeranyijwe n’umuturage.

Dr Murangira yaboneyeho kuburira abaturage ko bakwiye“gusobanukirwa ko serivise z’ubutabera zitagurishwa.”

Yavuze kandi ko abaturage bakwiye kuba masobakirinda abo bantu bose baza biyitirira imyanya runaka bagamije kubakuramo amafaranga.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 2 =

Previous Post

Umukinnyikazi wa Film ukunze gususurutsa imbuga nkoranyambaga yatunguranye aza muri Miss Rwanda

Next Post

Umuhanzi ukomeye w’Umunya-Nigeria agiye gutaramira mu Rwanda

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukomeye w’Umunya-Nigeria agiye gutaramira mu Rwanda

Umuhanzi ukomeye w'Umunya-Nigeria agiye gutaramira mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.