Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukozi w’Urukiko rw’Ikirenga watse umuturage ruswa ya Miliyoni 10 yafashwe yakira Miliyoni 1,4Frw ya Avance

radiotv10by radiotv10
12/02/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Umukozi w’Urukiko rw’Ikirenga watse umuturage ruswa ya Miliyoni 10 yafashwe yakira Miliyoni 1,4Frw ya Avance
Share on FacebookShare on Twitter

Kigali– Umugabo usanzwe ari umukozi w’Urukiko rw’Ikirenga, yafatiwe mu cyuho ari kwakira ruswa ya Miliyoni 1,4 Frw yari ari guhabwa n’umuturage ufite urubanza rw’ubujurire ari kuburana mu Rukiko rw’Ubujurire.

Uyu witwa Karake Afrique yafashwe kuri uyu Gatanu tariki 11 Gashyantare 2022 mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge.

Karake usanzwe ari umukozi ushinzwe ubushakashatsi mu Rukiko rw’Ikirenga, ubu ufungiye kuri station ya RIB ya Kicukiro, akurikiranyweho kwaka ruswa umuturage amwizeza kuzamufasha gutsinda urubanza rw’ubujurire ku bijyanye n’umutungo utimukanwa.

Amakuru avuga ko uyu Karake yamenye ko uwo muturage yatsinzwe urubanza afitanye n’undi muntu ku bijyanye n’ubutaka buri mu Mujyi wa Kigali akaza kujurira.

Karake amaze kumenya ayo makuru yashatse uburyo yakwaka ruswa uwo muturage wari watsinzwe amwizeza kuzamufasha noneho agatsinda mu bujurire.

Uyu mukozi w’Urukiko rw’Ikirenga wahoze akora mu rwego rw’Umuvunyi ashinzwe kurwanya akarengane, akekwaho kuba yarabwiye uwo muturage ko asanzwe ari umwanditsi w’Urukiko bityo ko yitwaye neza yazamufasha gutsinda urubanza rwe.

Ubwo bahuraga, yamwatse miliyoni 30 Frw yo kuzaha Umucamanza uzaburanisha urubanza rwe kugira ngo azafata icyemezo cy’uko yatsinze, icyakora ngo baje guciririkanya bageza kuri Miliyoni 10 Frw gusa yafashwe ari kumuha Miliyoni 1,4 Frw ya avanse.

Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, yemeje amakuru yo guta muri yombi uyu Karake, avuga ko yafashwe ari kwakira ruswa ya Miliyoni 1,4 Frw ya Avance kuri Miliyoni 10 Frw bari bemeranyijwe n’umuturage.

Dr Murangira yaboneyeho kuburira abaturage ko bakwiye“gusobanukirwa ko serivise z’ubutabera zitagurishwa.”

Yavuze kandi ko abaturage bakwiye kuba masobakirinda abo bantu bose baza biyitirira imyanya runaka bagamije kubakuramo amafaranga.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + two =

Previous Post

Umukinnyikazi wa Film ukunze gususurutsa imbuga nkoranyambaga yatunguranye aza muri Miss Rwanda

Next Post

Umuhanzi ukomeye w’Umunya-Nigeria agiye gutaramira mu Rwanda

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukomeye w’Umunya-Nigeria agiye gutaramira mu Rwanda

Umuhanzi ukomeye w'Umunya-Nigeria agiye gutaramira mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.